Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mezi atatu ari imbere, abakunzi ba ruhago muri Afurika bazinjira mu bihe bizira irungu, bakerecyeza amaso muri Côte d’Ivoire hazaba hari gukinirwa Igikombe cya Afurika. Nyuma y’uko hamenyekanye amatsinda, turebere hamwe ibyo umuntu yakwitega.

Tombola y’uko amakipe azahura mu matsinda, yabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukwakira 2023, bivuze ko buri Gihugu ubu kizi bigenzi byacyo bitatatu bizabanza guhura mu mikino yo mu matsinda.

Dusubije amaso inyuma, twareba urugendo rwa Cameroun na Senegal ifite igikombe giheruka, zahuriye mu itsinda rya 3, aho bari kumwe na Guinea na Gambia.

 

Ese Senegal yashobora kubabaza Cameroun yagiye iyiriza kenshi

Ibi Bihugu byombi bizongera guhura birwanira kuzamuka mu mikino yo gukuranwamo. Ni amakipe yombi akomeye ku Mugabane (Cameroun na Senegal) ariko by’umwihariko afitanye amateka adasanzwe.

Ni amakipe yombi yiyizi nk’amakipe akomeye cyane, dore ko n’amazina yayo abisobanura, Cameroun yitwa (indomitable Lions) mu gihe Senegal yo yitwa (Lions of Teranga).

Mu 1992 i Dakar muri Senegal, ikipe y’Igihugu ya Cameroun yasezereye Senegal muri 1/4 iyibuza amahirwe yo gukomeza muri 1/2.

Nyuma y’imyaka 10, mu 2002 muri Mali, Cameroun yasubiriye Senegal iyitsinda ku mukino wa nyuma iyitwara igikombe.

Umutoza utoza Senegal ubu Aliou Cissé yari umukinnyi icyo gihe ndetse yanahushije penaliti yari ingenzi cyane muri uyu mukino bituma Abanya-Senegal bose amarira bayatwara mu biganza.

Mu mwaka wa 2017 muri Gabon, Cameroun yongeye gusubira Senegal yongera kuyiriza ku mukino wa nyuma, iyitwara nanone igikombe cya Afurika, gusa Aliou Cissé utoza Senegal avuga ko habayeho kwihorera kwiza ubwo na bo begukana iki gikombe giheruka ndetse ikagitwarira i Yaoundé mu murwa mukuru wa Cameroun mu myaka 2 ishize.

Uko Aya makipe yagiye ahura kenshi byagiye birema uguhangana gukomeye hagati yayo ndetse kugeza ubu akaba ari namwe mu makipe macye ku Mugabane wa Afurika atozwa n’abahoze ari abakinnyi bayo bakomeye cyane. Ubwo ni Rigobert Song ku ruhande rwa Cameroun ndetse na Aliou Cissé ku ruhande rwa Senegal.

N’ubwo bisa nkaho bombi bafite amahirwe yo kuzamuka muri rino tsinda ariko ntibikuraho ko umukino uzabahuza uzaba Ari ishyiraniro.

 

Uko amatsinda ameze

  • Itsinda A: Côte d’Ivoire, Nigeria, Equatorial Guinea, Guinea Bissau
  • Itsinda B: Egypt, Ghana, Cape Verde, Mozambique
  • Itsinda C: Senegal, Cameroon, Guinea, Gambia
  • Itsinda D: Algeria, Burkina Faso, Mauritania, Angola,
  • Itsinda E: Tunisia, Mali, South Africa, Namibia,
  • Itsinda F: Morocco, DR Congo, Zambia, Tanzania.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

Next Post

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.