• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Igitego cya rutahizamu Mamadou Sy w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, cyabonetse mu minota ya nyuma, cyongeye kugaragaza amarangamutima adasanzwe mu bakunzi ba ruhago, aho abakunzi b’iyi kipe bamugaragarije urugwiro rudasanzwe banamuhundagazaho amafaranga.

Ni umukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’u Rwanda, wabaye kuri iki Cyumweru, warangiye APR FC itsinze Vision FC ibitego 2-1 bigoranye.

igitego cy’ikinyuranyo cya APR FC cyabonetse mu minota ya nyuma gitsinzwe na Mamadou Sy gisiga ibyishimo bikomeye m ubakunzi b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Muri uyu mukino, ikipe ya APR FC yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze kurya isataburenge mucyeba wayo Rayon Sports wayirushaga amanota ane, nyuma yuko yo itsinzwe na Mukura VS ku wa Gatandatu.

Uyu mukino wagiye APR FC nubwo ari yo yaFunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Djibril Ouattara kuri Penalty cyaje kwishyurwa na Idarusi Cyubahiro ndetse Vision FC ikomeza kurusha APR FC guhanahana umupira.

Gusa ku munota wa 86’ rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Mauritania, Mamadou Sy yaboneye APR FC igitego cya kabiri cyatanze intsinzi ku ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Nyuma y’uyu mukino abakunzi ba APR FC bagaragarije ibyishimo n’urukundo uyu rutahizamu udakunze kubona umwanya wo kubanza mu kibuga ariko iyo awubonye akaba atanga ibyishimo kuri iyi kipe.

Uyu musore yahawe amafaranga n’ababafana ndetse na nyuma y’umukino akaba yatangaje ko yishimiye igitego yatsinze ariko by’umwihariko akaba ashimira abakunzi ba APR FC bamweretse urukundo rudasanzwe kuva mu mikino ya CECAFA Kagame Cup.

Mamadou Sy amaze gutanga intsinzi eshatu zikomeye kuri iyi kipe nko mukino ubanza wa Vision FC warangiye ari ibitego 2-0 byose byatsinzwe n’uyu musore, ndetse n’umukino ubanza wa As Kigali warangiye ari APR FC itsinze ibitego 2-1 naho igitego cy’intsinzi cyabonetse ku munota wa nyuma gitsinzwe n’uyu rutahizamu.

Igitego cya Mamadou Sy cyaraje neza abafana ba APR FC

Imbamutima z’abafana zari zose
Bamuhaye amafaranga

Abakinnyi bagenzi be na bo byabakoze ku mutima

Photos © Igihe

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eight =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abayisilamu ku munsi mukuru wabo

Next Post

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.