Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibihugu byatangiye gusogongera ku isoko Nyafurika byahishuye imbogamizi yumvikana nk’iyoroshye ariko y’ingorabahizi

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibihugu byatangiye gusogongera ku isoko Nyafurika byahishuye imbogamizi yumvikana nk’iyoroshye ariko y’ingorabahizi
Share on FacebookShare on Twitter

Abacuruzi bo mu Bihugu byatangiriyemo Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), barimo n’abo mu Rwanda, bagaragaje ko ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa bigihenze, bikanatuma n’igicuruzwa kijya ku isoko gihenze.

Ni imbogamizi isa nk’ihuriweho n’abacuruzi bo mu Bihugu birindwi birimo n’u Rwanda, byatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’iri soko rusange Nyafurika.

Aba bacuruzi babigaragarije mu imurikagurisha ryiswe ‘Intra Africa Trade Fair’ ryabereye mu Misiri mu cyumweru gishize, ryitabiriwe n’ibi Bihugu birindwi ndetse n’ibindi byose byo ku Mugabane wa Afurika.

Sangwa Marie Immaculee wo mu ruganda Zima Healty Group wari witabiriye iri murimagurisha, aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 na we wakurikiranye iri murikagurisha mu Misiri, yamugaragarije zimwe mu mbogamizi bahise bakubitana na zo kuri iri soko.

Avuga ko n’ubusanzwe bigoye kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa, ariko ko bongeye kubona ko ari imbogamizi ikomeye ubwo batangiraga kujyana ibicuruzwa kuri iri soko, kuko bibasaba gushyira hejuru ibiciro bitewe no guhendwa n’ibyo gupfunyikamo.

Yagize ati “Usanga iyo tujyanye igicuruzwa cyacu ku isoko kiba gihenze cyane ugereranyije n’icy’abandi. Abantu baragikunda yego ariko ntibashobora kubasha kukigura kubera ko kiba gihenze. Igiciro cyo kuyikora kiba kiyongeye bitewe n’ibyo gupfunyikamo.”

Si umwihariko ku bacuruzi bo mu Rwanda gusa, kuko n’abo mu bindi Bihugu bya Afurika, bavuga ko izi mbogamizi zo kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa zikomeje, na bo bazifite.

Izi mbogamizi ziza ziyongeraho iz’Abanyafurika bacyumva ko ibyakorewe ku Mugabane wabo bidafite ireme, ndetse ko bihenze, bityo ko batabigura ahubwo bazajya bategereza ibiturutse hakurya y’inyanja.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome yemera ko icyo kibazo cy’ibura ry’ibyo gupfunyikamo gihari, ariko ko kiri gushakirwa umuti.

Yagize ati “hari abo twaganiriye bafite ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo, ni byo turabizi ko dufite icyo kibazo bitewe na politike twahisemo yo kudakoresha pulasitike, ariko na yo turimo turayishakira igisubizo, turifuza ko haboneka inganda zikora ibyo gupfunyikamo byiza.”

Umunyamabanga Mukuru w’Isoko Rusange rya Africa, Wamkele Mene avuga ko kwita ku byo gupfunyikamo ari ingenzi, ariko ko hakenewe uruhare rw’Ibihugu n’ubufatanye mu gushyiraho politike zorohereza abanyenganda kubigeraho.

Yagize ati “Nka AfCFTA turasaba ko Ibihugu byakomeza gukorana no korohereza abanyenganda n’abifuza gushora imari cyane mu bijyanye n’ibyo gupfunyikamo, icyo cyazaba igisubizo kuri iki kibazo.”

Kugeza ubu mu Rwanda ibikoresho byangiza ibidukikije nk’amashashi ndetse nibya plastic bikoreshwa inshuro imwe ntibyemewe, icyakora mu bihe bitandukanye hakunze kugaragazwa imbogamizi y’igiciro kiri hejuru cy’ibipfunyikwamo byemewe ndetse no kuba ari bicye ku isoko ry’u Rwanda.

INKURU MU MASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.