Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro by’abakekwaho ibitemewe byumvikanamo ko bamaze igihe mu butekamutwe

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibisobanuro by’abakekwaho ibitemewe byumvikanamo ko bamaze igihe mu butekamutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo batatu bafatiwe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, bamaze kwishyura umucuruzi amafaranga y’amiganano, bavuze ko bageze muri aka Karere bavuye mu ka Gasabo na ho babanje gutuburira abandi bacuruzi.

Aba bagabo batatu barimo umwe w’imyaka 42 na bagenzi be babiri, bafatanywe ibihumbi 5 Frw by’amiganano kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukwakira 2023.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko aba bagabo bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’umucuruzi bari bahaye ayo mafaranga y’amiganano mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko uwo mucuruzi yabwiye Polisi “ko abagabo batatu bamusanze muri butike baje guhaha, mu kumwishyura bakamuha inoti y’ibihumbi bitanu yagenzuye neza agasanga ni amiganano.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba bagabo bamaze gufatwa, biyemereye ko biriya bikorwa byo gukwirakwiza amafaranga y’amiganano babimazemo iminsi ndetse ko bari bamaze igihe gito bavuye mu Karere ka Gasabo bamaze gutuburira abandi bacuruzi.

Nanone kandi ku Cyumweru tariki 01 Ukwakira 2023, Polisi y’u Rwanda yafashe undi muntu umwe w’imyaka 28 y’amavuko wafatiwe mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, wari ufite amafaranga y’u Rwanda y’amiganano ibihumbi 25.

Uyu we yafahswe  nyuma y’amakuru yatanzwe n’umukozi utanga serivisi zo kubitsa, kubikuza no kohereza amafaranga hakoreshejwe telefoni.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yagize ati “Uwo mukozi amaze kwakira ayo mafaranga yabanje kuyabara, abonamo inoti zamuteye amakenga, ashishoje neza asanga ari amahimbano, atanga amakuru ku nzego z’umutekano, niko guhita bamufata.” 

SP Twizeyimana yashimiye abaturage batanze amakuru bigatuma bariya bantu bafatwa, anakangurira n’abandi kujya bashishoza igihe bahawe inoti cyane cyane izikiri nshyashya.

Yavuze ati ”Abantu nk’aba bumva ko bazajya batungwa no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano ntabwo bizabahira. Bamenye ko ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi kubera ubufatanye n’abaturage bafatwa ku buryo bworoshye, turanashimira abakomeje kutugaragariza ubufatanye mu kurwanya ibyaha nka biriya ndetse n’ibindi byose.”

Abafashwe bose uko ari bane bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Nyuma yo kudahembwa bakoze ibyo batatekerezaga ko bizabaho ubwo bahabwaga akazi

Next Post

Rwanda: Hasobanuwe icyatumye haraswa muntu wa kabiri nyuma y’iminsi ibiri harashwe undi

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Hasobanuwe icyatumye haraswa muntu wa kabiri nyuma y’iminsi ibiri harashwe undi

Rwanda: Hasobanuwe icyatumye haraswa muntu wa kabiri nyuma y'iminsi ibiri harashwe undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.