Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yakuriye mu buhunzi;
  • Ubuganga ntibwari mu ndoto ze. Yakuranye inzozi zo kuzaba umusirikare;
  • Icyamubabazaga kurusha ibindi mu mwuga w’ubuganga.

Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya washinze ivuriro rikanamwitirirwa, akaba umwe mu bazwi mu buvuzi bwo mu Rwanda, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yakomeje imishinga inyuranye akorera mu Karere ka Bugesera, irimo iy’ubuhinzi ariko n’ubuvuzi yakomeje kububa hafi. Menya byinshi kuri we…

Ubwiye umuntu ivuriro ryitwa ‘La Croix du Sud’ biragoye ko yahita arimenya, ariko umubwiye kwa ‘Nyirinkwaya’ byakoroha. Ni ivuriro ryashinzwe na Dr. Jean Chrysostome Nyirinkwaya waje no kuryitirirwa.

Uyu mugabo w’imyaka 69 y’amavuko, azobereye mu bijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, akaba afite izina rikomeye muri ubu buvuzi, kuko yafashije benshi.

Nyirinkwaya yavukiye mu buhunzi mu Burundi mu 1954, aho ku myaka itanu, umuryango we wimukiye mu Bubiligi, ariko umubyeyi we [Se] aza gusubira mu Burundi mu 1965 agiye gukora umwuga w’ubuvuzi.

Nyirinkwaya na we yatangiye kugenda ingendo y’umubyeyi we, na we yiga ubuvuzi, yiga ishami rya Medicine muri Kaminuza ya Bujumbura.

Mu 1978 yerecyeje i Dakar muri Senegal kwiga byihariye ibijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi, mu ndwara z’imyanya myibarukiro, aho yibanze ku kubyaza, ubuzima bw’umwana ukivuka ndetse no gukurikirana umubyeyi umaze kwibaruka.

Ubwo yasozaga amasomo ye, yakomeje kuba muri Senegal aho yakoze umwuga we kugeza mu 1988 ubwo yasubiraga mu Burundi.

Aganira na The New Times, Nyirinkwaya yagize ati “Ubwo nagarukaga mu Burundi mu 1988, nari narashatse umugore mfite n’umwana umwe, imfura yanjye yavutse mu 1988. Ubwo nagarukaga i Burundi, natangiye gukora mu Bitaro bya Leta bya Prince Regent Charles Hospital.”

Mu 1990, yagiye gufatanya na se mu ivuriro rye, ari na bwo muri icyo gihe RPF-Inkotanyi yatangiza urugamba rwo Kwibohora.

Muri Nyakanga 1994 ubwo uru rugamba rwarangiraraga, Nyirinkwaya n’umuryango we batahutse mu Rwanda, aza no kugirwa umuyobozi mukuru wa serivisi z’ubuvuzi mu Mujyi wa Kigali, akora imyaka ibiri, kugeza mu 1996 ubwo yajyaga gutangiza ivuriro rye i Nyamirambo.

Muri 2009, yafunguye kandi ibitaro bya La Croix du Sud biherereye i Remera, ari na byo yamenyekaniyemo cyane, bikaza no kumwitirirwa, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru.

Yaninjiye mu buhinzi

Dr. Nyirinkwaya wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2021, ntakigaragara cyane mu bikorwa bya buri munsi by’ibitaro bye, nubwo akomeje kubikurikiranira hafi.

Ikinyamakuru The New Times, cyamuganirije aho asigaye akunze kuba ari mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aho akorera ibikorwa by’ubushakashatsi birimo ibiti bivamo imiti, ndeste n’ubuhinzi.

Anakora ibikorwa binyuranye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage bifitiye akamaro rusange umuryango mugari, by’umwihariko byo kuzamura abo mu byiciro byihariye, nk’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Muri aka gace kandi, ahafite umurima wa macadamia urimo ibiti ibihumbi 23, bikorwamo n’abahatuye bimaze imyaka 15, aho babasha kuhakura imibereho.

Ubuvuzi bumuri mu maraso

Dr. Nyirinkwaya unakomeje ibikorwa byo kwagura ibitaro bye ‘La Croix du Sud’, avuga ko yifuza ko bizakomeza kugira uruhare runini mu buvuzi, yaba akiriho cyangwa atakiriho.

Aho yakuriye mu buhunzi, kimwe n’abandi bana bose, yakuranye inzozi zirimo kuzaba umukanishi w’imodoka cyangwa, ukora amashanyarazi cyangwa umusirikare, avuga ko gukomeza kureba ibyo umubyeyi we yakoraga, byatumye yisanga mu buvuzi.

Ati “Iyo ukiri muto, ugenda unyura mu bintu binyuranye bishobora gutuma ufata ibyemezo runaka. Rimwe numvaga nzaba umusirikare kubera ishema ry’impuzankano zabo, ariko nanone nkumva ko uri mu Gihugu cy’abandi uri impunzi, ukumva bitazashoboka.”

Avuga ko atigeze atekereza ko azaba umuganga, ariko uko yagendaga asoma ibitabo by’umubyeyi we, byatumaga arushaho kwiyumvamo ubuganga.

Avuga ko kuba yarahisemo kuba umuganga, atabyicuza kuko yabyinjiyemo akabikora neza, kandi akaba agiye kubisigamo umurage dore ko ari n’umurage w’umubyeyi we.

Ati “Nishimiraga ibyo nakoraga kuko nari mbikunze. Iyo ufite umuhate, ushobora gukora byinshi birenze kimwe.”

 

Abantu ntibashobora kubibona ariko nanjye ndababara

Nubwo ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr. Nyirinkwaya akomeza gukora ibijyanye n’ubuhanga, kuko hari abo yagiye afasha bakomeza kumugisha inama ndetse n’abandi bamugana.

Avuga ko mu buvuzi bwe, yahuye na byinshi byamushenguraga nko kuba umurwayi yaramupfiraga mu maso cyangwa umwana ukivuka agapfa.

Ati “Igihe cyose nagiraga ikibazo, by’umwihariko iyo uruhinja cyangwa umubyeyi yitabye Imana. abantu ntibashoboraga kubibona, ariko byarambabazaga cyane.”

Avuga ko uko kwikomeza, ndetse n’ibi byose byamuberaga mu maso, byamuhaga imbaraga zo gukora ibishoboka kugira ngo ku nshuro ikurikiraho hatagira utakaza ubuzima mu maso ye.

Nyirinkwaya ubu ari mu kiruhuko cy’izabukuru (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Igikwiye kumvikana kuri Kabuga nubwo yafatiwe icyemezo cyababaje benshi

Next Post

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Related Posts

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi
MU RWANDA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.