Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku ifatwa ry’abakozi ba Leta bakekwaho kwiba imyenda yagenewe abashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Imyenda yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza bo mu Karere ka Rutsiro, ikibwa, yatumye abakozi batanu bo muri aka Karere batabwa muri yombi, nyuma yo gusakwa, bamwe bakayisanganwa mu ngo zabo.

Aba bakozi batanu batawe muri yombi na RIB, kuri iki Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023, nkuko byanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose.

Uyu Muyobozi w’Akarere ka Rutsiro, yavuze ko abo bakozi ba Leta muri aka Karere, batawe muri yombi koko.

Ati “Ayo makuru ni ukuri. Abatawe muri yombi bakekwaho gutwara imyenda yari igenewe abagizweho ingaruka n’ibiza.”

Aba bakozi ba Leta batawe muri yombi, barimo abasanzwe bakorera Urwego rwunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano (DASSO), hakaba abakozi bo ku Rwego rw’Akarere, ndetse n’umushoferi w’Akarere.

Aba bantu batawe muri yombi bakekwaho ubujura bw’imyambaro yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza, ubu bacumbikiwe kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Gihango.

Barazira ubujura bw’imyenda yari yagenewe abantu bagizweho ingaruka n’ibiza biherutse kwibasira Intara y’Iburengerazuba, byahitanye abantu 135, bigasenya inzu 5 963 ziganjemo iz’abaturage zasenyutse ndetse ibikoresho byari bizirimo bikagenda.

 

Ibyafatanywe abakekwaho kubyiba

Mu bakozi batanu batawe muri yombi bakekwaho ibifitanye isano n’imfashanyo y’imyenda yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Rutsiro, ikibwa, harimo abakorera urwego rwunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO).

Muri aba ba-DASSO harimo uwitwa Jean Pierre Ndungutse, wasatswe n’inzego, zikamusangana imipira 10, amapantalo atandatu (6), amakoti abiri (2), ishati imwe (1) n’ikanzu imwe (1).

Naho DASSO witwa Claudine Muhawenimana we mu rugo rwe bahasanze imipira 14, amashati icyenda (9), amapantalo atanu (5) n’amakanzu atanu (5).

Naho umushoferi w’Akarere witwa Muhire Eliazard, na we uri mu bakurikiranyweho ubu bujura, we yafatanywe mu modoka imipira 10, amapantalo atandatu (6), amakoti abiri (2), ishati imwe (1) ndetse n’umwambaro wa siporo n’inkweto z’abana.

Mu batawe muri yombi kandi, harimo abakozi babiri b’Akarere ka Rutsiro barimo usanzwe ashinzwe ibihingwa ngengabukungu, Mujawamariya Nathalie ndetse na Uwamahoro ushinzwe amakoperative, bombi bari bagenwe nk’abahuza ibikorwa byo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 4 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya arambuye ku rupfu rw’umunyeshuri washenguye benshi

Next Post

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.