• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba
Share on FacebookShare on Twitter

Atete Kagorora wo mu Rwanda wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko ibibazo byose abatuye Ibihugu bigize uyu Muryango, bishobora kubonerwa umuti binyuze mu bufatanye.

Ni ibihembo byatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026 ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yaberaga muri Tanzania.

Atete yegukanye uyu mwanya wa mbere muri aya marushanwa yo kwandika kuri uyu muryango hagamijwe kuwumenyekanisha mu bakiri bato, yanditse ku gushyira hamwe kw’Ibihugu bigize EAC mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Uyu Munyarwandakazi ukiri muto, avuga ko uretse no ku bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere, ubufatanye bw’Ibihugu bigize uyu Muryango, bukwiye kwaguka bukanagera mu bindi bikorwa.

Ati “Atari n’ihindagurika ry’ikirere gusa, ibibazo byose duhura na byo muri EAC, bishobora gukemurwa n’uko twese dufatanyije.”

Yifashishije igitekerezo cya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda wanahawe inshingano zo kuyobora EAC, wavuze ko ubumwe bw’Ibihugu bigize uyu Muryango ari bwo pfundo rya byose, uyu mwana avuga ko na we ashyigikiye iki gitekerezo cya Museveni.

Ati “Igihe nandikana iyo essay yanjye nagerageje gusobanura uburyo ubumwe hagati y’Ibihugu byose biri muri EAC ari bwo bushobora gukemura iri hindagurika ry’ikirere.”

Mu gusoza iyi Nteko kandi hanasomwe imyanzuro yafatiwemo, irimo uwo gushima intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, unasaba impande ziri mu makimbirane guhagarika imirwano no gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yagiye asinywa.

Muri iyi nama Perezida Paul Kagame yari ahagarariwemo na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva kandi, Perezida William Ruto wa Kenya yahererekanyije ububasha na mugenzi we Yoweri Kaguta Mseveni wa Uganda ugiye kuyobora Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Perezida Kagame Paul yari ahagarariwe na Minisitiri w’Intebe

Habayeho ihererekanyabubasha hagati ya Perezida Ruto na Museveni

Atete Kagorora yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 3 =

Previous Post

Why former UR students must repay Government study loans

Next Post

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.