Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yakuriye mu buhunzi;
  • Ubuganga ntibwari mu ndoto ze. Yakuranye inzozi zo kuzaba umusirikare;
  • Icyamubabazaga kurusha ibindi mu mwuga w’ubuganga.

Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya washinze ivuriro rikanamwitirirwa, akaba umwe mu bazwi mu buvuzi bwo mu Rwanda, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yakomeje imishinga inyuranye akorera mu Karere ka Bugesera, irimo iy’ubuhinzi ariko n’ubuvuzi yakomeje kububa hafi. Menya byinshi kuri we…

Ubwiye umuntu ivuriro ryitwa ‘La Croix du Sud’ biragoye ko yahita arimenya, ariko umubwiye kwa ‘Nyirinkwaya’ byakoroha. Ni ivuriro ryashinzwe na Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya waje no kuryitirirwa.

Uyu mugabo w’imyaka 69 y’amavuko, azobereye mu bijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, akaba afite izina rikomeye muri ubu buvuzi, kuko yafashije benshi.

Nyirinkwaya yavukiye mu buhunzi mu Burundi mu 1954, aho ku myaka itanu, umuryango we wimukiye mu Bubiligi, ariko umubyeyi we [Se] aza gusubira mu Burundi mu 1965 agiye gukora umwuga w’ubuvuzi.

Nyirinkwaya na we yatangiye kugenda ingendo y’umubyeyi we, na we yiga ubuvuzi, yiga ishami rya Medicine muri Kaminuza ya Bujumbura.

Mu 1978 yerecyeje i Dakar muri Senegal kwiga byihariye ibijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, mu ndwara z’imyanya myibarukiro, aho yibanze ku kubyaza, ubuzima bw’umwana ukivuka ndetse no gukurikirana umubyeyi umaze kwibaruka.

Ubwo yasozaga amasomo ye, yakomeje kuba muri Senegal aho yakoze umwuga we kugeza mu 1988 ubwo yasubiraga mu Burundi.

Aganira na The New Times, Nyirinkwaya yagize ati “Ubwo nagarukaga mu Burundi mu 1988, nari narashatse umugore mfite n’umwana umwe, imfura yanjye yavutse mu 1988. Ubwo nagarukaga i Burundi, natangiye gukora mu Bitaro bya Leta bya Prince Regent Charles Hospital.”

Mu 1990, yagiye gufatanya na se mu ivuriro rye, ari na bwo muri icyo gihe RPF-Inkotanyi yatangiza urugamba rwo Kwibohora.

Muri Nyakanga 1994 ubwo uru rugamba rwarangiraraga, Nyirinkwaya n’umuryango we batahutse mu Rwanda, aza no kugirwa umuyobozi mukuru wa serivisi z’ubuvuzi mu Mujyi wa Kigali, akora imyaka ibiri, kugeza mu 1996 ubwo yajyaga gutangiza ivuriro rye i Nyamirambo.

Muri 2009, yafunguye kandi ibitaro bya La Croix du Sud biherereye i Remera, ari na byo yamenyekaniyemo cyane, bikaza no kumwitirirwa, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru.

Yaninjiye mu buhinzi

Dr. Nyirinkwaya wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2021, ntakigaragara cyane mu bikorwa bya buri munsi by’ibitaro bye, nubwo akomeje kubikurikiranira hafi.

Ikinyamakuru The New Times, cyamuganirije aho asigaye akunze kuba ari mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aho akorera ibikorwa by’ubushakashatsi birimo ibiti bivamo imiti, ndeste n’ubuhinzi.

Anakora ibikorwa binyuranye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage bifitiye akamaro rusange umuryango mugari, by’umwihariko byo kuzamura abo mu byiciro byihariye, nk’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Muri aka gace kandi, ahafite umurima wa macadamia urimo ibiti ibihumbi 23, bikorwamo n’abahatuye bimaze imyaka 15, aho babasha kuhakura imibereho.

Ubuvuzi bumuri mu maraso

Dr. Nyirinkwaya unakomeje ibikorwa byo kwagura ibitaro bye ‘La Croix du Sud’, avuga ko yifuza ko bizakomeza kugira uruhare runini mu buvuzi, yaba akiriho cyangwa atakiriho.

Aho yakuriye mu buhunzi, kimwe n’abandi bana bose, yakuranye inzozi zirimo kuzaba umukanishi w’imodoka cyangwa, ukora amashanyarazi cyangwa umusirikare, avuga ko gukomeza kureba ibyo umubyeyi we yakoraga, byatumye yisanga mu buvuzi.

Ati “Iyo ukiri muto, ugenda unyura mu bintu binyuranye bishobora gutuma ufata ibyemezo runaka. Rimwe numvaga nzaba umusirikare kubera ishema ry’impuzankano zabo, ariko nanone nkumva ko uri mu Gihugu cy’abandi uri impunzi, ukumva bitazashoboka.”

Avuga ko atigeze atekereza ko azaba umuganga, ariko uko yagendaga asoma ibitabo by’umubyeyi we, byatumaga arushaho kwiyumvamo ubuganga.

Avuga ko kuba yarahisemo kuba umuganga, atabyicuza kuko yabyinjiyemo akabikora neza, kandi akaba agiye kubisigamo umurage dore ko ari n’umurage w’umubyeyi we.

Ati “Nishimiraga ibyo nakoraga kuko nari mbikunze. Iyo ufite umuhate, ushobora gukora byinshi birenze kimwe.”

 

Abantu ntibashobora kubibona ariko nanjye ndababara

Nubwo ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr. Nyirinkwaya akomeza gukora ibijyanye n’ubuhanga, kuko hari abo yagiye afasha bakomeza kumugisha inama ndetse n’abandi bamugana.

Avuga ko mu buvuzi bwe, yahuye na byinshi byamushenguraga nko kuba umurwayi yaramupfiraga mu maso cyangwa umwana ukivuka agapfa.

Ati “Igihe cyose nagiraga ikibazo, by’umwihariko iyo uruhinja cyangwa umubyeyi yitabye Imana. abantu ntibashoboraga kubibona, ariko byarambabazaga cyane.”

Avuga ko uko kwikomeza, ndetse n’ibi byose byamuberaga mu maso, byamuhaga imbaraga zo gukora ibishoboka kugira ngo ku nshuro ikurikiraho hatagira utakaza ubuzima mu maso ye.

Nyirinkwaya ubu ari mu kiruhuko cy’izabukuru (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

Igikwiye kumvikana kuri Kabuga nubwo yafatiwe icyemezo cyababaje benshi

Next Post

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.