Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’impanuka yabereye mu Muhanda werecyeza mu mujyi wa Huye, y’imodoka yagonze bamwe mu bari bagiye mu bikorwa byo kwamamaza, bamwe bakahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Matyazo mu Murenge wa mu Karere ka Huye, ubwo mu muhanda harimo abaturage benshi berecyezaga mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi mpanuka yabaye “mu rucyerere mu ma saa kumi zigana saa kumi n’imwe.”

Yavuze ko imodoka nini yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yari mu muhanda w’i Matyazo yerecyeza mu mujyi wa Huye “yagonze abantu baganagana mu bikorwa byo kwiyamamaza mu mujyi wa Huye, ku bw’ibyago bane bahasiga ubuzima abandi bane barakomereka cyane bajyanwa kwa muganga ariko muri abo bose batatu bashobora gutaha, umwe ni we bishobora kuba bikomeye kurushaho. Bari mu Bitaro bya CHUB”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga avuga ko umushoferi wari utwaye iyi modoka yagonze aba bantu yahise atoroka, ubu akaba akiri gushakishwa n’inzego.

Yavuze ko Polisi yahise itangira gukora iperereza ku cyaba cyateye iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’aba baturage bari bagiye kwamamaza Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Ati “Cyane cyane ko uwari utwaye icyo kinyabiziga atahise aboneka. Ntabwo turahasobanukirwa neza natwe turacyakurikirana kugira ngo tumenye icyayiteye.”

ACP Rutikanga yaboneyeho kwihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka ndetse n’abayikomerekeyemo, anasaba abantu kwitwararika yaba abagenda mu muhanda ndetse n’abashoferi bakirinda icyatuma habaho impanuka nk’izi.

Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ijambo yagejeje ku baturage ibihumbi 300 bari baje kumwakira, yagarutse kuri iyi mpanuka; afata mu mugongo imiryango y’aba bantu bayiburiyemo ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

Next Post

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.