• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bigiye gusubukurwa, byitezweho kuganirirwamo ingingo zikomeje kugorana zirimo guhererekanya imfungwa.

Ni ibiganiro bigomba gusubukurwa muri iki cyumweru, bibera i Doha muri Qatar, ahamaze igihe habera ibi biganiro bihuza ubutegetsi bwa DRC, n’Ihuriro AFC/M23 riburwanya.

Amakuru avuga ko intumwa z’impande zombi, zigomba gusasa inzobe zikaganira ku ngingo zikirimo birantega, byumwihariko ikibazo cyo guhererekanya imfungwa, nk’imwe mu ngingo iza ku isonga mu zivugwa na AFC/M23 ko ari yo igomba kuba umusingi wo gushaka umuti w’ibibazo.

Amatsinda y’intumwa za Guverinoma ya DRC n’iza AFC/M23 zitegerejwe i Doha muri Qatar muri iki cyumweru, mu biganiro bishya biyobowe na Qatar nk’umuhuza.

Ibi biganiro bigiye kuba kuri iyi nshuro, bizibanda ku guhererekanya imfungwa, dore ko biri no mu mahame yashyizweho umukono n’impande zombi, ariko bikaba byarakomeje kugorana mu kubishyira mu bikorwa.

Hanashyizweho Komisiyo y’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Ubutabazi Croix-Rouge (CICR) izatanga ubufasha hagati y’impande zombi mu gushyira mu bikorwa iyi ngingo yo guhererekanya imfungwa, aho yasabye impande zombi kugaragaza urutonde rw’abasabirwa kurekurwa.

Gusa amakuru avuga ko kugeza ubu nta ntambwe yari yaterwa iganisha ishyirwa mu bikorwa ry’iki gikorwa, ndetse kugeza ubu impande zombi zikomeje kurwana.

Hari amakuru avuga kandi ko impande zombi zikomeje kongera imbaraga mu buryo bwa gisirikare, ku buryo igihe icyo ari cyo cyose imirwano yakara.

Ihuriro AFC/M23, mu cyumweru gishize, ryinjije mu gisirikare abakomando bashya barenga 9 000, baje biyongera ku barenga 7 000 bacyinjiyemo mu kwezi gushize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Next Post

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.