Thursday, August 27, 2026
RW|EN
SIPORO

Ibihembo byikubye kane, amategeko mashya: Ibyo wamenya kuri Super Cup itangira kuri uyu wa Kane

Ibihembo byikubye kane, amategeko mashya: Ibyo wamenya kuri Super Cup itangira kuri uyu wa Kane

Imikino yo guhatanira igikombe kiswe “Super Cup” iratangira kuri uyu wa Kane kuri Kigali Pele Stadium, ikaza guhuza amakipe ane yo mu Rwanda yakurikiranye ku rutonde rwa shampiyona 2025-2026, havuyemo APR FC yaje imbere yayo, kuko yanze gukina iri rushanwa.

Aya makipe ya Rayon Sports FC, Police FC, SC Kiyovu na Mukura VS agiye guhatanira igikombe ndetse n’ibihembo byazamuwe ugereranyije n’ibyari bisanzwe.

Ikipe izatwara igikombe izahembwa miliyoni 40 Frw z’amanyarwanda, mu gihe iya kabiri izahabwa miliyoni 20 Frw. Byongeye kandi, buri kipe izitabira iri rushanwa yahawe miliyoni 5 Frw zo kwitegura.

Amategeko mashya

Kimwe mu byahindutse muri iri rushanwa ni uko amakipe yemerewe gukinisha umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga yifuza, kuko amabwiriza mashya nta mubare ntarengwa yashyizweho. Mu busanzwe muri shampiyona, amakipe ntiyemerewe kurenza abakinnyi b’abanyamahanga umunani ku rupapuro rw’umukino.

Indi mpinduka ni ku bijyanye no gusimbuza, aho buri kipe izemererwa gusimbuza abakinnyi barindwi, ikabikora mu nshuro eshatu, aho kuba abakinnyi batanu nk’uko bisanzwe.

Gahunda y’imikino

Imikino ya 1/2 irakinwa kuri uyu wa Kane:

  • 15h00: SC Kiyovu vs Mukura VS
  • 18h30: Rayon Sports FC vs Police FC

Umukino wa nyuma uzakinwa ku wa 30 Kanama saa 15h00, hamenyekane ikipe izegukana Super Cup n’igihembo cya miliyoni 40 Frw.

Super Cup y’umwaka ushize yegukanywe na APR FC.

Ephrem KAYIRANGA

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =