Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko kuba batumira abaturanyi ngo baganuzanye, ku munsi w’Umuganura, byaba ari ukwigerezayo, kuko ubuzima buhenze. Umwe ati “ubwo nagura ikilo kimwe cy’ubugari ngahuruza baturanyi ngo nimuze dusangire?”

Ni mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, mu Rwanda hizihizwa umunsi ufite igisobanuro gikomeye mu muco, w’Umuganura.

Mu kwizihiza uyu munsi, ubuyobozi bukunze kugira inama Abanyarwanda gutumirana no kuganuzanya, ku buryo abafite uko bifite basangira n’abatarabonye umusaruro uhagije.

Gusa bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko uyu munsi usanze imibereho yarabaye ingume kubera ibiciro ku masoko byatumbagiye, ku buryo ababasha kurya kabiri ku munsi ari mbarwa.

Bimenyimana Alfred Augustin avuga ko bigoye kuba umuntu yatumira abaturanyi ngo basangire Umuganura, kuko no guhaza urugo na byo ari ihurizo rikomeye.

Ati “Ndajya kugura ikilo kimwe cy’ubugari ngihururize abantu n’abaturanyi ngo nimuze dusangire? Baravuga ngo ahatari umwaga uruhu rw’imbaragasa rwisasira batanu; ariko burya ubusa ntibuhumura.”

Uyu muturage avuga ko imibereho ihenze, yagiye inazambya urukundo mu bantu, ku buryo n’ubusabane bwo gusangira butagikunze kubaho.

Ati “Kuri iki gihe hari n’abantu bajya kurya bagakinga, cyangwa bakarya mu byiciro. None se ingo zirya gatatu ni zingahe? Ntabwo ari nyinshi. Rimwe na rimwe hari ubwo abantu bahitamo kunywa n’igikoma kugira ngo abana basinzire neza. Ntabwo wajya guhamagara umuturanyi ngo ngwino turye umunsi umwe mu mwaka kandi udasanzwe umuhamagara.”

Hakuzimana Jean Baptiste usanzwe ari umwarimu mu ishuri ryigenga, avuga ko nubwo akorera umushahara, ariko na we adafite ubushobozi bwo kuba yatumira umuturanyi ngo basangire Umuganura.

Ati “Nkurikije ubushobozi bw’iki gihe biragoye ko wateranya abantu barenze batanu ukagira icyo ubamarira muri iki gihe.”

Ndayambaje Marcel we avuga ko abaturage bakwiye kuganuzwa n’ubuyobozi, ariko ibyo kuganuzanya hagati y’abaturage byo bigoye.

Ati “Wenda ari ubuyobozi bwabiteguye, bakadutegurira ahantu hamwe twasabanira; icyo gihe tuzitabira ntakibazo. Yego tuzateranira ku Kagari.”

Aba baturage bavuga ko ikiguzi cy’imibereho kirushaho kuryamira umuco, bakavuga ko Leta igomba kubafasha muri gahunda zo kongera umusaruro w’ibyiciro byose.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − three =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda yahaye Abanyarwanda Umuganura ikora ibyifuzwaga na bose

Next Post

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Related Posts

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

IZIHERUKA

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops
AMAHANGA

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

by radiotv10
05/11/2025
0

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

05/11/2025
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.