Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi

radiotv10by radiotv10
20/07/2022
in MU RWANDA
0
Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyateguje Igihugu cya Iran ko gishobora kugitera kubera kwigamba ko gifite ubushobozi bwo gukora ibitwaro bya kirimbuzi.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayotolla ali Khamenei ku Cyumweru yatangarije Al Jazeera ko Igihugu cye ubu gifite ubushobozi bwo gukora ibisasu bya kirimbuzi ariko ko kitarafata umwanzuro wo kubishyira mu bikorwa.

Ayotolla ali Khamenei yavuze ko mu minsi ishize iki Gihugu cyari gifite ubushobozi bwo gutunganya Uranium kugera ku kigero cya 60% ubu bakaba bafite ubushobozi bwo gutunganya ku kigero cya 90%.

Ni amagambo yumvikanyemo ubwishongozi bukomeye nyuma y’igihe kinini iki Gihugu gitangaza ko kidashaka gutunganya ubu butare buvamo ibitwaro bya kirimbuzi.

Nyuma yuko Iran itangaje ibi, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Lt. Gen. Aviv Kohavi yatangaje ko Igihugu cye cyahise gitangira kujya mu ngamba kugira ngo kiburizemo uyu mugambo wa Iran wo gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu byo yatangaje kuri uyu wa 19 Nyakanga, Lt. Gen. Aviv Kohavi yagize ati  “Ingabo za Israel ziri mu myiteguro ikomeye yo kugaba ibitero ku bikorwa remezo bya Iran byumwihariko Inganda zicura Intwaro kugira ngo tuburizemo umugambi wa Iran wo gukora intwaro kirimbuzi kuko bibangamiye umutekano no kubaho bya Israel.”

Ibi byatangajwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel birashimangira ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden uherutse kugirira uruzinduko rw’iminsi ine muri Israel isanzwe ari inshuti magara ya America.

Ubwo yari muri Israel, Perezida Joe Biden yavuze ijambo ryeruye ko Igihugu cye kiteguye kuburizamo umugambi wa Iran.

Mu ijambo yavuze ubwo yasozaga uru ruzinduko, Joe Biden ko Leta Zunze Ubumwe za America zifite umuhate ukomeye wo kuburizamo ibikorwa bya Iran byo kuba yacura izo ntwaro za kirimbuzi

Yagize ati “Iyi ni impamvu ikomeye ijyanye n’umutekano wa America na Israel n’isi yose muri rusange.”

Ibi bikomeje gutangazwa n’abayobozi muri ibi Bihugu, byumbikanisha itutumba ry’intambara ikomeye, yaba ije isanga ku Isi hari kuba indi ntambara ikomeye hagati y’u Burusiya na Ukraine igiye kuzuza amezi atanu itangiye dore ko ibitero bya mbere by’u Burusiya muri Ukraine byatangiye tariki 24 Gashyantare 2022.

Ni intambara yateje akaga Isi, izahaza ubukungu bw’Ibihugu hafi ya byose ku Isi byari bitangiye gutera intambwe ya mbere byikura mu ngaruka za COVID-19 bigahita bihura n’iyi ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Umunyamakuru warongoye umukobwa uba Canada batandukanye bamaze igihe gito bimukiyeyo

Next Post

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Related Posts

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

IZIHERUKA

How to reset your life after the holidays without pressure
MU RWANDA

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to reset your life after the holidays without pressure

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.