Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi

radiotv10by radiotv10
20/07/2022
in MU RWANDA
0
Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyateguje Igihugu cya Iran ko gishobora kugitera kubera kwigamba ko gifite ubushobozi bwo gukora ibitwaro bya kirimbuzi.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayotolla ali Khamenei ku Cyumweru yatangarije Al Jazeera ko Igihugu cye ubu gifite ubushobozi bwo gukora ibisasu bya kirimbuzi ariko ko kitarafata umwanzuro wo kubishyira mu bikorwa.

Ayotolla ali Khamenei yavuze ko mu minsi ishize iki Gihugu cyari gifite ubushobozi bwo gutunganya Uranium kugera ku kigero cya 60% ubu bakaba bafite ubushobozi bwo gutunganya ku kigero cya 90%.

Ni amagambo yumvikanyemo ubwishongozi bukomeye nyuma y’igihe kinini iki Gihugu gitangaza ko kidashaka gutunganya ubu butare buvamo ibitwaro bya kirimbuzi.

Nyuma yuko Iran itangaje ibi, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Lt. Gen. Aviv Kohavi yatangaje ko Igihugu cye cyahise gitangira kujya mu ngamba kugira ngo kiburizemo uyu mugambo wa Iran wo gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu byo yatangaje kuri uyu wa 19 Nyakanga, Lt. Gen. Aviv Kohavi yagize ati  “Ingabo za Israel ziri mu myiteguro ikomeye yo kugaba ibitero ku bikorwa remezo bya Iran byumwihariko Inganda zicura Intwaro kugira ngo tuburizemo umugambi wa Iran wo gukora intwaro kirimbuzi kuko bibangamiye umutekano no kubaho bya Israel.”

Ibi byatangajwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel birashimangira ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden uherutse kugirira uruzinduko rw’iminsi ine muri Israel isanzwe ari inshuti magara ya America.

Ubwo yari muri Israel, Perezida Joe Biden yavuze ijambo ryeruye ko Igihugu cye kiteguye kuburizamo umugambi wa Iran.

Mu ijambo yavuze ubwo yasozaga uru ruzinduko, Joe Biden ko Leta Zunze Ubumwe za America zifite umuhate ukomeye wo kuburizamo ibikorwa bya Iran byo kuba yacura izo ntwaro za kirimbuzi

Yagize ati “Iyi ni impamvu ikomeye ijyanye n’umutekano wa America na Israel n’isi yose muri rusange.”

Ibi bikomeje gutangazwa n’abayobozi muri ibi Bihugu, byumbikanisha itutumba ry’intambara ikomeye, yaba ije isanga ku Isi hari kuba indi ntambara ikomeye hagati y’u Burusiya na Ukraine igiye kuzuza amezi atanu itangiye dore ko ibitero bya mbere by’u Burusiya muri Ukraine byatangiye tariki 24 Gashyantare 2022.

Ni intambara yateje akaga Isi, izahaza ubukungu bw’Ibihugu hafi ya byose ku Isi byari bitangiye gutera intambwe ya mbere byikura mu ngaruka za COVID-19 bigahita bihura n’iyi ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Umunyamakuru warongoye umukobwa uba Canada batandukanye bamaze igihe gito bimukiyeyo

Next Post

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.