Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibihugu byatangiye gusogongera ku isoko Nyafurika byahishuye imbogamizi yumvikana nk’iyoroshye ariko y’ingorabahizi

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibihugu byatangiye gusogongera ku isoko Nyafurika byahishuye imbogamizi yumvikana nk’iyoroshye ariko y’ingorabahizi
Share on FacebookShare on Twitter

Abacuruzi bo mu Bihugu byatangiriyemo Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), barimo n’abo mu Rwanda, bagaragaje ko ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa bigihenze, bikanatuma n’igicuruzwa kijya ku isoko gihenze.

Ni imbogamizi isa nk’ihuriweho n’abacuruzi bo mu Bihugu birindwi birimo n’u Rwanda, byatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’iri soko rusange Nyafurika.

Aba bacuruzi babigaragarije mu imurikagurisha ryiswe ‘Intra Africa Trade Fair’ ryabereye mu Misiri mu cyumweru gishize, ryitabiriwe n’ibi Bihugu birindwi ndetse n’ibindi byose byo ku Mugabane wa Afurika.

Sangwa Marie Immaculee wo mu ruganda Zima Healty Group wari witabiriye iri murimagurisha, aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 na we wakurikiranye iri murikagurisha mu Misiri, yamugaragarije zimwe mu mbogamizi bahise bakubitana na zo kuri iri soko.

Avuga ko n’ubusanzwe bigoye kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa, ariko ko bongeye kubona ko ari imbogamizi ikomeye ubwo batangiraga kujyana ibicuruzwa kuri iri soko, kuko bibasaba gushyira hejuru ibiciro bitewe no guhendwa n’ibyo gupfunyikamo.

Yagize ati “Usanga iyo tujyanye igicuruzwa cyacu ku isoko kiba gihenze cyane ugereranyije n’icy’abandi. Abantu baragikunda yego ariko ntibashobora kubasha kukigura kubera ko kiba gihenze. Igiciro cyo kuyikora kiba kiyongeye bitewe n’ibyo gupfunyikamo.”

Si umwihariko ku bacuruzi bo mu Rwanda gusa, kuko n’abo mu bindi Bihugu bya Afurika, bavuga ko izi mbogamizi zo kubona ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa zikomeje, na bo bazifite.

Izi mbogamizi ziza ziyongeraho iz’Abanyafurika bacyumva ko ibyakorewe ku Mugabane wabo bidafite ireme, ndetse ko bihenze, bityo ko batabigura ahubwo bazajya bategereza ibiturutse hakurya y’inyanja.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome yemera ko icyo kibazo cy’ibura ry’ibyo gupfunyikamo gihari, ariko ko kiri gushakirwa umuti.

Yagize ati “hari abo twaganiriye bafite ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo, ni byo turabizi ko dufite icyo kibazo bitewe na politike twahisemo yo kudakoresha pulasitike, ariko na yo turimo turayishakira igisubizo, turifuza ko haboneka inganda zikora ibyo gupfunyikamo byiza.”

Umunyamabanga Mukuru w’Isoko Rusange rya Africa, Wamkele Mene avuga ko kwita ku byo gupfunyikamo ari ingenzi, ariko ko hakenewe uruhare rw’Ibihugu n’ubufatanye mu gushyiraho politike zorohereza abanyenganda kubigeraho.

Yagize ati “Nka AfCFTA turasaba ko Ibihugu byakomeza gukorana no korohereza abanyenganda n’abifuza gushora imari cyane mu bijyanye n’ibyo gupfunyikamo, icyo cyazaba igisubizo kuri iki kibazo.”

Kugeza ubu mu Rwanda ibikoresho byangiza ibidukikije nk’amashashi ndetse nibya plastic bikoreshwa inshuro imwe ntibyemewe, icyakora mu bihe bitandukanye hakunze kugaragazwa imbogamizi y’igiciro kiri hejuru cy’ibipfunyikwamo byemewe ndetse no kuba ari bicye ku isoko ry’u Rwanda.

INKURU MU MASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − six =

Previous Post

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.