• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in MU RWANDA
1
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe mu bakinnyi bari muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, bamwe bakeketse ko bariho bahana nimero, ariko n’ubundi ntibyabuza impaka gukomeza.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye iyi foto, aho aba bombi baba bacigatiye telefone mu ntoki, bari kuganira, bishimye, byanatumye hari abaha igisobanuro ibyo barimo.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ukorera imwe mu maradiyo yo mu Rwanda, uri mu basangije abantu iyi foto ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Ubu aka-number ntagacyuye Koboyi Turi aho? UCI World Championship Kigali 2025 ni Show Kabisa!”

Uretse uyu munyamakuru, n’abandi banyuranye bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi foto, bavugaga ko umukorerabushake w’uyu Muryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi Croix Rouge ndetse n’uriya mukinnyi bariho bahana nimero.

Gusa uyu Muryango wahakanaye igisobanuro cyahawe iyi foto, aho wavuze ko aba bombi batariho bahana nimero cyangwa bibwirana nk’uko bamwe babiketse.

Ubutumwa bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwa Red Cross ishami ryayo mu Rwanda, bugira buti “Ibikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga bahereye kuri iyi foto, ntibifite aho bihuriye n’ukuri.”

Uyu Muryango ukomeza ugira uti “Umukorerabushake wa Rwanda Red Cross wafotowe asobanura ko umukinnyi yagize ikibazo cy’igare rye abura uko avugana na bagenzi be. Hariya yasabaga ubufasha bwa internet.”

Ni mu gihe bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa X, n’ubundi batanyuzwe n’ibi bisobanuro, aho bavugaga ko uyu muryango wagendeye ku bisobanuro wahawe n’umukorerabushake wawo, ariko ukuri kuzwi na ba nyiri ubwite.

Uwitwa Sam Kabera yagize ati “Bahanye imibare 10 [nimero ya telefone] byo bitwaye iki? Rwanda Red Cross hano muratubwira ibyo umukobwa yababwiye ariko we azi ibyo yakoze. Azibikeho rwose.”

Abakomeje gutanga ibitekerezo kuri iyi foto, bavuga ko n’iyo bariya bombi bahana nimero, batabibonamo ikibazo.

Uwitwa Nsengimana Jado [Rwamucyo w’u Rwanda] na we yagize ati “Ari umukorerabushake wa Rwanda Red Cross arishimye, ari umushyitsi wacu uri kunyonga igare na we ibyishimo byamusaze, ahubwo uwo mwali mumuhe ishimwe no kuba ari kuganiriza umushyitsi amuha serivise uko bikwiye. Anashatse yakwagura u Rwanda iyo, naho kwisobanura nta kibi gihari rwose.”

Uwitwa Murangwa Hussein na we ati “Ese ibyo bindi byo abaye yarabikoze bitwaye iki? Mwibuke ko bavuga ngo “inshuti umuntu ayikura ku nzira”! Ibindi ni amagambo.”

Hari n’abavuze ko biriya bisobanuro byatanzwe n’uriya muryango bitari ngombwa, kuko nta gikuba cyacitse, ngo yewe n’iyo bariya baba bahanye nimero koko, ntacyo byaba bitwaye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rise ethics says:
    8 months ago

    Ariko itangazamakuru rimaze guhindurwa umuyoboro w ubujajwa hamwe nahamwe,
    Yishe irushanwa se basi?
    Yamutangiriye se aragwa cg barikuvugana kubyo bumvukana bombi.
    Simbona bashaka noguseka, ahubwo iyo amusoma nkumva ayo muvuga.
    Kandi mumenyeko ntacyaha cyaba gikozwe nabo.
    Mugabanye ubujajwa!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 20 =

Previous Post

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Next Post

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.