Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira

radiotv10by radiotv10
18/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye Igihugu Akamaro RURA rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli aho Lisansi yagombaga kwiyongeraho 137Frw yiyongereyeho 82 Frw naho mazutu yari kwiyongeraho 167 Frw kuri litiro yiyongereyeho 86 Frw. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ingaruka ibi biciro byari kugira ku ihungabana ry’umuvuduko w’ubukungu.

Itangazo rya RURA ritangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli ryagiye hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021.

Lisansi yari imaze iminsi igura 1 143 Frw kuri Litiro ubu yashyizwe ku 1 225 [yiyongereyeho 82 Frw] mu gihe mazutu yaguraga 1 054 ubu ikaba yashyizwe ku 1 140 Frw [yiyongereyeho 86 Frw].

Iyo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizamutse, bigira n’ingaruka ku biciro by’ibindi bicuruzwa kuko byinshi bigera aho bicururizwa hakoreshejwe ibikomoka kuri peteroli.

RURA yatangaje ko ibi biciro bishya bigomba gutangira kubahirzwa kuva kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 kugeza ku wa 14 Gashyantare 2022.

Ibi bizwi cyane n’abakunda kujya guhaha, basanga ibiciro byarazamutse bakabaza impamvu, abacuruzi bakabasubiza bagira bati “Ntuzi ko igiciro cya Lisanzi cyazamutse.”

Ibiciro ku masoko byongeye kugirwaho ingaruka n’iri zamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bishobora kudashimisha benshi kuko n’ubundi hari abamaze iminsi binubira itumbagira ry’ibiciro ku masoko rinamaze iminsi.

Gusa hari n’abacuruzi batari inyangamugayo babyuririraho bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa byabo nyamara aho babirangura bitarazamutse.

Itangazo rya RURA rima impungenge abatekereza ko ibiciro ku masoko bishobora kwiyongera kuko nk’uko Leta yigomwe amahoro kuri ibi bikomoka kuri Peteroli kugira ngo bitagira ingaruka ku izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Iri tangazo rigira riti “Igiciro rya Lisansi aho kwiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 137 kuri litiro kiyongereyeho 82 naho icya mazutu cyari kwiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 167 kuri litiro kiyongereyeho 86 Frw.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

GeraMuRugo yashyizwe saa yine, kujya mu tubari no mu bindi bikorwa bikomorerwa ku bikingije gusa

Next Post

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.