Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) rwasobanuye birambuye iby’urupfu rwa Karasira Aimable Uzaramba wari umaze imyaka itanu afunze, akaba yitabye Imana nyuma yo kunywa imiti irengeje igipimo y’uburwayi bwo mu mutwe yari asanzwe anywa, yafashe yamaze gufungurwa, ariko akiri mu mbuga y’Igororero, ategereje ko umuryango we uza kumutwara.
CSP Hillary Sengabo, Umuvugizi wa RCS, yatangaje ko imiti ikekwaho kuba intandaro y’urupfu rwa Karasira, yayinyoye ubwo abacungagereza bari bagiye kumusohora mu Igororero ngo atahe.
Ati “Ejo mu masaha ya saa munani saa cyenda, ubwo bari barimo kumusohora mu Igororero kuko yarangije igihano yamaze no gusohoka, ategereje ko umuryango we uza ukamujyana yafashe imiti ye asanganywe y’uburwayi bwo mu mutwe, anywa igipimo kirengeje, ndetse n’abashinzwe umutekano bagerageza kumwambura imwe mu yo yari afite ariko biranga kuko imwe yari yayinyoye.”
Avuga ko iyi miti yayinyoye yamaze kuva aho yari afungiye. Ati “Yayinywereye mu kibuga hanze yasohotse yambaye n’imyenda isanzwe atari ukuvuga ngo yambaye n’imyenda y’abagororwa.”
Akomeza avuga ko CSP Hillary akomeza avuga ko ubusanzwe iyi Karasira yanywaga iyi miti, yamusinzirizaga, ku buryo n’ejo anywa yo, yasinziriye igihe kinini, bagategereza ko akanguka baraheba.
Ati “Hagati aho tumujyana kwa muganga mu Bitaro bya Nyarugenge birangira yitabye Imana mu masaha y’ijoro. Yasinziriye ntiyagaruka kubera iyi miti yanyweye myinshi.”
Umuvugizi wa RCS uvuga ko nubwo hagitegerejwe ibizava mu isuzuma rya muganga “ariko twebwe ibyo ni byo bwabonye ejo rugikubita.”
Avuga ko Karasira nubwo afite uburwayi bwo mu mutwe, ariko aba yabaga ari umuntu ufite ubwenge, ndetse ko imiti yayinywaga abanje kuyihabwa n’ubuyobozi bw’Igororero yari afungiyemo, ariko yari yahawe indi yose ubuyobozi bwamubikiraga, kuko yari agiye gutaha.
Ati “Nubwo yarwaraga mu mutwe ariko ntabwo ari ibintu bihoraho, yasabye imiti ye kugira ngo ayitahane, kuko urumva umugororwa yemerewe gutahana imiti ye yakoreshaga ku Igororero.”
Akomeza agira ati “Rimwe mwaganira ukabona ni muzima, ubundi ukumva avuze ibintu bitari byo, ariko nta bidasanzwe yari afite bitandukanye n’uko musanzwe mumuzi.”
Ubusanzwe itegeko riteganya ko umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe, nta buryozwacyaha akorerwa, iyo byemejwe n’abaganga babifitiye ububasha.
Umuvugizi wa RCS, avuga ko nubwo icyemezo cyo kutaryozwa icyaha kigenwa n’urwego rw’Ubucamanza, ariko bo icyo bakoraga kwari ukugena uburyo uriya wari umugororwa ahabwa ubuvuzi igihe abukeneye.
RADIOTV10







