Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku rubanza rudasanzwe rw’umwana muto rwavugishije bamwe

radiotv10by radiotv10
02/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibirambuye ku rubanza rudasanzwe rw’umwana muto rwavugishije bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 14 y’amavuko ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yasabiwe gufungwa imyaka 10 n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, aho bamwe bavuze kuri uru rubanza badasanzwe bamenyereye.

Ni urubanza rwabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2023, mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruregwamo umwana w’umuhungu w’imyaka 14.

Uyu mwana yatawe muri yombi mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2022 nyuma yo gufatanwa udupfunyika 53 tw’urumogi adusanganywe iwabo mu rugo, twasanzwe mu cyumba cy’umubyeyi we.

Ni urubanza rwatinze kuburanishwa kuko ubusanzwe itegeko riteganya ko umwana utaruzuza imyaka y’ubukure (18) agomba kuburanishwa mu gihe kitarenze iminsi 15 uhereye igihe yafatiwe.

Muri uru rubanza, Ubushinjacyaha bwashinje uyu mwana icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, busaba Urukiko kukimuhamya rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko uregwa ubwo yabazwaga haba mu gihe cy’iperereza ndetse no mu yandi mabazwa yose, yemeye icyaha akurikiranyweho.

Me Niyotwagira Camille wunganira uyu mwana, yavuze ko we n’umukiliya we baburanye bemera icyaha, ariko ko uyu mwana yashowe muri ibi bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge n’umubyeyi we.

Andi makuru yamenyekanye kandi, ni uko ababyeyi b’uyu mwana na bo bavuzweho gucuruza iki kiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse umwe muri bo akaba yaragifungiwe.

Uyu munyamategeko wunganira uyu mwana w’umuhungu, avuga ko baburanye bemera icyaha kandi bakagisabira imbabazi, bakaba bizeye ko ubucamanza buzabaha ubutabera buboneye.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahise rupfundikira uru rubanza, rwanzura ko ruzasoma umwanzuro warwo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023.

Ni urubanza rwavugishije bamwe ku mbuga nkoranyambaga, aho bibazaga uburyo umwana ungana gutya ajyanwa mu nkiko, ndetse bamwe bakaba bavugaga ko afite imyaka 13, abandi bakavuga ko afite 14.

Ubushinjacyaha bwatanze umucyo, buvuga ko uyu mwana yavutse mu mwaka w’ 2008, akaba yarakoze icyaha mu kwezi k’Ugushyingo 2022 ubwo yari afite imyaka 14 y’amavuko.

Ubushinjacyaha bwakomeje bugira buti “Hakurikijwe itegeko rw’u Rwanda, umwana w’imyaka 14 ashobora kuryozwa icyaha.”

Bwakomeje bugaragaza ko “Ubwo yabazwaga mu iperereza ndetse n’imbere y’urukiko ari kuburanishwa, yemeye ko yagize uruhare mu bikorwa byo gucuruza urumogi.”

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko “imyaka ye ndetse n’ibibazo byo mu muryango we, byitaweho n’Ubushinjacyaha mu iburanisha ryabereye mu rukiko.”

Ubusanzwe amategeko yo mu Rwanda ateganya ko umwana wujuje imyaka 14 habaho uburyozwacyaha ku cyaha runaka bitewe n’uburemere bwacyo, ndetse mu Rwanda hakaba hasanzwe hariho Gereza ifungirwamo abana, iri mu Karere ka Nyagatare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Next Post

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.