Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko gufata icyemezo cyo guhagarika imikoranire n’iy’u Bubiligi mu bikorwa by’iterambere, bishingiye ku kuba iki Gihugu cy’i Burari cyarahisemo uruhande gihagararamo mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, kikirengagiza impungenge zatanzwe n’u Rwanda, ahubwo kigashaka kurukangisha inkunga, kinarusopanyiriza ku bandi bafatanyabikorwa barwo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na Jeune Afrique, yavuze ko u Rwanda rudashobora kwirengagiza ibiteye impungenge umutekano warwo ngo ni uko rwakangishijwe ibihano.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Hagati yo guhangana n’ibibazo bihungabanya umutekano ndetse n’imbogamizi zo gufatira ibihano u Rwanda ku mpamvu runaka, ntakuzuyaza, njye nakwerecyeza intwaro zanjye ku bibazo bihungabanya umutekano, ibyo bindi rwose nkabifata nk’ibidahari.”

Muri iki kiganiro kandi, Umukuru w’u Rwanda yongeye kugaruka ku nkuru y’umubyeyi wari ugiye kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abari bagiye kumwica bakamubaza guhitamo urupfu yifuza kwicwamo, agahitamo kubavuma mu maso kuko yabonaga ibyo bakoraga ari ubunyamaswa budakwiye kumvwa.

Yagize ati “Rero ushobora gutekereza uburyo navuma mu isura uwo ari we wese wambwira icyo nkwiye guhitamo urupfu nifuza gupfamo.”

U Bubiligi nk’Igihugu cyamaze guhitamo uruhande mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, cyeretswe n’u Rwanda ko rudashobora gukangishwa inkunga ngo rwemere gusuzugurwa, rufata icyemezo cyo guhagarika imikoranire na cyo mu bikorwa by’iterambere hashingiwe ku masezerano yatangiye muri 2024 yari kuzageza muri 2029.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2025, u Rwanda rwavuze ko mu gihe hari ingamba zigamije gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC zirimo n’iziherutse kwemezwa n’Imiryango nka EAC na SADC, u Bubiligi bwahisemo guca ruhinganyuma rujya kwifatanya na DRC mu bukangurambaga bugamije gusopanyiriza u Rwanda kugera ku nkunga y’ibikorwa by’iterambere.

Iri tangazo hari aho rigira riti “Izo mbaraga zigaragaza ko nta bufatanye mu by’iterambere bugihari n’u Bubiligi. Ku bw’iyo mpamvu, u Rwanda ruhagaritse inkunga yari isigaye muri gahunda y’imikoranire n’u Bubiligi ya 2024-2029.”

 

Ibirambuye ku mpamvu

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko iki cyemezo gishingiye ku myitwarire y’u Bubiligi ihabanye n’ibyemezo byafatiwe mu karere bigamije gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, birimo ibyafashwe na EAC na SADC.

Ati “Iyo Miryango ihuriye hamwe igerageza kureba uburyo iki kibazo cyakemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro na dipolomasi, mu gihe rero harimo Ibihugu bindi aho kugira ngo bize gushyigikira ibyo byemezo biba byafashwe ahubwo ugasanga biraca inyuma bijya gusaba ko u Rwanda rukomatanyirizwa ku mfashanyo, rukomatanyirizwa mu mibanire rufitanye n’ibindi Bihugu cyangwa se n’Imiryango Mpuzamahanga, ibyo ni ibintu byakozwe biranamenyekana, u Rwanda rugenda rubimenya rukabyihanganira.

Ntiwaba rero uvuga ngo ufitanye amasezerano y’ubutwererane n’Igihugu runaka ngo nurangiza uce ruhinganyuma ngo ujye kubasabira ko abandi bayahagarika kubera ibibazo bya politiki. Ibibazo by’iterambere ntabwo byari bikwiye kuvangwa n’ibibazo bya politiki cyangwa se kugirwa ibikangisho.”

Alain Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyafashwe harabanje kubaho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bubiligi) ariko ko ikibabaje ari uko impamvu u Rwanda rugaragaza ku birebana n’ibibaro byo muri Congo, u Bubiligi bwazirengagije.

Ati “Igitangaje kirimo ni ukubona hari impamvu u Rwanda rutanga ku birebana n’umutekano warwo, hari impamvu zivugwa ku birebana n’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bazira uko bavutse ariko ugasanga Igihugu kimwe runaka gihisemo kwirengagiza ikibazo cy’Igihugu kimwe, kikajya gusa ku ruhande ruvugwa n’ikindi Gihugu. Ibyo uhisemo ni uburenganzira bw’Igihugu guhitamo ariko rero gushaka kuvuga ko amasezerano y’ubutwererane wayagira igikangisho kandi bakwereka yuko ikibazo gihari ari icy’umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwanda, ibyo ntabwo byaba ari ibyo kwihanganira.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko niba u Bubiligi bwarahisemo kuba ku ruhande rumwe n’ubutegetsi bwa DRC bwakomeje kurenga ku byemezo byafashwe n’Imiryango inyuranye, bivuze ko bwanahisemo kurwanya inzira zose zafashwe zo gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Murabizi neza ko Guverinoma ya Congo uretse abasirikare bayo, yahamagaye ingabo z’u Burundi, ifatanya n’abacancuro, ifatanya na FDLR, ifatanya na Wazalendo, ifatanya na SADC biyemeza inzira y’intambara, niba rero hari Igihugu runaka cyiyemeje kujya muri yo nzira Guverinoma ya Congo yahisemo, ni ukuvuga ngo ubangamiye abandi bose biyemeje inzira y’ibiganiro n’inzira ya dipolomasi.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko iki cyemezo yafashe kitazagira ingaruka ku bikorwa by’iterambere ry’u Rwanda, kuko bizakomeza kabone nubwo izo nkunga z’u Bubiligi zitaba zirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Next Post

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.