Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku ifatwa ry’abakozi ba Leta bakekwaho kwiba imyenda yagenewe abashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Imyenda yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza bo mu Karere ka Rutsiro, ikibwa, yatumye abakozi batanu bo muri aka Karere batabwa muri yombi, nyuma yo gusakwa, bamwe bakayisanganwa mu ngo zabo.

Aba bakozi batanu batawe muri yombi na RIB, kuri iki Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023, nkuko byanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose.

Uyu Muyobozi w’Akarere ka Rutsiro, yavuze ko abo bakozi ba Leta muri aka Karere, batawe muri yombi koko.

Ati “Ayo makuru ni ukuri. Abatawe muri yombi bakekwaho gutwara imyenda yari igenewe abagizweho ingaruka n’ibiza.”

Aba bakozi ba Leta batawe muri yombi, barimo abasanzwe bakorera Urwego rwunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano (DASSO), hakaba abakozi bo ku Rwego rw’Akarere, ndetse n’umushoferi w’Akarere.

Aba bantu batawe muri yombi bakekwaho ubujura bw’imyambaro yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza, ubu bacumbikiwe kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Gihango.

Barazira ubujura bw’imyenda yari yagenewe abantu bagizweho ingaruka n’ibiza biherutse kwibasira Intara y’Iburengerazuba, byahitanye abantu 135, bigasenya inzu 5 963 ziganjemo iz’abaturage zasenyutse ndetse ibikoresho byari bizirimo bikagenda.

 

Ibyafatanywe abakekwaho kubyiba

Mu bakozi batanu batawe muri yombi bakekwaho ibifitanye isano n’imfashanyo y’imyenda yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Rutsiro, ikibwa, harimo abakorera urwego rwunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO).

Muri aba ba-DASSO harimo uwitwa Jean Pierre Ndungutse, wasatswe n’inzego, zikamusangana imipira 10, amapantalo atandatu (6), amakoti abiri (2), ishati imwe (1) n’ikanzu imwe (1).

Naho DASSO witwa Claudine Muhawenimana we mu rugo rwe bahasanze imipira 14, amashati icyenda (9), amapantalo atanu (5) n’amakanzu atanu (5).

Naho umushoferi w’Akarere witwa Muhire Eliazard, na we uri mu bakurikiranyweho ubu bujura, we yafatanywe mu modoka imipira 10, amapantalo atandatu (6), amakoti abiri (2), ishati imwe (1) ndetse n’umwambaro wa siporo n’inkweto z’abana.

Mu batawe muri yombi kandi, harimo abakozi babiri b’Akarere ka Rutsiro barimo usanzwe ashinzwe ibihingwa ngengabukungu, Mujawamariya Nathalie ndetse na Uwamahoro ushinzwe amakoperative, bombi bari bagenwe nk’abahuza ibikorwa byo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 8 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya arambuye ku rupfu rw’umunyeshuri washenguye benshi

Next Post

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.