Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira

radiotv10by radiotv10
18/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka Leta yongera kwigomwa amahooro ngo ibiciro ku masoko bidatumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye Igihugu Akamaro RURA rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli aho Lisansi yagombaga kwiyongeraho 137Frw yiyongereyeho 82 Frw naho mazutu yari kwiyongeraho 167 Frw kuri litiro yiyongereyeho 86 Frw. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ingaruka ibi biciro byari kugira ku ihungabana ry’umuvuduko w’ubukungu.

Itangazo rya RURA ritangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli ryagiye hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021.

Lisansi yari imaze iminsi igura 1 143 Frw kuri Litiro ubu yashyizwe ku 1 225 [yiyongereyeho 82 Frw] mu gihe mazutu yaguraga 1 054 ubu ikaba yashyizwe ku 1 140 Frw [yiyongereyeho 86 Frw].

Iyo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizamutse, bigira n’ingaruka ku biciro by’ibindi bicuruzwa kuko byinshi bigera aho bicururizwa hakoreshejwe ibikomoka kuri peteroli.

RURA yatangaje ko ibi biciro bishya bigomba gutangira kubahirzwa kuva kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 kugeza ku wa 14 Gashyantare 2022.

Ibi bizwi cyane n’abakunda kujya guhaha, basanga ibiciro byarazamutse bakabaza impamvu, abacuruzi bakabasubiza bagira bati “Ntuzi ko igiciro cya Lisanzi cyazamutse.”

Ibiciro ku masoko byongeye kugirwaho ingaruka n’iri zamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bishobora kudashimisha benshi kuko n’ubundi hari abamaze iminsi binubira itumbagira ry’ibiciro ku masoko rinamaze iminsi.

Gusa hari n’abacuruzi batari inyangamugayo babyuririraho bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa byabo nyamara aho babirangura bitarazamutse.

Itangazo rya RURA rima impungenge abatekereza ko ibiciro ku masoko bishobora kwiyongera kuko nk’uko Leta yigomwe amahoro kuri ibi bikomoka kuri Peteroli kugira ngo bitagira ingaruka ku izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Iri tangazo rigira riti “Igiciro rya Lisansi aho kwiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 137 kuri litiro kiyongereyeho 82 naho icya mazutu cyari kwiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 167 kuri litiro kiyongereyeho 86 Frw.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + four =

Previous Post

GeraMuRugo yashyizwe saa yine, kujya mu tubari no mu bindi bikorwa bikomorerwa ku bikingije gusa

Next Post

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Perezida Kagame muri Turukiya yahuye na Erdoğan baganira ku gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.