Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda w’imyaka 76 y’amavuko wiyemeje kubungabunga inyoni ziri gucika zizwi nka white storks, kuko azi ko ari zimwe mu rusobe rw’ibinyabuzima byiza, zigwa neza kandi zikaba zikunda abantu, zikanagira umuco nk’uw’ikiremwamuntu. Byinshi kuri izi nyoni…

Bizimana Laurent Ndatana usaba ubuyobozi gushyiraho ingamba zo kudatema ibiti kuko ari byo bituramo izi nyoni, yiyemeje kubungabunga ubuzima bwazo.

Ni urugendo yatangiye muri 2018, akorana n’inzego z’ubuyobozi, gusa ubu aravuga ko rwatangiye kuzamo icyizere kuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) cyatangiye kumwegera ngo bakorane.

We anifuza ko ubukerarugendo bushingiye kuri izi nyonzi zizwi nka ‘white storks’ ziri mu bwoko bumwe n’imisambi na nyiramurobyi, butera imbere kuko izi nyoni zishimishije.

Aganira na The New Times, Ndatana yavuze ko izi nyoni “ari nziza. Zifite imwe mu mico ijya gusa n’iy’ikiremwamuntu. Ziratuje kandi zikanasabana.”

Izi nyoni zikunze kuba mu biti zigaragara ku muhanda w’ahazwi nko kuri Sulfo mu Mujyi wa Kigali, ndetse no mu Karere ka Bugesera.

Ndatana avuga ko izi nyonzi zatangiye kuba mu Rwanda mu myaka y’ 1400. Ati “Zamenyekanye mu Rwanda kuva mu 1465 ku ngoma y’Umwami Yuhi Gahima wazise izina ‘Amatanangabo’ ryaje no guhabwa ingabo zamurindaga.”

Zizwiho kandi kuba zikunze kwimuka zigakora urugendo rurerure mu gihe zibona ko aho zari ziri haje ibishyira ubuzima bwazo mu kaga.

Ndatana yagize ati “Ahayingayinga mu 1970 ubwo nazaga muri Kigali, zabaga ku Giticyinyoni, ariko nyuma zaje kuhava ubwo ibiti byaho byatemwaga kugira ngo hakorwe umuhanda. Kuva ubwo zaje kuba ku Muhima, ariko kubera n’ubundi ibikorwa byo kubaka imihanda, nanone zarimutse, ubu ziba kuri Sulfo.”

Avuga ko ahora areba uburyo izi nyoni zikunze kuba mu bice bikunze kuba bihuze, ntizige mu mashyamba. Ati “Nibaza impamvu. Ahari ni uko zikunda abantu. Icyo ngerageza gukora ubu ni ukugerageza gusigasira izi nyoni, nkazikoraho ubushakashatsi, ubundi nkazikorera ubuvugizi kugira ngo na zo zibone amahoro.”

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu bishimirwa kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, by’umwihariko Guverinoma ikaba iherutse gufungura ku mugaragaro icyanya cy’ubukerarugendo cy’Igishanga cya Nyandungu giherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’uko gitunganyijwe, kigaterwamo ibiti.

Umwaka ushinze Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, yabwiye RADIOTV10 ko gutunganya iki gishanga byatumye ubwoko 250 bw’inyoni zari zarahunze, zigaruka, ubu zikaba ziri muri iki gishanga.

Ndatana n’umugore we bari kugaburira izi nyoni
Avuga ko zigira imico ijya gusa n’iy’Ikiremwamuntu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 5 =

Previous Post

Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

Next Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n’uburyo bafashwe

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n'uburyo bafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.