Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitekerezo byihariye ku Muganura by’Abanyakigali bavuga ko usanze kurya kabiri byaribagiranye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko kuba batumira abaturanyi ngo baganuzanye, ku munsi w’Umuganura, byaba ari ukwigerezayo, kuko ubuzima buhenze. Umwe ati “ubwo nagura ikilo kimwe cy’ubugari ngahuruza baturanyi ngo nimuze dusangire?”

Ni mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, mu Rwanda hizihizwa umunsi ufite igisobanuro gikomeye mu muco, w’Umuganura.

Mu kwizihiza uyu munsi, ubuyobozi bukunze kugira inama Abanyarwanda gutumirana no kuganuzanya, ku buryo abafite uko bifite basangira n’abatarabonye umusaruro uhagije.

Gusa bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko uyu munsi usanze imibereho yarabaye ingume kubera ibiciro ku masoko byatumbagiye, ku buryo ababasha kurya kabiri ku munsi ari mbarwa.

Bimenyimana Alfred Augustin avuga ko bigoye kuba umuntu yatumira abaturanyi ngo basangire Umuganura, kuko no guhaza urugo na byo ari ihurizo rikomeye.

Ati “Ndajya kugura ikilo kimwe cy’ubugari ngihururize abantu n’abaturanyi ngo nimuze dusangire? Baravuga ngo ahatari umwaga uruhu rw’imbaragasa rwisasira batanu; ariko burya ubusa ntibuhumura.”

Uyu muturage avuga ko imibereho ihenze, yagiye inazambya urukundo mu bantu, ku buryo n’ubusabane bwo gusangira butagikunze kubaho.

Ati “Kuri iki gihe hari n’abantu bajya kurya bagakinga, cyangwa bakarya mu byiciro. None se ingo zirya gatatu ni zingahe? Ntabwo ari nyinshi. Rimwe na rimwe hari ubwo abantu bahitamo kunywa n’igikoma kugira ngo abana basinzire neza. Ntabwo wajya guhamagara umuturanyi ngo ngwino turye umunsi umwe mu mwaka kandi udasanzwe umuhamagara.”

Hakuzimana Jean Baptiste usanzwe ari umwarimu mu ishuri ryigenga, avuga ko nubwo akorera umushahara, ariko na we adafite ubushobozi bwo kuba yatumira umuturanyi ngo basangire Umuganura.

Ati “Nkurikije ubushobozi bw’iki gihe biragoye ko wateranya abantu barenze batanu ukagira icyo ubamarira muri iki gihe.”

Ndayambaje Marcel we avuga ko abaturage bakwiye kuganuzwa n’ubuyobozi, ariko ibyo kuganuzanya hagati y’abaturage byo bigoye.

Ati “Wenda ari ubuyobozi bwabiteguye, bakadutegurira ahantu hamwe twasabanira; icyo gihe tuzitabira ntakibazo. Yego tuzateranira ku Kagari.”

Aba baturage bavuga ko ikiguzi cy’imibereho kirushaho kuryamira umuco, bakavuga ko Leta igomba kubafasha muri gahunda zo kongera umusaruro w’ibyiciro byose.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 13 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda yahaye Abanyarwanda Umuganura ikora ibyifuzwaga na bose

Next Post

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Menya icy’inyungu ku Baturarwanda bose kitaweho mu biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.