• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibihugu byatangiye gusogongera ku isoko Nyafurika byahishuye imbogamizi yumvikana nk’iyoroshye ariko y’ingorabahizi

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibihugu byatangiye gusogongera ku isoko Nyafurika byahishuye imbogamizi yumvikana nk’iyoroshye ariko y’ingorabahizi
Share on FacebookShare on Twitter

Abacuruzi bo mu Bihugu byatangiriyemo Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), barimo n’abo mu Rwanda, bagaragaje ko ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa bigihenze, bikanatuma n’igicuruzwa kijya ku isoko gihenze.

Ni imbogamizi isa nk’ihuriweho n’abacuruzi bo mu Bihugu birindwi birimo n’u Rwanda, byatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’iri soko rusange Nyafurika.

Aba bacuruzi babigaragarije mu imurikagurisha ryiswe ‘Intra Africa Trade Fair’ ryabereye mu Misiri mu cyumweru gishize, ryitabiriwe n’ibi Bihugu birindwi ndetse n’ibindi byose byo ku Mugabane wa Afurika.

Sangwa Marie Immaculee wo mu ruganda Zima Healty Group wari witabiriye iri murimagurisha, aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 na we wakurikiranye iri murikagurisha mu Misiri, yamugaragarije zimwe mu mbogamizi bahise bakubitana na zo kuri iri soko.

Avuga ko n’ubusanzwe bigoye kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa, ariko ko bongeye kubona ko ari imbogamizi ikomeye ubwo batangiraga kujyana ibicuruzwa kuri iri soko, kuko bibasaba gushyira hejuru ibiciro bitewe no guhendwa n’ibyo gupfunyikamo.

Yagize ati “Usanga iyo tujyanye igicuruzwa cyacu ku isoko kiba gihenze cyane ugereranyije n’icy’abandi. Abantu baragikunda yego ariko ntibashobora kubasha kukigura kubera ko kiba gihenze. Igiciro cyo kuyikora kiba kiyongeye bitewe n’ibyo gupfunyikamo.”

Si umwihariko ku bacuruzi bo mu Rwanda gusa, kuko n’abo mu bindi Bihugu bya Afurika, bavuga ko izi mbogamizi zo kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa zikomeje, na bo bazifite.

Izi mbogamizi ziza ziyongeraho iz’Abanyafurika bacyumva ko ibyakorewe ku Mugabane wabo bidafite ireme, ndetse ko bihenze, bityo ko batabigura ahubwo bazajya bategereza ibiturutse hakurya y’inyanja.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome yemera ko icyo kibazo cy’ibura ry’ibyo gupfunyikamo gihari, ariko ko kiri gushakirwa umuti.

Yagize ati “hari abo twaganiriye bafite ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo, ni byo turabizi ko dufite icyo kibazo bitewe na politike twahisemo yo kudakoresha pulasitike, ariko na yo turimo turayishakira igisubizo, turifuza ko haboneka inganda zikora ibyo gupfunyikamo byiza.”

Umunyamabanga Mukuru w’Isoko Rusange rya Africa, Wamkele Mene avuga ko kwita ku byo gupfunyikamo ari ingenzi, ariko ko hakenewe uruhare rw’Ibihugu n’ubufatanye mu gushyiraho politike zorohereza abanyenganda kubigeraho.

Yagize ati “Nka AfCFTA turasaba ko Ibihugu byakomeza gukorana no korohereza abanyenganda n’abifuza gushora imari cyane mu bijyanye n’ibyo gupfunyikamo, icyo cyazaba igisubizo kuri iki kibazo.”

Kugeza ubu mu Rwanda ibikoresho byangiza ibidukikije nk’amashashi ndetse nibya plastic bikoreshwa inshuro imwe ntibyemewe, icyakora mu bihe bitandukanye hakunze kugaragazwa imbogamizi y’igiciro kiri hejuru cy’ibipfunyikwamo byemewe ndetse no kuba ari bicye ku isoko ry’u Rwanda.

INKURU MU MASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.