Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro ku mpamvu y’izamurwa ry’imisanzu ya Pansiyo ryatumye havuka impaka

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibisobanuro ku mpamvu y’izamurwa ry’imisanzu ya Pansiyo ryatumye havuka impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zifite aho zihuriye n’ubwiteganyirize n’umurimo n’abakozi mu Rwanda, zagaragaje impamvu hafashwe icyemezo cyo kuzamura umusanzu w’ubwiteganyirize bw’izabukuru ukava kuri 6% ukagera kuri 12%, zivuga ko byose biri mu nyungu z’abakozi mu gihe bazaba bagiye muri Pansiyo.

Ni mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukuboza 2024 cyayobowe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa.

Ni nyuma yuko Urwego rw’Ubwiteganyijrize mu Rwanda (RSSB) rushyize hanze itangazo rigaragaza ko guhera muri Mutarama umwaka utaha wa 2025, umusanzu wa Pansiyo uzazamurwa ukagera kuri 12% uvuye kuri 6%, bikazamura impaka ndende.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro yavuze ko uyu musanzu wa 6% watangwaga kugeza ubu, wari washyizweho mu 1962, kandi ko kuva icyo gihe hari byinshi byagiye bihinduka birimo ikiguzi cy’imibereho n’ibindi, bityo ko byari bikenewe ko uzamurwa ugahuzwa n’ibihe.

Yavuze ko mu kuwuzamura kuri 12%, umukozi azajya yitangira 6%, umukoresha we na we akamutangira 6%. Yavuze ko uretse umwaka umwe uzasimbukwa, ubundi buri mwaka umusanzu uzajya wongerwaho 2% kugera mu 2030 ubwo bateganya ko umusanzu uzaba uri kuri 20%.

Ati “Ikigamijwe ni ukongera umushahara abajya muri pansiyo babona. Aho hateganyijwe 20% y’ayagendaga muri pansiyo yose azasaranganywa abajya muri pansiyo noneho duhereye ku babona make. Bizatuma abajya muri pansiyo bajyayo batekanye kandi babeho ubuzima bujyanye n’uko imibereho imeze.”

Abajijwe ku bijyanye n’inyungu uru rwego rukura mu mishanga yarwo dore ko abavuga ko ishoramari rukora rihomba, Regis Rugemanshuro yavuze ko atari byo, ahubwo ko uru rwego rwunguka ndetse mu mwaka ushize rwungutse arenga miliyari 418 Frw. Ati “RSSB ntabwo ikorera mu gihombo, irunguka.”

Yavuze ko uru rwego rwashoye angana na Tiriyali 2,6 Fw [angana na 8%] mu bikorwa by’imitungo itimukanwa, mu gihe andi ari mu zindi nzego.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis yagaragaje ibyashingiweho

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Nkulikiyinka Christine; yavuze ko izi mpinduka zizatuma abakozi bakora batekanye ndetse no mu gihe bageze mu zabukuru batazahangayika kuko bazaba barizigamiye amafaranga afatika azabafasha kubaho neza muri icyo gihe bijyanye n’igiciro cy’ubuzima kizaba kiriho.

Amb. Nkulikiyinka Christine kandi yavuze ko iki cyemezo cyo kuzamura imisanzu y’ubwizigame, bizaba bizanira inyungu abakozi, avuga ko nubwo hari amafaranga bazigama ariko n’abakoresha babo bazashyiraho akabo. Ati “Ni inyungu cyane cyane z’abakozi, turebye ni ukwizigamira na bo bizigamira.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko aya mavugurura yashingiye ku bintu binyuranye, birimo inyungu ku bakozi, kugira ngo mu bihe bizaza bazabe bariho mu buzima bwiza.

yagize ati “Ntabwo twifuza ko nk’abazafata pansiyo mu myaka 15 uvuye uyu munsi, tuzisanga mu bihe nk’ibyo turimo ubu ngubu, kugira ngo tujye muri pansiyo dusange amafaranga tuzaba duhabwa atajyanye n’ubuzima buzaba buriho icyo gihe.”

Minisitiri Murangwa yavuze ko mu karere u Rwanda ruherereyemo, ari cyo Gihugu cyatangaga umusanzu uri hasi ugereranyije n’ibindi, avuga ko kuwuzamura bigamije no kubihuza n’ahandi.

Ati “Ethiopia batanga 18%, inzego z’umutekano zabo zigatanga 32%, mu gihe mu Rwanda abantu batanga umusanzu ungana. Tanzania ubu ni 20%, Uganda ni 15%, Burundi 10%, Kenya batanga 10% nk’umusanzu w’ubwiteganyirize bw’izabukuru.”

Izi nzego zivuga ko kuzamura uyu musanzu bigamije guteganyiriza abazajya muri Pansiyo mu bihe biri imbere, kugira ngo batazahura n’imbogamizi zifitwe n’abayijyamo muri iki gihe bakunze kumvikana bavuga ko bahabwa amafaranga y’intica ntikize, adafite icyo yabafasha bagereranyije n’uko igiciro cy’imibereho gihagaze.

Iki kiganiro n’Itangazamakuru cyayobowe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa

Minisitiri Amb. Christine Nkulikiyinka yavuze ko byose bigamije inyungu ku bakozi

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 17 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Next Post

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.