Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda w’imyaka 76 y’amavuko wiyemeje kubungabunga inyoni ziri gucika zizwi nka white storks, kuko azi ko ari zimwe mu rusobe rw’ibinyabuzima byiza, zigwa neza kandi zikaba zikunda abantu, zikanagira umuco nk’uw’ikiremwamuntu. Byinshi kuri izi nyoni…

Bizimana Laurent Ndatana usaba ubuyobozi gushyiraho ingamba zo kudatema ibiti kuko ari byo bituramo izi nyoni, yiyemeje kubungabunga ubuzima bwazo.

Ni urugendo yatangiye muri 2018, akorana n’inzego z’ubuyobozi, gusa ubu aravuga ko rwatangiye kuzamo icyizere kuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) cyatangiye kumwegera ngo bakorane.

We anifuza ko ubukerarugendo bushingiye kuri izi nyonzi zizwi nka ‘white storks’ ziri mu bwoko bumwe n’imisambi na nyiramurobyi, butera imbere kuko izi nyoni zishimishije.

Aganira na The New Times, Ndatana yavuze ko izi nyoni “ari nziza. Zifite imwe mu mico ijya gusa n’iy’ikiremwamuntu. Ziratuje kandi zikanasabana.”

Izi nyoni zikunze kuba mu biti zigaragara ku muhanda w’ahazwi nko kuri Sulfo mu Mujyi wa Kigali, ndetse no mu Karere ka Bugesera.

Ndatana avuga ko izi nyonzi zatangiye kuba mu Rwanda mu myaka y’ 1400. Ati “Zamenyekanye mu Rwanda kuva mu 1465 ku ngoma y’Umwami Yuhi Gahima wazise izina ‘Amatanangabo’ ryaje no guhabwa ingabo zamurindaga.”

Zizwiho kandi kuba zikunze kwimuka zigakora urugendo rurerure mu gihe zibona ko aho zari ziri haje ibishyira ubuzima bwazo mu kaga.

Ndatana yagize ati “Ahayingayinga mu 1970 ubwo nazaga muri Kigali, zabaga ku Giticyinyoni, ariko nyuma zaje kuhava ubwo ibiti byaho byatemwaga kugira ngo hakorwe umuhanda. Kuva ubwo zaje kuba ku Muhima, ariko kubera n’ubundi ibikorwa byo kubaka imihanda, nanone zarimutse, ubu ziba kuri Sulfo.”

Avuga ko ahora areba uburyo izi nyoni zikunze kuba mu bice bikunze kuba bihuze, ntizige mu mashyamba. Ati “Nibaza impamvu. Ahari ni uko zikunda abantu. Icyo ngerageza gukora ubu ni ukugerageza gusigasira izi nyoni, nkazikoraho ubushakashatsi, ubundi nkazikorera ubuvugizi kugira ngo na zo zibone amahoro.”

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu bishimirwa kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, by’umwihariko Guverinoma ikaba iherutse gufungura ku mugaragaro icyanya cy’ubukerarugendo cy’Igishanga cya Nyandungu giherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’uko gitunganyijwe, kigaterwamo ibiti.

Umwaka ushinze Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, yabwiye RADIOTV10 ko gutunganya iki gishanga byatumye ubwoko 250 bw’inyoni zari zarahunze, zigaruka, ubu zikaba ziri muri iki gishanga.

Ndatana n’umugore we bari kugaburira izi nyoni
Avuga ko zigira imico ijya gusa n’iy’Ikiremwamuntu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

Next Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n’uburyo bafashwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n'uburyo bafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.