Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yakuriye mu buhunzi;
  • Ubuganga ntibwari mu ndoto ze. Yakuranye inzozi zo kuzaba umusirikare;
  • Icyamubabazaga kurusha ibindi mu mwuga w’ubuganga.

Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya washinze ivuriro rikanamwitirirwa, akaba umwe mu bazwi mu buvuzi bwo mu Rwanda, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yakomeje imishinga inyuranye akorera mu Karere ka Bugesera, irimo iy’ubuhinzi ariko n’ubuvuzi yakomeje kububa hafi. Menya byinshi kuri we…

Ubwiye umuntu ivuriro ryitwa ‘La Croix du Sud’ biragoye ko yahita arimenya, ariko umubwiye kwa ‘Nyirinkwaya’ byakoroha. Ni ivuriro ryashinzwe na Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya waje no kuryitirirwa.

Uyu mugabo w’imyaka 69 y’amavuko, azobereye mu bijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, akaba afite izina rikomeye muri ubu buvuzi, kuko yafashije benshi.

Nyirinkwaya yavukiye mu buhunzi mu Burundi mu 1954, aho ku myaka itanu, umuryango we wimukiye mu Bubiligi, ariko umubyeyi we [Se] aza gusubira mu Burundi mu 1965 agiye gukora umwuga w’ubuvuzi.

Nyirinkwaya na we yatangiye kugenda ingendo y’umubyeyi we, na we yiga ubuvuzi, yiga ishami rya Medicine muri Kaminuza ya Bujumbura.

Mu 1978 yerecyeje i Dakar muri Senegal kwiga byihariye ibijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, mu ndwara z’imyanya myibarukiro, aho yibanze ku kubyaza, ubuzima bw’umwana ukivuka ndetse no gukurikirana umubyeyi umaze kwibaruka.

Ubwo yasozaga amasomo ye, yakomeje kuba muri Senegal aho yakoze umwuga we kugeza mu 1988 ubwo yasubiraga mu Burundi.

Aganira na The New Times, Nyirinkwaya yagize ati “Ubwo nagarukaga mu Burundi mu 1988, nari narashatse umugore mfite n’umwana umwe, imfura yanjye yavutse mu 1988. Ubwo nagarukaga i Burundi, natangiye gukora mu Bitaro bya Leta bya Prince Regent Charles Hospital.”

Mu 1990, yagiye gufatanya na se mu ivuriro rye, ari na bwo muri icyo gihe RPF-Inkotanyi yatangiza urugamba rwo Kwibohora.

Muri Nyakanga 1994 ubwo uru rugamba rwarangiraraga, Nyirinkwaya n’umuryango we batahutse mu Rwanda, aza no kugirwa umuyobozi mukuru wa serivisi z’ubuvuzi mu Mujyi wa Kigali, akora imyaka ibiri, kugeza mu 1996 ubwo yajyaga gutangiza ivuriro rye i Nyamirambo.

Muri 2009, yafunguye kandi ibitaro bya La Croix du Sud biherereye i Remera, ari na byo yamenyekaniyemo cyane, bikaza no kumwitirirwa, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru.

Yaninjiye mu buhinzi

Dr. Nyirinkwaya wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2021, ntakigaragara cyane mu bikorwa bya buri munsi by’ibitaro bye, nubwo akomeje kubikurikiranira hafi.

Ikinyamakuru The New Times, cyamuganirije aho asigaye akunze kuba ari mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aho akorera ibikorwa by’ubushakashatsi birimo ibiti bivamo imiti, ndeste n’ubuhinzi.

Anakora ibikorwa binyuranye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage bifitiye akamaro rusange umuryango mugari, by’umwihariko byo kuzamura abo mu byiciro byihariye, nk’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Muri aka gace kandi, ahafite umurima wa macadamia urimo ibiti ibihumbi 23, bikorwamo n’abahatuye bimaze imyaka 15, aho babasha kuhakura imibereho.

Ubuvuzi bumuri mu maraso

Dr. Nyirinkwaya unakomeje ibikorwa byo kwagura ibitaro bye ‘La Croix du Sud’, avuga ko yifuza ko bizakomeza kugira uruhare runini mu buvuzi, yaba akiriho cyangwa atakiriho.

Aho yakuriye mu buhunzi, kimwe n’abandi bana bose, yakuranye inzozi zirimo kuzaba umukanishi w’imodoka cyangwa, ukora amashanyarazi cyangwa umusirikare, avuga ko gukomeza kureba ibyo umubyeyi we yakoraga, byatumye yisanga mu buvuzi.

Ati “Iyo ukiri muto, ugenda unyura mu bintu binyuranye bishobora gutuma ufata ibyemezo runaka. Rimwe numvaga nzaba umusirikare kubera ishema ry’impuzankano zabo, ariko nanone nkumva ko uri mu Gihugu cy’abandi uri impunzi, ukumva bitazashoboka.”

Avuga ko atigeze atekereza ko azaba umuganga, ariko uko yagendaga asoma ibitabo by’umubyeyi we, byatumaga arushaho kwiyumvamo ubuganga.

Avuga ko kuba yarahisemo kuba umuganga, atabyicuza kuko yabyinjiyemo akabikora neza, kandi akaba agiye kubisigamo umurage dore ko ari n’umurage w’umubyeyi we.

Ati “Nishimiraga ibyo nakoraga kuko nari mbikunze. Iyo ufite umuhate, ushobora gukora byinshi birenze kimwe.”

 

Abantu ntibashobora kubibona ariko nanjye ndababara

Nubwo ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr. Nyirinkwaya akomeza gukora ibijyanye n’ubuhanga, kuko hari abo yagiye afasha bakomeza kumugisha inama ndetse n’abandi bamugana.

Avuga ko mu buvuzi bwe, yahuye na byinshi byamushenguraga nko kuba umurwayi yaramupfiraga mu maso cyangwa umwana ukivuka agapfa.

Ati “Igihe cyose nagiraga ikibazo, by’umwihariko iyo uruhinja cyangwa umubyeyi yitabye Imana. abantu ntibashoboraga kubibona, ariko byarambabazaga cyane.”

Avuga ko uko kwikomeza, ndetse n’ibi byose byamuberaga mu maso, byamuhaga imbaraga zo gukora ibishoboka kugira ngo ku nshuro ikurikiraho hatagira utakaza ubuzima mu maso ye.

Nyirinkwaya ubu ari mu kiruhuko cy’izabukuru (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + fifteen =

Previous Post

Igikwiye kumvikana kuri Kabuga nubwo yafatiwe icyemezo cyababaje benshi

Next Post

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.