Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi

radiotv10by radiotv10
20/07/2022
in MU RWANDA
0
Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyateguje Igihugu cya Iran ko gishobora kugitera kubera kwigamba ko gifite ubushobozi bwo gukora ibitwaro bya kirimbuzi.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayotolla ali Khamenei ku Cyumweru yatangarije Al Jazeera ko Igihugu cye ubu gifite ubushobozi bwo gukora ibisasu bya kirimbuzi ariko ko kitarafata umwanzuro wo kubishyira mu bikorwa.

Ayotolla ali Khamenei yavuze ko mu minsi ishize iki Gihugu cyari gifite ubushobozi bwo gutunganya Uranium kugera ku kigero cya 60% ubu bakaba bafite ubushobozi bwo gutunganya ku kigero cya 90%.

Ni amagambo yumvikanyemo ubwishongozi bukomeye nyuma y’igihe kinini iki Gihugu gitangaza ko kidashaka gutunganya ubu butare buvamo ibitwaro bya kirimbuzi.

Nyuma yuko Iran itangaje ibi, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Lt. Gen. Aviv Kohavi yatangaje ko Igihugu cye cyahise gitangira kujya mu ngamba kugira ngo kiburizemo uyu mugambo wa Iran wo gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu byo yatangaje kuri uyu wa 19 Nyakanga, Lt. Gen. Aviv Kohavi yagize ati  “Ingabo za Israel ziri mu myiteguro ikomeye yo kugaba ibitero ku bikorwa remezo bya Iran byumwihariko Inganda zicura Intwaro kugira ngo tuburizemo umugambi wa Iran wo gukora intwaro kirimbuzi kuko bibangamiye umutekano no kubaho bya Israel.”

Ibi byatangajwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel birashimangira ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden uherutse kugirira uruzinduko rw’iminsi ine muri Israel isanzwe ari inshuti magara ya America.

Ubwo yari muri Israel, Perezida Joe Biden yavuze ijambo ryeruye ko Igihugu cye kiteguye kuburizamo umugambi wa Iran.

Mu ijambo yavuze ubwo yasozaga uru ruzinduko, Joe Biden ko Leta Zunze Ubumwe za America zifite umuhate ukomeye wo kuburizamo ibikorwa bya Iran byo kuba yacura izo ntwaro za kirimbuzi

Yagize ati “Iyi ni impamvu ikomeye ijyanye n’umutekano wa America na Israel n’isi yose muri rusange.”

Ibi bikomeje gutangazwa n’abayobozi muri ibi Bihugu, byumbikanisha itutumba ry’intambara ikomeye, yaba ije isanga ku Isi hari kuba indi ntambara ikomeye hagati y’u Burusiya na Ukraine igiye kuzuza amezi atanu itangiye dore ko ibitero bya mbere by’u Burusiya muri Ukraine byatangiye tariki 24 Gashyantare 2022.

Ni intambara yateje akaga Isi, izahaza ubukungu bw’Ibihugu hafi ya byose ku Isi byari bitangiye gutera intambwe ya mbere byikura mu ngaruka za COVID-19 bigahita bihura n’iyi ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Umunyamakuru warongoye umukobwa uba Canada batandukanye bamaze igihe gito bimukiyeyo

Next Post

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.