Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yakuriye mu buhunzi;
  • Ubuganga ntibwari mu ndoto ze. Yakuranye inzozi zo kuzaba umusirikare;
  • Icyamubabazaga kurusha ibindi mu mwuga w’ubuganga.

Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya washinze ivuriro rikanamwitirirwa, akaba umwe mu bazwi mu buvuzi bwo mu Rwanda, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yakomeje imishinga inyuranye akorera mu Karere ka Bugesera, irimo iy’ubuhinzi ariko n’ubuvuzi yakomeje kububa hafi. Menya byinshi kuri we…

Ubwiye umuntu ivuriro ryitwa ‘La Croix du Sud’ biragoye ko yahita arimenya, ariko umubwiye kwa ‘Nyirinkwaya’ byakoroha. Ni ivuriro ryashinzwe na Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya waje no kuryitirirwa.

Uyu mugabo w’imyaka 69 y’amavuko, azobereye mu bijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, akaba afite izina rikomeye muri ubu buvuzi, kuko yafashije benshi.

Nyirinkwaya yavukiye mu buhunzi mu Burundi mu 1954, aho ku myaka itanu, umuryango we wimukiye mu Bubiligi, ariko umubyeyi we [Se] aza gusubira mu Burundi mu 1965 agiye gukora umwuga w’ubuvuzi.

Nyirinkwaya na we yatangiye kugenda ingendo y’umubyeyi we, na we yiga ubuvuzi, yiga ishami rya Medicine muri Kaminuza ya Bujumbura.

Mu 1978 yerecyeje i Dakar muri Senegal kwiga byihariye ibijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, mu ndwara z’imyanya myibarukiro, aho yibanze ku kubyaza, ubuzima bw’umwana ukivuka ndetse no gukurikirana umubyeyi umaze kwibaruka.

Ubwo yasozaga amasomo ye, yakomeje kuba muri Senegal aho yakoze umwuga we kugeza mu 1988 ubwo yasubiraga mu Burundi.

Aganira na The New Times, Nyirinkwaya yagize ati “Ubwo nagarukaga mu Burundi mu 1988, nari narashatse umugore mfite n’umwana umwe, imfura yanjye yavutse mu 1988. Ubwo nagarukaga i Burundi, natangiye gukora mu Bitaro bya Leta bya Prince Regent Charles Hospital.”

Mu 1990, yagiye gufatanya na se mu ivuriro rye, ari na bwo muri icyo gihe RPF-Inkotanyi yatangiza urugamba rwo Kwibohora.

Muri Nyakanga 1994 ubwo uru rugamba rwarangiraraga, Nyirinkwaya n’umuryango we batahutse mu Rwanda, aza no kugirwa umuyobozi mukuru wa serivisi z’ubuvuzi mu Mujyi wa Kigali, akora imyaka ibiri, kugeza mu 1996 ubwo yajyaga gutangiza ivuriro rye i Nyamirambo.

Muri 2009, yafunguye kandi ibitaro bya La Croix du Sud biherereye i Remera, ari na byo yamenyekaniyemo cyane, bikaza no kumwitirirwa, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru.

Yaninjiye mu buhinzi

Dr. Nyirinkwaya wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2021, ntakigaragara cyane mu bikorwa bya buri munsi by’ibitaro bye, nubwo akomeje kubikurikiranira hafi.

Ikinyamakuru The New Times, cyamuganirije aho asigaye akunze kuba ari mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aho akorera ibikorwa by’ubushakashatsi birimo ibiti bivamo imiti, ndeste n’ubuhinzi.

Anakora ibikorwa binyuranye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage bifitiye akamaro rusange umuryango mugari, by’umwihariko byo kuzamura abo mu byiciro byihariye, nk’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Muri aka gace kandi, ahafite umurima wa macadamia urimo ibiti ibihumbi 23, bikorwamo n’abahatuye bimaze imyaka 15, aho babasha kuhakura imibereho.

Ubuvuzi bumuri mu maraso

Dr. Nyirinkwaya unakomeje ibikorwa byo kwagura ibitaro bye ‘La Croix du Sud’, avuga ko yifuza ko bizakomeza kugira uruhare runini mu buvuzi, yaba akiriho cyangwa atakiriho.

Aho yakuriye mu buhunzi, kimwe n’abandi bana bose, yakuranye inzozi zirimo kuzaba umukanishi w’imodoka cyangwa, ukora amashanyarazi cyangwa umusirikare, avuga ko gukomeza kureba ibyo umubyeyi we yakoraga, byatumye yisanga mu buvuzi.

Ati “Iyo ukiri muto, ugenda unyura mu bintu binyuranye bishobora gutuma ufata ibyemezo runaka. Rimwe numvaga nzaba umusirikare kubera ishema ry’impuzankano zabo, ariko nanone nkumva ko uri mu Gihugu cy’abandi uri impunzi, ukumva bitazashoboka.”

Avuga ko atigeze atekereza ko azaba umuganga, ariko uko yagendaga asoma ibitabo by’umubyeyi we, byatumaga arushaho kwiyumvamo ubuganga.

Avuga ko kuba yarahisemo kuba umuganga, atabyicuza kuko yabyinjiyemo akabikora neza, kandi akaba agiye kubisigamo umurage dore ko ari n’umurage w’umubyeyi we.

Ati “Nishimiraga ibyo nakoraga kuko nari mbikunze. Iyo ufite umuhate, ushobora gukora byinshi birenze kimwe.”

 

Abantu ntibashobora kubibona ariko nanjye ndababara

Nubwo ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr. Nyirinkwaya akomeza gukora ibijyanye n’ubuhanga, kuko hari abo yagiye afasha bakomeza kumugisha inama ndetse n’abandi bamugana.

Avuga ko mu buvuzi bwe, yahuye na byinshi byamushenguraga nko kuba umurwayi yaramupfiraga mu maso cyangwa umwana ukivuka agapfa.

Ati “Igihe cyose nagiraga ikibazo, by’umwihariko iyo uruhinja cyangwa umubyeyi yitabye Imana. abantu ntibashoboraga kubibona, ariko byarambabazaga cyane.”

Avuga ko uko kwikomeza, ndetse n’ibi byose byamuberaga mu maso, byamuhaga imbaraga zo gukora ibishoboka kugira ngo ku nshuro ikurikiraho hatagira utakaza ubuzima mu maso ye.

Nyirinkwaya ubu ari mu kiruhuko cy’izabukuru (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 19 =

Previous Post

Igikwiye kumvikana kuri Kabuga nubwo yafatiwe icyemezo cyababaje benshi

Next Post

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.