Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku rubanza rudasanzwe rw’umwana muto rwavugishije bamwe

radiotv10by radiotv10
02/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibirambuye ku rubanza rudasanzwe rw’umwana muto rwavugishije bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 14 y’amavuko ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yasabiwe gufungwa imyaka 10 n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, aho bamwe bavuze kuri uru rubanza badasanzwe bamenyereye.

Ni urubanza rwabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2023, mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruregwamo umwana w’umuhungu w’imyaka 14.

Uyu mwana yatawe muri yombi mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2022 nyuma yo gufatanwa udupfunyika 53 tw’urumogi adusanganywe iwabo mu rugo, twasanzwe mu cyumba cy’umubyeyi we.

Ni urubanza rwatinze kuburanishwa kuko ubusanzwe itegeko riteganya ko umwana utaruzuza imyaka y’ubukure (18) agomba kuburanishwa mu gihe kitarenze iminsi 15 uhereye igihe yafatiwe.

Muri uru rubanza, Ubushinjacyaha bwashinje uyu mwana icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, busaba Urukiko kukimuhamya rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko uregwa ubwo yabazwaga haba mu gihe cy’iperereza ndetse no mu yandi mabazwa yose, yemeye icyaha akurikiranyweho.

Me Niyotwagira Camille wunganira uyu mwana, yavuze ko we n’umukiliya we baburanye bemera icyaha, ariko ko uyu mwana yashowe muri ibi bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge n’umubyeyi we.

Andi makuru yamenyekanye kandi, ni uko ababyeyi b’uyu mwana na bo bavuzweho gucuruza iki kiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse umwe muri bo akaba yaragifungiwe.

Uyu munyamategeko wunganira uyu mwana w’umuhungu, avuga ko baburanye bemera icyaha kandi bakagisabira imbabazi, bakaba bizeye ko ubucamanza buzabaha ubutabera buboneye.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahise rupfundikira uru rubanza, rwanzura ko ruzasoma umwanzuro warwo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023.

Ni urubanza rwavugishije bamwe ku mbuga nkoranyambaga, aho bibazaga uburyo umwana ungana gutya ajyanwa mu nkiko, ndetse bamwe bakaba bavugaga ko afite imyaka 13, abandi bakavuga ko afite 14.

Ubushinjacyaha bwatanze umucyo, buvuga ko uyu mwana yavutse mu mwaka w’ 2008, akaba yarakoze icyaha mu kwezi k’Ugushyingo 2022 ubwo yari afite imyaka 14 y’amavuko.

Ubushinjacyaha bwakomeje bugira buti “Hakurikijwe itegeko rw’u Rwanda, umwana w’imyaka 14 ashobora kuryozwa icyaha.”

Bwakomeje bugaragaza ko “Ubwo yabazwaga mu iperereza ndetse n’imbere y’urukiko ari kuburanishwa, yemeye ko yagize uruhare mu bikorwa byo gucuruza urumogi.”

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko “imyaka ye ndetse n’ibibazo byo mu muryango we, byitaweho n’Ubushinjacyaha mu iburanisha ryabereye mu rukiko.”

Ubusanzwe amategeko yo mu Rwanda ateganya ko umwana wujuje imyaka 14 habaho uburyozwacyaha ku cyaha runaka bitewe n’uburemere bwacyo, ndetse mu Rwanda hakaba hasanzwe hariho Gereza ifungirwamo abana, iri mu Karere ka Nyagatare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Next Post

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.