Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Igitego cya rutahizamu Mamadou Sy w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, cyabonetse mu minota ya nyuma, cyongeye kugaragaza amarangamutima adasanzwe mu bakunzi ba ruhago, aho abakunzi b’iyi kipe bamugaragarije urugwiro rudasanzwe banamuhundagazaho amafaranga.

Ni umukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’u Rwanda, wabaye kuri iki Cyumweru, warangiye APR FC itsinze Vision FC ibitego 2-1 bigoranye.

igitego cy’ikinyuranyo cya APR FC cyabonetse mu minota ya nyuma gitsinzwe na Mamadou Sy gisiga ibyishimo bikomeye m ubakunzi b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Muri uyu mukino, ikipe ya APR FC yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze kurya isataburenge mucyeba wayo Rayon Sports wayirushaga amanota ane, nyuma yuko yo itsinzwe na Mukura VS ku wa Gatandatu.

Uyu mukino wagiye APR FC nubwo ari yo yaFunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Djibril Ouattara kuri Penalty cyaje kwishyurwa na Idarusi Cyubahiro ndetse Vision FC ikomeza kurusha APR FC guhanahana umupira.

Gusa ku munota wa 86’ rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Mauritania, Mamadou Sy yaboneye APR FC igitego cya kabiri cyatanze intsinzi ku ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Nyuma y’uyu mukino abakunzi ba APR FC bagaragarije ibyishimo n’urukundo uyu rutahizamu udakunze kubona umwanya wo kubanza mu kibuga ariko iyo awubonye akaba atanga ibyishimo kuri iyi kipe.

Uyu musore yahawe amafaranga n’ababafana ndetse na nyuma y’umukino akaba yatangaje ko yishimiye igitego yatsinze ariko by’umwihariko akaba ashimira abakunzi ba APR FC bamweretse urukundo rudasanzwe kuva mu mikino ya CECAFA Kagame Cup.

Mamadou Sy amaze gutanga intsinzi eshatu zikomeye kuri iyi kipe nko mukino ubanza wa Vision FC warangiye ari ibitego 2-0 byose byatsinzwe n’uyu musore, ndetse n’umukino ubanza wa As Kigali warangiye ari APR FC itsinze ibitego 2-1 naho igitego cy’intsinzi cyabonetse ku munota wa nyuma gitsinzwe n’uyu rutahizamu.

Igitego cya Mamadou Sy cyaraje neza abafana ba APR FC

Imbamutima z’abafana zari zose
Bamuhaye amafaranga

Abakinnyi bagenzi be na bo byabakoze ku mutima

Photos © Igihe

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abayisilamu ku munsi mukuru wabo

Next Post

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.