Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Iperereza ry’ibanze ku birego biregwa umusore uherutse gusanganwa abantu akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo mu nzu yabagamo, rigaragaza ko akekwaho kwica abantu 14 harimo n’abo yatetse.

Kazungu Denis wagarutsweho cyane kubera ibyaha byumvikanamo ubugome akekwaho, yatawe muri yombi tariki 05 Nzeri 2023, nyuma y’uko mu gikoni cy’aho yabaga, habonetse imirambo y’abantu yari yarashyinguye mu cyobo yacukuyemo.

Amakuru y’ibanze yatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ubwo Kazungu yari akimara gufatwa, yavugaga ko abantu akekwaho kwica, biganjemo abakobwa bahuriraga mu tubari, akabacyura iwe nk’abagiye kwinezeza, ubundi akabambura ibyo babaga bafite, yarangiza akabica.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakoze dosiye ruyishyikiriza Ubushinjacyaha mu cyumweru gishize tariki 11 Nzeri 2023, ndetse ubu ikaba yaramaze kuregerwa Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Amakuru avuga ko mu ibazwa rya Kazungu Denis, yaba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, yiyemereye ko yishe abantu 14, barimo abagore 13 n’umuhungu umwe.

Amakuru avuga kandi ko muri aba bantu yishe, harimo babiri yatekeye mu isafuriya, ndetse n’imibiri yabo yo ikaba itarabonetse, kuko mu cyobo yakuwemo, habonetse iy’abantu 12.

Bimwe mu byaha bishinjwa uyu Kazungu, birimo iby’ubugome bishingiye ku bikorwa akekwaho aniyemerera, nk’icyaha cy’iyicarubozo, icy’ubwicanyi buturutse ku bushake, icyo guhisha umurambo w’undi muntu, n’icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Kazungu watahuwe nyuma y’uko yanze kwishyura amafaranga y’ubukode bw’inzu yabagamo, ba nyirayo bakaza kumusohoramo biyambaje inzego, ari na bwo basangaga iwe hari impumuro mbi, yaje gutuma hatahurwa ko hari abantu bahiciwe.

Abaturanyi ba kazungu kandi bavuze ko hari umukobwa warokotse urupfu rwe, wasohotse mu nzu ye yambaye ubusa atabaza, ndetse akaza kuvuga ko yasanze ibice by’imibiri y’abantu mu nzu ye, ariko inzego zajyayo kuhasaka zikabibura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Lucky says:
    2 years ago

    Iki gisimba barakwiye kwirengagiza human light watch Hama kikamanikwa kugiti bakagitwika rwose rubanda barorera.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 9 =

Previous Post

Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye

Next Post

Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.