Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda w’imyaka 76 y’amavuko wiyemeje kubungabunga inyoni ziri gucika zizwi nka white storks, kuko azi ko ari zimwe mu rusobe rw’ibinyabuzima byiza, zigwa neza kandi zikaba zikunda abantu, zikanagira umuco nk’uw’ikiremwamuntu. Byinshi kuri izi nyoni…

Bizimana Laurent Ndatana usaba ubuyobozi gushyiraho ingamba zo kudatema ibiti kuko ari byo bituramo izi nyoni, yiyemeje kubungabunga ubuzima bwazo.

Ni urugendo yatangiye muri 2018, akorana n’inzego z’ubuyobozi, gusa ubu aravuga ko rwatangiye kuzamo icyizere kuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) cyatangiye kumwegera ngo bakorane.

We anifuza ko ubukerarugendo bushingiye kuri izi nyonzi zizwi nka ‘white storks’ ziri mu bwoko bumwe n’imisambi na nyiramurobyi, butera imbere kuko izi nyoni zishimishije.

Aganira na The New Times, Ndatana yavuze ko izi nyoni “ari nziza. Zifite imwe mu mico ijya gusa n’iy’ikiremwamuntu. Ziratuje kandi zikanasabana.”

Izi nyoni zikunze kuba mu biti zigaragara ku muhanda w’ahazwi nko kuri Sulfo mu Mujyi wa Kigali, ndetse no mu Karere ka Bugesera.

Ndatana avuga ko izi nyonzi zatangiye kuba mu Rwanda mu myaka y’ 1400. Ati “Zamenyekanye mu Rwanda kuva mu 1465 ku ngoma y’Umwami Yuhi Gahima wazise izina ‘Amatanangabo’ ryaje no guhabwa ingabo zamurindaga.”

Zizwiho kandi kuba zikunze kwimuka zigakora urugendo rurerure mu gihe zibona ko aho zari ziri haje ibishyira ubuzima bwazo mu kaga.

Ndatana yagize ati “Ahayingayinga mu 1970 ubwo nazaga muri Kigali, zabaga ku Giticyinyoni, ariko nyuma zaje kuhava ubwo ibiti byaho byatemwaga kugira ngo hakorwe umuhanda. Kuva ubwo zaje kuba ku Muhima, ariko kubera n’ubundi ibikorwa byo kubaka imihanda, nanone zarimutse, ubu ziba kuri Sulfo.”

Avuga ko ahora areba uburyo izi nyoni zikunze kuba mu bice bikunze kuba bihuze, ntizige mu mashyamba. Ati “Nibaza impamvu. Ahari ni uko zikunda abantu. Icyo ngerageza gukora ubu ni ukugerageza gusigasira izi nyoni, nkazikoraho ubushakashatsi, ubundi nkazikorera ubuvugizi kugira ngo na zo zibone amahoro.”

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu bishimirwa kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, by’umwihariko Guverinoma ikaba iherutse gufungura ku mugaragaro icyanya cy’ubukerarugendo cy’Igishanga cya Nyandungu giherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’uko gitunganyijwe, kigaterwamo ibiti.

Umwaka ushinze Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, yabwiye RADIOTV10 ko gutunganya iki gishanga byatumye ubwoko 250 bw’inyoni zari zarahunze, zigaruka, ubu zikaba ziri muri iki gishanga.

Ndatana n’umugore we bari kugaburira izi nyoni
Avuga ko zigira imico ijya gusa n’iy’Ikiremwamuntu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

Next Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n’uburyo bafashwe

Related Posts

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

by radiotv10
13/11/2025
0

We live in a time where almost everyone is glued to their phone. TikTok, Instagram, Facebook, Snapchat, WhatsApp, these apps...

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

IZIHERUKA

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi
IBYAMAMARE

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

13/11/2025
Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Tumenye ibirambuye bikekwa ku Banya-Uganda babiri bafungiye mu Rwanda n'uburyo bafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.