Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitaramo by’umuziki byahagaritswe, abakozi ba Leta basubizwa gukorera mu rugo, izindi ngamba zirakazwa

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in MU RWANDA
0
Ibitaramo by’umuziki byahagaritswe, abakozi ba Leta basubizwa gukorera mu rugo, izindi ngamba zirakazwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba nshya zo kwirinda ikwirakwira rw’Icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragara mu isura nshya aho yahagaritse ibitaramo by’umuzika no kubyina (Night Clubs, Live Bands na Karaoke) naho abakozi ba Leta basubizwa gukorera mu rugo uretse abakora akazi kabasaba guhura n’abasaba serivisi.

Izi ngamba zafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021 yayobowe na Perezida Paul Kagame.

Iyi nama y’Abaminisitiri kandi yakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 zirimo ko abagenzi bose baturutse hanze y’Igihugu bagomba guhita bashyirwa mu kato k’iminsi itatu.

Ingingo ya kane y’ibi byemezo by’Inama y’Abaminisitiri ivuga ko ibitaramo by’umuziki no kubyina [Night Clubs, Live bands, Karaoke] byahagaritswe naho konseri zateguwe zizajya zibanza kwemezwa n’urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere mu Rwanda RDB.

Izi ngamba zitangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa Kane tariki 16 Ukuboza, bivuga kandi ko “Abakozi ba Leta bazakorera mu rugo, uretse abakora akazi kabasaba guhura n’abasaba serivisi, ariko ntibarenge 30% by’abakozi bose.”

Naho ibikorwa by’inzego z’abikorera bizakomeza ariko buri rwego rugakoresha abakozi batarenze 50 by’abakozi bose kandi na bo bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Imihango y’ubukwe nko gusaba, gukwa n’ishyingirwa rikorewe imbere y’ubuyobozi bwa Leta no mu nsengero, yakunze kwibandwaho kuva hatangira gushyirwaho amabwiriza yo kwirinda COVID-19, izakomeza ariko ikitabirwa n’abatarenze 30% by’ubushobozi bw’aho bateraniye na none umubare wabo nturenge 100.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Nyabugogo: Umusekirite yakubise umuntu bapfa amafaranga ahita agwa igihumure

Next Post

AMAKURU MASHYA: MINISANTE yemeje ko Omicron yagaragaye mu Rwanda

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: MINISANTE yemeje ko Omicron yagaragaye mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: MINISANTE yemeje ko Omicron yagaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.