Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Jeanine Munyeshuli, ni umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, mu mavugurura yakozwe na Perezida Paul Kagame muri iki cyumweru. Munyeshuli ni undi ukunda siporo winjiye muri Guverinoma, akaba ari n’umwarimu wa siporo izwi nka Yoga. Byinshi kuri we…

Muri Guverinoma y’u Rwanda, hasanzwe harimo bamwe mu bakunda siporo, nka Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze uherutse no gutsinda ikizamini cyatumye ahabwa umukandara wa Dani ya kabiri.

Mu mavugurura yakozwe na Perezida wa Repubulika muri Guverinoma y’u Rwanda muri iki cyumweru, yinjijemo babiri bashya bayinjiyemo bwa mbere, ari bo Umutoni Sandrire wagizwe Umunyamabanga muri Minisiteri y’Urubyiruko ndetse na Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Tugaruke kuri Jeanine Munyeshuri winjiye muri Guverinoma, yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Ingamba (Chief Strategy Officer), muri Kaminuza yigisha iby’ubuzima izwi nka University of Global Health Equity (UGHE).

Uyu mwanya yari yawugiyeho kuva mu kwezi k’Ukuboza 2021, akaba anafite ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye n’ubukungu, dore ko yabaye Umuyobozi Wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Cogebanque.

Munyeshuli uzaba ashinzwe inshingano z’iyahoze ari Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, yashehwe muri aya mavugurura yakozwe muri iki cyumweru, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’ibipimo by’ubukungu n’ibarurishamibare, yakuye muri Kaminuza ya Geneva mu Busuwisi.

Kuva muri 2010 yabaye umwe mu bagize Inama y’Umuryango uzwi nka AZAHAR Foundation, ugira uruhare mu komora abantu ibikomere by’amakimbirane n’imvururu, aho we yatangaga amasomo n’amahugurwa ya siporo ya Yoga isanzwe izwiho gukora ku mbaraga z’amarangamutima.

Muri uyu Muryango kandi, Munyeshuli yayoboraga intego zawo mu kuzanamo abagore n’urubyiruko.

Nk’uko biri mu butumwa bwe ku rubuga nkoranyambaga, akaba yari anashinzwe “kumvisha abayobozi mu nzego zo hejuru muri Politiki ndetse n’abagiraneza ngo batange umusanzu mu kugera ku ntego zacu. Nkaba narashinze ishami rya AZAHAR mu Rwanda.”

Kuva muri Mata 2018 kugeza muri 2022, Munyeshuli yari Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa mu kigo SouthBridge Group, gisanzwe ari ikigo gitanga serivisi z’imari.

Avuga ko muri iki kigo yateguye ndetse akanashyira mu bikorwa igenamigambi ndetse n’inzira zafashishije iki kigo kugera ku ntego zacyo.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa LinkedIn, Munyeshuli yagize ati “Nakurikiranaga kandi nkanayobora ibikorwa by’itsinda ry’i Kigali, kugira ngo rigere ku ntego zaryo. Nagize uruhare mu mishinga yo ku rwego rw’Isi by’umwihariko nk’impuguke mu gushyiraho imirongo yo gushaka inkunga. Natanze umusanzu mu mishinga yashyikirijwe Guverinoma zitandukanye muri Afurika ijyanye na serivisi z’ubujyanama ndetse no gukarana n’abaterankunga.”

Munyeshuli uvuga ko yaje mu Rwanda muri 2018, yakoze kandi imirimo inyuranye mu Busuwisi ijyanye n’imari n’ubukungu, asanzwe yaranaminujemo, nko kuba kuva mu 1998 kugeza muri 2002 yarabaye umusesenguzi w’amakuru ajyanye n’imibare mu kigo cyitwa Unigestin cyo muri iki Gihugu.

Jeanine Munyeshuli asanzwe ari Umusiporutive
Yigisha Yoga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + five =

Previous Post

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ‘fun’ iri mu rubyiruko ikwiye kwitonderwa

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ‘fun’ iri mu rubyiruko ikwiye kwitonderwa

Perezida Kagame yagaragaje 'fun' iri mu rubyiruko ikwiye kwitonderwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.