Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibimaze kugerwaho mu iperereza kuri Kazungu byumvikanamo ubugome budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Iperereza ry’ibanze ku birego biregwa umusore uherutse gusanganwa abantu akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo mu nzu yabagamo, rigaragaza ko akekwaho kwica abantu 14 harimo n’abo yatetse.

Kazungu Denis wagarutsweho cyane kubera ibyaha byumvikanamo ubugome akekwaho, yatawe muri yombi tariki 05 Nzeri 2023, nyuma y’uko mu gikoni cy’aho yabaga, habonetse imirambo y’abantu yari yarashyinguye mu cyobo yacukuyemo.

Amakuru y’ibanze yatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ubwo Kazungu yari akimara gufatwa, yavugaga ko abantu akekwaho kwica, biganjemo abakobwa bahuriraga mu tubari, akabacyura iwe nk’abagiye kwinezeza, ubundi akabambura ibyo babaga bafite, yarangiza akabica.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakoze dosiye ruyishyikiriza Ubushinjacyaha mu cyumweru gishize tariki 11 Nzeri 2023, ndetse ubu ikaba yaramaze kuregerwa Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Amakuru avuga ko mu ibazwa rya Kazungu Denis, yaba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, yiyemereye ko yishe abantu 14, barimo abagore 13 n’umuhungu umwe.

Amakuru avuga kandi ko muri aba bantu yishe, harimo babiri yatekeye mu isafuriya, ndetse n’imibiri yabo yo ikaba itarabonetse, kuko mu cyobo yakuwemo, habonetse iy’abantu 12.

Bimwe mu byaha bishinjwa uyu Kazungu, birimo iby’ubugome bishingiye ku bikorwa akekwaho aniyemerera, nk’icyaha cy’iyicarubozo, icy’ubwicanyi buturutse ku bushake, icyo guhisha umurambo w’undi muntu, n’icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Kazungu watahuwe nyuma y’uko yanze kwishyura amafaranga y’ubukode bw’inzu yabagamo, ba nyirayo bakaza kumusohoramo biyambaje inzego, ari na bwo basangaga iwe hari impumuro mbi, yaje gutuma hatahurwa ko hari abantu bahiciwe.

Abaturanyi ba kazungu kandi bavuze ko hari umukobwa warokotse urupfu rwe, wasohotse mu nzu ye yambaye ubusa atabaza, ndetse akaza kuvuga ko yasanze ibice by’imibiri y’abantu mu nzu ye, ariko inzego zajyayo kuhasaka zikabibura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Lucky says:
    2 years ago

    Iki gisimba barakwiye kwirengagiza human light watch Hama kikamanikwa kugiti bakagitwika rwose rubanda barorera.

    Reply

Leave a Reply to Lucky Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Kirehe: Umuyobozi aravugwaho gufatira icyemezo abashakanye batishimiye

Next Post

Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Umukecuru rukukuri yahishuye icyatumye adashaka umugabo cyazamuriye bamwe amarangamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.