Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) rwasobanuye birambuye iby’urupfu rwa Karasira Aimable Uzaramba wari umaze imyaka itanu afunze, akaba yitabye Imana nyuma yo kunywa imiti irengeje igipimo y’uburwayi bwo mu mutwe yari asanzwe anywa, yafashe yamaze gufungurwa, ariko akiri mu mbuga y’Igororero, ategereje ko umuryango we uza kumutwara.

CSP Hillary Sengabo, Umuvugizi wa RCS, yatangaje ko imiti ikekwaho kuba intandaro y’urupfu rwa Karasira, yayinyoye ubwo abacungagereza bari bagiye kumusohora mu Igororero ngo atahe.

Ati “Ejo mu masaha ya saa munani saa cyenda, ubwo bari barimo kumusohora mu Igororero kuko yarangije igihano yamaze no gusohoka, ategereje ko umuryango we uza ukamujyana yafashe imiti ye asanganywe y’uburwayi bwo mu mutwe, anywa igipimo kirengeje, ndetse n’abashinzwe umutekano bagerageza kumwambura imwe mu yo yari afite ariko biranga kuko imwe yari yayinyoye.”

Avuga ko iyi miti yayinyoye yamaze kuva aho yari afungiye. Ati “Yayinywereye mu kibuga hanze yasohotse yambaye n’imyenda isanzwe atari ukuvuga ngo yambaye n’imyenda y’abagororwa.”

Akomeza avuga ko CSP Hillary akomeza avuga ko ubusanzwe iyi Karasira yanywaga iyi miti, yamusinzirizaga, ku buryo n’ejo anywa yo, yasinziriye igihe kinini, bagategereza ko akanguka baraheba.

Ati “Hagati aho tumujyana kwa muganga mu Bitaro bya Nyarugenge birangira yitabye Imana mu masaha y’ijoro. Yasinziriye ntiyagaruka kubera iyi miti yanyweye myinshi.”

Umuvugizi wa RCS uvuga ko nubwo hagitegerejwe ibizava mu isuzuma rya muganga “ariko twebwe ibyo ni byo bwabonye ejo rugikubita.”

Avuga ko Karasira nubwo afite uburwayi bwo mu mutwe, ariko aba yabaga ari umuntu ufite ubwenge, ndetse ko imiti yayinywaga abanje kuyihabwa n’ubuyobozi bw’Igororero yari afungiyemo, ariko yari yahawe indi yose ubuyobozi bwamubikiraga, kuko yari agiye gutaha.

Ati “Nubwo yarwaraga mu mutwe ariko ntabwo ari ibintu bihoraho, yasabye imiti ye kugira ngo ayitahane, kuko urumva umugororwa yemerewe gutahana imiti ye yakoreshaga ku Igororero.”

Akomeza agira ati “Rimwe mwaganira ukabona ni muzima, ubundi ukumva avuze ibintu bitari byo, ariko nta bidasanzwe yari afite bitandukanye n’uko musanzwe mumuzi.”

Ubusanzwe itegeko riteganya ko umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe, nta buryozwacyaha akorerwa, iyo byemejwe n’abaganga babifitiye ububasha.

Umuvugizi wa RCS, avuga ko nubwo icyemezo cyo kutaryozwa icyaha kigenwa n’urwego rw’Ubucamanza, ariko bo icyo bakoraga kwari ukugena uburyo uriya wari umugororwa ahabwa ubuvuzi igihe abukeneye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 19 =

Previous Post

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Next Post

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Related Posts

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

by radiotv10
07/05/2026
0

Umunyamategeko Me Murangwa Faustin avuga ko nta mpaka zari zikwiye kuzamurwa n’abavuga ko batumva uburyo Dj Toxxyk yahawe ibihano bitarimo...

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

by radiotv10
07/05/2026
0

Mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi ya minibus yajyaga i Rubavu yagonganye na...

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

by radiotv10
07/05/2026
0

Karasira Aimable Uzaramba wigeze kwigisha muri Kaminuza y'u Rwanda, wari umaze igihe afunze, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa mu Bitaro...

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

by radiotv10
07/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi byoherezwa mu Mahanga (NAEB), cyatangaje ko hagati y’itariki 27 Mata n’iya...

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bakiriwe ku meza na mugenzi we wa Bostwana Duma Boko,...

IZIHERUKA

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica
MU RWANDA

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

by radiotv10
07/05/2026
0

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

07/05/2026
Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

07/05/2026
Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

07/05/2026
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

07/05/2026
Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

07/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.