Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko gufata icyemezo cyo guhagarika imikoranire n’iy’u Bubiligi mu bikorwa by’iterambere, bishingiye ku kuba iki Gihugu cy’i Burari cyarahisemo uruhande gihagararamo mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, kikirengagiza impungenge zatanzwe n’u Rwanda, ahubwo kigashaka kurukangisha inkunga, kinarusopanyiriza ku bandi bafatanyabikorwa barwo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na Jeune Afrique, yavuze ko u Rwanda rudashobora kwirengagiza ibiteye impungenge umutekano warwo ngo ni uko rwakangishijwe ibihano.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Hagati yo guhangana n’ibibazo bihungabanya umutekano ndetse n’imbogamizi zo gufatira ibihano u Rwanda ku mpamvu runaka, ntakuzuyaza, njye nakwerecyeza intwaro zanjye ku bibazo bihungabanya umutekano, ibyo bindi rwose nkabifata nk’ibidahari.”

Muri iki kiganiro kandi, Umukuru w’u Rwanda yongeye kugaruka ku nkuru y’umubyeyi wari ugiye kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abari bagiye kumwica bakamubaza guhitamo urupfu yifuza kwicwamo, agahitamo kubavuma mu maso kuko yabonaga ibyo bakoraga ari ubunyamaswa budakwiye kumvwa.

Yagize ati “Rero ushobora gutekereza uburyo navuma mu isura uwo ari we wese wambwira icyo nkwiye guhitamo urupfu nifuza gupfamo.”

U Bubiligi nk’Igihugu cyamaze guhitamo uruhande mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, cyeretswe n’u Rwanda ko rudashobora gukangishwa inkunga ngo rwemere gusuzugurwa, rufata icyemezo cyo guhagarika imikoranire na cyo mu bikorwa by’iterambere hashingiwe ku masezerano yatangiye muri 2024 yari kuzageza muri 2029.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2025, u Rwanda rwavuze ko mu gihe hari ingamba zigamije gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC zirimo n’iziherutse kwemezwa n’Imiryango nka EAC na SADC, u Bubiligi bwahisemo guca ruhinganyuma rujya kwifatanya na DRC mu bukangurambaga bugamije gusopanyiriza u Rwanda kugera ku nkunga y’ibikorwa by’iterambere.

Iri tangazo hari aho rigira riti “Izo mbaraga zigaragaza ko nta bufatanye mu by’iterambere bugihari n’u Bubiligi. Ku bw’iyo mpamvu, u Rwanda ruhagaritse inkunga yari isigaye muri gahunda y’imikoranire n’u Bubiligi ya 2024-2029.”

 

Ibirambuye ku mpamvu

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko iki cyemezo gishingiye ku myitwarire y’u Bubiligi ihabanye n’ibyemezo byafatiwe mu karere bigamije gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, birimo ibyafashwe na EAC na SADC.

Ati “Iyo Miryango ihuriye hamwe igerageza kureba uburyo iki kibazo cyakemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro na dipolomasi, mu gihe rero harimo Ibihugu bindi aho kugira ngo bize gushyigikira ibyo byemezo biba byafashwe ahubwo ugasanga biraca inyuma bijya gusaba ko u Rwanda rukomatanyirizwa ku mfashanyo, rukomatanyirizwa mu mibanire rufitanye n’ibindi Bihugu cyangwa se n’Imiryango Mpuzamahanga, ibyo ni ibintu byakozwe biranamenyekana, u Rwanda rugenda rubimenya rukabyihanganira.

Ntiwaba rero uvuga ngo ufitanye amasezerano y’ubutwererane n’Igihugu runaka ngo nurangiza uce ruhinganyuma ngo ujye kubasabira ko abandi bayahagarika kubera ibibazo bya politiki. Ibibazo by’iterambere ntabwo byari bikwiye kuvangwa n’ibibazo bya politiki cyangwa se kugirwa ibikangisho.”

Alain Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyafashwe harabanje kubaho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bubiligi) ariko ko ikibabaje ari uko impamvu u Rwanda rugaragaza ku birebana n’ibibaro byo muri Congo, u Bubiligi bwazirengagije.

Ati “Igitangaje kirimo ni ukubona hari impamvu u Rwanda rutanga ku birebana n’umutekano warwo, hari impamvu zivugwa ku birebana n’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bazira uko bavutse ariko ugasanga Igihugu kimwe runaka gihisemo kwirengagiza ikibazo cy’Igihugu kimwe, kikajya gusa ku ruhande ruvugwa n’ikindi Gihugu. Ibyo uhisemo ni uburenganzira bw’Igihugu guhitamo ariko rero gushaka kuvuga ko amasezerano y’ubutwererane wayagira igikangisho kandi bakwereka yuko ikibazo gihari ari icy’umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwanda, ibyo ntabwo byaba ari ibyo kwihanganira.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko niba u Bubiligi bwarahisemo kuba ku ruhande rumwe n’ubutegetsi bwa DRC bwakomeje kurenga ku byemezo byafashwe n’Imiryango inyuranye, bivuze ko bwanahisemo kurwanya inzira zose zafashwe zo gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Murabizi neza ko Guverinoma ya Congo uretse abasirikare bayo, yahamagaye ingabo z’u Burundi, ifatanya n’abacancuro, ifatanya na FDLR, ifatanya na Wazalendo, ifatanya na SADC biyemeza inzira y’intambara, niba rero hari Igihugu runaka cyiyemeje kujya muri yo nzira Guverinoma ya Congo yahisemo, ni ukuvuga ngo ubangamiye abandi bose biyemeje inzira y’ibiganiro n’inzira ya dipolomasi.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko iki cyemezo yafashe kitazagira ingaruka ku bikorwa by’iterambere ry’u Rwanda, kuko bizakomeza kabone nubwo izo nkunga z’u Bubiligi zitaba zirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Next Post

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.