Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Iperereza ry’ibanze ku birego biregwa umusore uherutse gusanganwa abantu akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo mu nzu yabagamo, rigaragaza ko akekwaho kwica abantu 14 harimo n’abo yatetse.

Kazungu Denis wagarutsweho cyane kubera ibyaha byumvikanamo ubugome akekwaho, yatawe muri yombi tariki 05 Nzeri 2023, nyuma y’uko mu gikoni cy’aho yabaga, habonetse imirambo y’abantu yari yarashyinguye mu cyobo yacukuyemo.

Amakuru y’ibanze yatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ubwo Kazungu yari akimara gufatwa, yavugaga ko abantu akekwaho kwica, biganjemo abakobwa bahuriraga mu tubari, akabacyura iwe nk’abagiye kwinezeza, ubundi akabambura ibyo babaga bafite, yarangiza akabica.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakoze dosiye ruyishyikiriza Ubushinjacyaha mu cyumweru gishize tariki 11 Nzeri 2023, ndetse ubu ikaba yaramaze kuregerwa Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Amakuru avuga ko mu ibazwa rya Kazungu Denis, yaba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, yiyemereye ko yishe abantu 14, barimo abagore 13 n’umuhungu umwe.

Amakuru avuga kandi ko muri aba bantu yishe, harimo babiri yatekeye mu isafuriya, ndetse n’imibiri yabo yo ikaba itarabonetse, kuko mu cyobo yakuwemo, habonetse iy’abantu 12.

Bimwe mu byaha bishinjwa uyu Kazungu, birimo iby’ubugome bishingiye ku bikorwa akekwaho aniyemerera, nk’icyaha cy’iyicarubozo, icy’ubwicanyi buturutse ku bushake, icyo guhisha umurambo w’undi muntu, n’icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Kazungu watahuwe nyuma y’uko yanze kwishyura amafaranga y’ubukode bw’inzu yabagamo, ba nyirayo bakaza kumusohoramo biyambaje inzego, ari na bwo basangaga iwe hari impumuro mbi, yaje gutuma hatahurwa ko hari abantu bahiciwe.

Abaturanyi ba kazungu kandi bavuze ko hari umukobwa warokotse urupfu rwe, wasohotse mu nzu ye yambaye ubusa atabaza, ndetse akaza kuvuga ko yasanze ibice by’imibiri y’abantu mu nzu ye, ariko inzego zajyayo kuhasaka zikabibura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Lucky says:
    2 years ago

    Iki gisimba barakwiye kwirengagiza human light watch Hama kikamanikwa kugiti bakagitwika rwose rubanda barorera.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye

Next Post

Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

IZIHERUKA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura
AMAHANGA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

05/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

05/08/2025
Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.