• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu wa Ayatollah Ali Khamenei uherutse kwicirwa mu bitero bya Leta Zunze ubumwe za America na Israel, byakurikiwe n’intambara igikomeje.

Mojtaba Khamenei wahyizwe Umuyobozi w’Ikirenga, asimbuye se Ali Khamenei wishwe n’ibitero by’indege byagabwe tariki 28 Gashyantare 2026.

Itangazo rishyiraho uyu Muyobozi w’Ikirenga mushya, ryasomwe n’igitangazamakuru cy’Igihugu mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere.

Yatiranyijwe n’Inararibonye z’Inteko ya Iran igizwe n’abantu 88 bari bashyiriweho izi nshingano zo gutoranya ugomba kuba Umuyobozi w’Ikirenga mushya.

Iyi teko yatoye Umuyobozi inshuro imwe gusa mbere kuva hashingwa Leta ishingiye kuri Islam yashyizweho mu 1979. Ni nab wo

The assembly has chosen a new leader only once before since the Ali Khamenei yatoranywaga nyuma y’urupfu rwa Ayatollah Ruhollah Khomeini mu myaka irenga 30 ishize.

Ku wa Kane w’icyumweru twaraye dusoje, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yari yavuze ko agomba “kugira uruhare mu ishyirwaho” ry’Umuyobozi Mushya wa Iran kandi ko ibyariho bivugwa byo gushyira umuhungu wa Khamenei “adashobora kubyemera”.

Mojtaba w’imyaka 56, wamaze kugirwa Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran ni umuhungu wa kabiri wa Khamenei, akaba umwe mu bubashywe muri Iran, akaba ari n’umwe mu bakomeye mu gisirikare cy’iki Gihigu IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps) ndetse n’umutwe w’ingabo uzwi nka Basij volunteer paramilitary force.

Nta peti ryo hejuru azwiho, ndetse nta mwanya uzwi yari afite mu butegetsi bwa Iran. Yashyiriweho ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America muri 2019.

Urwego rushinzwe iby’imari n’ubukungu rwa America rwamushinjaga gukorana bya hafi n’Umugaba Mukuru wa IRGC-Quds Force na Basij mu gukaza ibikorwa byashingwaga se byo “kudurumbanya gahunda z’akarere n’ikandamiza ry’imbere mu Gihugu.”

Uyu muyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, Mojtaba; na we amaze iminsi agambiriwe n’ibitero Israel imaze iminsi igaba muri Iran nk’uko byatangajwe n’umwe mu bo muri Israel, gusa iki Gihugu kikaba cyizera ko yaba yarakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + twenty =

Previous Post

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

Next Post

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.