Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira

radiotv10by radiotv10
18/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye Igihugu Akamaro RURA rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli aho Lisansi yagombaga kwiyongeraho 137Frw yiyongereyeho 82 Frw naho mazutu yari kwiyongeraho 167 Frw kuri litiro yiyongereyeho 86 Frw. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ingaruka ibi biciro byari kugira ku ihungabana ry’umuvuduko w’ubukungu.

Itangazo rya RURA ritangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli ryagiye hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021.

Lisansi yari imaze iminsi igura 1 143 Frw kuri Litiro ubu yashyizwe ku 1 225 [yiyongereyeho 82 Frw] mu gihe mazutu yaguraga 1 054 ubu ikaba yashyizwe ku 1 140 Frw [yiyongereyeho 86 Frw].

Iyo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizamutse, bigira n’ingaruka ku biciro by’ibindi bicuruzwa kuko byinshi bigera aho bicururizwa hakoreshejwe ibikomoka kuri peteroli.

RURA yatangaje ko ibi biciro bishya bigomba gutangira kubahirzwa kuva kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 kugeza ku wa 14 Gashyantare 2022.

Ibi bizwi cyane n’abakunda kujya guhaha, basanga ibiciro byarazamutse bakabaza impamvu, abacuruzi bakabasubiza bagira bati “Ntuzi ko igiciro cya Lisanzi cyazamutse.”

Ibiciro ku masoko byongeye kugirwaho ingaruka n’iri zamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bishobora kudashimisha benshi kuko n’ubundi hari abamaze iminsi binubira itumbagira ry’ibiciro ku masoko rinamaze iminsi.

Gusa hari n’abacuruzi batari inyangamugayo babyuririraho bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa byabo nyamara aho babirangura bitarazamutse.

Itangazo rya RURA rima impungenge abatekereza ko ibiciro ku masoko bishobora kwiyongera kuko nk’uko Leta yigomwe amahoro kuri ibi bikomoka kuri Peteroli kugira ngo bitagira ingaruka ku izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Iri tangazo rigira riti “Igiciro rya Lisansi aho kwiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 137 kuri litiro kiyongereyeho 82 naho icya mazutu cyari kwiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 167 kuri litiro kiyongereyeho 86 Frw.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 11 =

Previous Post

GeraMuRugo yashyizwe saa yine, kujya mu tubari no mu bindi bikorwa bikomorerwa ku bikingije gusa

Next Post

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.