Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Jeanine Munyeshuli, ni umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, mu mavugurura yakozwe na Perezida Paul Kagame muri iki cyumweru. Munyeshuli ni undi ukunda siporo winjiye muri Guverinoma, akaba ari n’umwarimu wa siporo izwi nka Yoga. Byinshi kuri we…

Muri Guverinoma y’u Rwanda, hasanzwe harimo bamwe mu bakunda siporo, nka Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze uherutse no gutsinda ikizamini cyatumye ahabwa umukandara wa Dani ya kabiri.

Mu mavugurura yakozwe na Perezida wa Repubulika muri Guverinoma y’u Rwanda muri iki cyumweru, yinjijemo babiri bashya bayinjiyemo bwa mbere, ari bo Umutoni Sandrire wagizwe Umunyamabanga muri Minisiteri y’Urubyiruko ndetse na Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Tugaruke kuri Jeanine Munyeshuri winjiye muri Guverinoma, yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Ingamba (Chief Strategy Officer), muri Kaminuza yigisha iby’ubuzima izwi nka University of Global Health Equity (UGHE).

Uyu mwanya yari yawugiyeho kuva mu kwezi k’Ukuboza 2021, akaba anafite ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye n’ubukungu, dore ko yabaye Umuyobozi Wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Cogebanque.

Munyeshuli uzaba ashinzwe inshingano z’iyahoze ari Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, yashehwe muri aya mavugurura yakozwe muri iki cyumweru, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’ibipimo by’ubukungu n’ibarurishamibare, yakuye muri Kaminuza ya Geneva mu Busuwisi.

Kuva muri 2010 yabaye umwe mu bagize Inama y’Umuryango uzwi nka AZAHAR Foundation, ugira uruhare mu komora abantu ibikomere by’amakimbirane n’imvururu, aho we yatangaga amasomo n’amahugurwa ya siporo ya Yoga isanzwe izwiho gukora ku mbaraga z’amarangamutima.

Muri uyu Muryango kandi, Munyeshuli yayoboraga intego zawo mu kuzanamo abagore n’urubyiruko.

Nk’uko biri mu butumwa bwe ku rubuga nkoranyambaga, akaba yari anashinzwe “kumvisha abayobozi mu nzego zo hejuru muri Politiki ndetse n’abagiraneza ngo batange umusanzu mu kugera ku ntego zacu. Nkaba narashinze ishami rya AZAHAR mu Rwanda.”

Kuva muri Mata 2018 kugeza muri 2022, Munyeshuli yari Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa mu kigo SouthBridge Group, gisanzwe ari ikigo gitanga serivisi z’imari.

Avuga ko muri iki kigo yateguye ndetse akanashyira mu bikorwa igenamigambi ndetse n’inzira zafashishije iki kigo kugera ku ntego zacyo.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa LinkedIn, Munyeshuli yagize ati “Nakurikiranaga kandi nkanayobora ibikorwa by’itsinda ry’i Kigali, kugira ngo rigere ku ntego zaryo. Nagize uruhare mu mishinga yo ku rwego rw’Isi by’umwihariko nk’impuguke mu gushyiraho imirongo yo gushaka inkunga. Natanze umusanzu mu mishinga yashyikirijwe Guverinoma zitandukanye muri Afurika ijyanye na serivisi z’ubujyanama ndetse no gukarana n’abaterankunga.”

Munyeshuli uvuga ko yaje mu Rwanda muri 2018, yakoze kandi imirimo inyuranye mu Busuwisi ijyanye n’imari n’ubukungu, asanzwe yaranaminujemo, nko kuba kuva mu 1998 kugeza muri 2002 yarabaye umusesenguzi w’amakuru ajyanye n’imibare mu kigo cyitwa Unigestin cyo muri iki Gihugu.

Jeanine Munyeshuli asanzwe ari Umusiporutive
Yigisha Yoga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 16 =

Previous Post

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ‘fun’ iri mu rubyiruko ikwiye kwitonderwa

Related Posts

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo,...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ‘fun’ iri mu rubyiruko ikwiye kwitonderwa

Perezida Kagame yagaragaje 'fun' iri mu rubyiruko ikwiye kwitonderwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.