Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro ku mpamvu y’izamurwa ry’imisanzu ya Pansiyo ryatumye havuka impaka

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibisobanuro ku mpamvu y’izamurwa ry’imisanzu ya Pansiyo ryatumye havuka impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zifite aho zihuriye n’ubwiteganyirize n’umurimo n’abakozi mu Rwanda, zagaragaje impamvu hafashwe icyemezo cyo kuzamura umusanzu w’ubwiteganyirize bw’izabukuru ukava kuri 6% ukagera kuri 12%, zivuga ko byose biri mu nyungu z’abakozi mu gihe bazaba bagiye muri Pansiyo.

Ni mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukuboza 2024 cyayobowe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa.

Ni nyuma yuko Urwego rw’Ubwiteganyijrize mu Rwanda (RSSB) rushyize hanze itangazo rigaragaza ko guhera muri Mutarama umwaka utaha wa 2025, umusanzu wa Pansiyo uzazamurwa ukagera kuri 12% uvuye kuri 6%, bikazamura impaka ndende.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro yavuze ko uyu musanzu wa 6% watangwaga kugeza ubu, wari washyizweho mu 1962, kandi ko kuva icyo gihe hari byinshi byagiye bihinduka birimo ikiguzi cy’imibereho n’ibindi, bityo ko byari bikenewe ko uzamurwa ugahuzwa n’ibihe.

Yavuze ko mu kuwuzamura kuri 12%, umukozi azajya yitangira 6%, umukoresha we na we akamutangira 6%. Yavuze ko uretse umwaka umwe uzasimbukwa, ubundi buri mwaka umusanzu uzajya wongerwaho 2% kugera mu 2030 ubwo bateganya ko umusanzu uzaba uri kuri 20%.

Ati “Ikigamijwe ni ukongera umushahara abajya muri pansiyo babona. Aho hateganyijwe 20% y’ayagendaga muri pansiyo yose azasaranganywa abajya muri pansiyo noneho duhereye ku babona make. Bizatuma abajya muri pansiyo bajyayo batekanye kandi babeho ubuzima bujyanye n’uko imibereho imeze.”

Abajijwe ku bijyanye n’inyungu uru rwego rukura mu mishanga yarwo dore ko abavuga ko ishoramari rukora rihomba, Regis Rugemanshuro yavuze ko atari byo, ahubwo ko uru rwego rwunguka ndetse mu mwaka ushize rwungutse arenga miliyari 418 Frw. Ati “RSSB ntabwo ikorera mu gihombo, irunguka.”

Yavuze ko uru rwego rwashoye angana na Tiriyali 2,6 Fw [angana na 8%] mu bikorwa by’imitungo itimukanwa, mu gihe andi ari mu zindi nzego.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis yagaragaje ibyashingiweho

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Nkulikiyinka Christine; yavuze ko izi mpinduka zizatuma abakozi bakora batekanye ndetse no mu gihe bageze mu zabukuru batazahangayika kuko bazaba barizigamiye amafaranga afatika azabafasha kubaho neza muri icyo gihe bijyanye n’igiciro cy’ubuzima kizaba kiriho.

Amb. Nkulikiyinka Christine kandi yavuze ko iki cyemezo cyo kuzamura imisanzu y’ubwizigame, bizaba bizanira inyungu abakozi, avuga ko nubwo hari amafaranga bazigama ariko n’abakoresha babo bazashyiraho akabo. Ati “Ni inyungu cyane cyane z’abakozi, turebye ni ukwizigamira na bo bizigamira.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko aya mavugurura yashingiye ku bintu binyuranye, birimo inyungu ku bakozi, kugira ngo mu bihe bizaza bazabe bariho mu buzima bwiza.

yagize ati “Ntabwo twifuza ko nk’abazafata pansiyo mu myaka 15 uvuye uyu munsi, tuzisanga mu bihe nk’ibyo turimo ubu ngubu, kugira ngo tujye muri pansiyo dusange amafaranga tuzaba duhabwa atajyanye n’ubuzima buzaba buriho icyo gihe.”

Minisitiri Murangwa yavuze ko mu karere u Rwanda ruherereyemo, ari cyo Gihugu cyatangaga umusanzu uri hasi ugereranyije n’ibindi, avuga ko kuwuzamura bigamije no kubihuza n’ahandi.

Ati “Ethiopia batanga 18%, inzego z’umutekano zabo zigatanga 32%, mu gihe mu Rwanda abantu batanga umusanzu ungana. Tanzania ubu ni 20%, Uganda ni 15%, Burundi 10%, Kenya batanga 10% nk’umusanzu w’ubwiteganyirize bw’izabukuru.”

Izi nzego zivuga ko kuzamura uyu musanzu bigamije guteganyiriza abazajya muri Pansiyo mu bihe biri imbere, kugira ngo batazahura n’imbogamizi zifitwe n’abayijyamo muri iki gihe bakunze kumvikana bavuga ko bahabwa amafaranga y’intica ntikize, adafite icyo yabafasha bagereranyije n’uko igiciro cy’imibereho gihagaze.

Iki kiganiro n’Itangazamakuru cyayobowe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa

Minisitiri Amb. Christine Nkulikiyinka yavuze ko byose bigamije inyungu ku bakozi

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 10 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Next Post

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.