Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) rwasobanuye birambuye iby’urupfu rwa Karasira Aimable Uzaramba wari umaze imyaka itanu afunze, akaba yitabye Imana nyuma yo kunywa imiti irengeje igipimo y’uburwayi bwo mu mutwe yari asanzwe anywa, yafashe yamaze gufungurwa, ariko akiri mu mbuga y’Igororero, ategereje ko umuryango we uza kumutwara.

CSP Hillary Sengabo, Umuvugizi wa RCS, yatangaje ko imiti ikekwaho kuba intandaro y’urupfu rwa Karasira, yayinyoye ubwo abacungagereza bari bagiye kumusohora mu Igororero ngo atahe.

Ati “Ejo mu masaha ya saa munani saa cyenda, ubwo bari barimo kumusohora mu Igororero kuko yarangije igihano yamaze no gusohoka, ategereje ko umuryango we uza ukamujyana yafashe imiti ye asanganywe y’uburwayi bwo mu mutwe, anywa igipimo kirengeje, ndetse n’abashinzwe umutekano bagerageza kumwambura imwe mu yo yari afite ariko biranga kuko imwe yari yayinyoye.”

Avuga ko iyi miti yayinyoye yamaze kuva aho yari afungiye. Ati “Yayinywereye mu kibuga hanze yasohotse yambaye n’imyenda isanzwe atari ukuvuga ngo yambaye n’imyenda y’abagororwa.”

Akomeza avuga ko CSP Hillary akomeza avuga ko ubusanzwe iyi Karasira yanywaga iyi miti, yamusinzirizaga, ku buryo n’ejo anywa yo, yasinziriye igihe kinini, bagategereza ko akanguka baraheba.

Ati “Hagati aho tumujyana kwa muganga mu Bitaro bya Nyarugenge birangira yitabye Imana mu masaha y’ijoro. Yasinziriye ntiyagaruka kubera iyi miti yanyweye myinshi.”

Umuvugizi wa RCS uvuga ko nubwo hagitegerejwe ibizava mu isuzuma rya muganga “ariko twebwe ibyo ni byo bwabonye ejo rugikubita.”

Avuga ko Karasira nubwo afite uburwayi bwo mu mutwe, ariko aba yabaga ari umuntu ufite ubwenge, ndetse ko imiti yayinywaga abanje kuyihabwa n’ubuyobozi bw’Igororero yari afungiyemo, ariko yari yahawe indi yose ubuyobozi bwamubikiraga, kuko yari agiye gutaha.

Ati “Nubwo yarwaraga mu mutwe ariko ntabwo ari ibintu bihoraho, yasabye imiti ye kugira ngo ayitahane, kuko urumva umugororwa yemerewe gutahana imiti ye yakoreshaga ku Igororero.”

Akomeza agira ati “Rimwe mwaganira ukabona ni muzima, ubundi ukumva avuze ibintu bitari byo, ariko nta bidasanzwe yari afite bitandukanye n’uko musanzwe mumuzi.”

Ubusanzwe itegeko riteganya ko umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe, nta buryozwacyaha akorerwa, iyo byemejwe n’abaganga babifitiye ububasha.

Umuvugizi wa RCS, avuga ko nubwo icyemezo cyo kutaryozwa icyaha kigenwa n’urwego rw’Ubucamanza, ariko bo icyo bakoraga kwari ukugena uburyo uriya wari umugororwa ahabwa ubuvuzi igihe abukeneye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Related Posts

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

by radiotv10
07/05/2026
0

Karasira Aimable Uzaramba wigeze kwigisha muri Kaminuza y'u Rwanda, wari umaze igihe afunze, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa mu Bitaro...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

by radiotv10
07/05/2026
0

Abantu bane barimo uwahoze ari umuyobozi w'ishuri ry'imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, bafunzwe n’Urwego...

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bakiriwe ku meza na mugenzi we wa Bostwana Duma Boko,...

Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

by radiotv10
07/05/2026
0

There was a time when having one stable job was enough. You studied, got hired, worked consistently, and expected that...

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

by radiotv10
06/05/2026
0

Urukiko mu Bufaransa rwemeje ko iperereza kuri Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda, ku ruhare akekwaho...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho
MU RWANDA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

07/05/2026
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

07/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

07/05/2026
Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

07/05/2026
Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

07/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.