Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba
Share on FacebookShare on Twitter

Atete Kagorora wo mu Rwanda wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko ibibazo byose abatuye Ibihugu bigize uyu Muryango, bishobora kubonerwa umuti binyuze mu bufatanye.

Ni ibihembo byatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026 ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yaberaga muri Tanzania.

Atete yegukanye uyu mwanya wa mbere muri aya marushanwa yo kwandika kuri uyu muryango hagamijwe kuwumenyekanisha mu bakiri bato, yanditse ku gushyira hamwe kw’Ibihugu bigize EAC mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Uyu Munyarwandakazi ukiri muto, avuga ko uretse no ku bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere, ubufatanye bw’Ibihugu bigize uyu Muryango, bukwiye kwaguka bukanagera mu bindi bikorwa.

Ati “Atari n’ihindagurika ry’ikirere gusa, ibibazo byose duhura na byo muri EAC, bishobora gukemurwa n’uko twese dufatanyije.”

Yifashishije igitekerezo cya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda wanahawe inshingano zo kuyobora EAC, wavuze ko ubumwe bw’Ibihugu bigize uyu Muryango ari bwo pfundo rya byose, uyu mwana avuga ko na we ashyigikiye iki gitekerezo cya Museveni.

Ati “Igihe nandikana iyo essay yanjye nagerageje gusobanura uburyo ubumwe hagati y’Ibihugu byose biri muri EAC ari bwo bushobora gukemura iri hindagurika ry’ikirere.”

Mu gusoza iyi Nteko kandi hanasomwe imyanzuro yafatiwemo, irimo uwo gushima intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, unasaba impande ziri mu makimbirane guhagarika imirwano no gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yagiye asinywa.

Muri iyi nama Perezida Paul Kagame yari ahagarariwemo na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva kandi, Perezida William Ruto wa Kenya yahererekanyije ububasha na mugenzi we Yoweri Kaguta Mseveni wa Uganda ugiye kuyobora Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Perezida Kagame Paul yari ahagarariwe na Minisitiri w’Intebe

Habayeho ihererekanyabubasha hagati ya Perezida Ruto na Museveni

Atete Kagorora yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Why former UR students must repay Government study loans

Next Post

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Related Posts

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda, yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wongeye kuba nyabagendwa, nyuma yuko wamaze amasaha udakoreshwa kubera imvura nyinshi....

Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

by radiotv10
09/03/2026
0

For many students at the University of Rwanda (UR), receiving government support is the key to pursuing higher education. Tuition...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/03/2026
0

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kugurana ingamba z’ubwirinzi ngo ruzikureho nk'uko rubisabwa ngo rwirengagize ko umutwe wa...

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w'Ingabo Zidasanzwe (Special Operations Force) muri RDF, wungutse abasirikare n’abofisiye barangije amahugurwa y'ibanze yo guhangana n'iterabwoba, banagaragaje imwe mu...

IZIHERUKA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

09/03/2026
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

09/03/2026
Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

09/03/2026
APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.