Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’impanuka yabereye mu Muhanda werecyeza mu mujyi wa Huye, y’imodoka yagonze bamwe mu bari bagiye mu bikorwa byo kwamamaza, bamwe bakahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Matyazo mu Murenge wa mu Karere ka Huye, ubwo mu muhanda harimo abaturage benshi berecyezaga mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi mpanuka yabaye “mu rucyerere mu ma saa kumi zigana saa kumi n’imwe.”

Yavuze ko imodoka nini yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yari mu muhanda w’i Matyazo yerecyeza mu mujyi wa Huye “yagonze abantu baganagana mu bikorwa byo kwiyamamaza mu mujyi wa Huye, ku bw’ibyago bane bahasiga ubuzima abandi bane barakomereka cyane bajyanwa kwa muganga ariko muri abo bose batatu bashobora gutaha, umwe ni we bishobora kuba bikomeye kurushaho. Bari mu Bitaro bya CHUB”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga avuga ko umushoferi wari utwaye iyi modoka yagonze aba bantu yahise atoroka, ubu akaba akiri gushakishwa n’inzego.

Yavuze ko Polisi yahise itangira gukora iperereza ku cyaba cyateye iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’aba baturage bari bagiye kwamamaza Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Ati “Cyane cyane ko uwari utwaye icyo kinyabiziga atahise aboneka. Ntabwo turahasobanukirwa neza natwe turacyakurikirana kugira ngo tumenye icyayiteye.”

ACP Rutikanga yaboneyeho kwihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka ndetse n’abayikomerekeyemo, anasaba abantu kwitwararika yaba abagenda mu muhanda ndetse n’abashoferi bakirinda icyatuma habaho impanuka nk’izi.

Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ijambo yagejeje ku baturage ibihumbi 300 bari baje kumwakira, yagarutse kuri iyi mpanuka; afata mu mugongo imiryango y’aba bantu bayiburiyemo ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − seven =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

Next Post

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.