Thursday, February 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

radiotv10by radiotv10
19/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru batatu b’i Burundi batawe muri yombi ubwo bari bagiye gutara inkuru kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki Gihugu babanza kuhafungirwa baza koherezwa mu rwego rushinzwe ubutasi, nyuma baza kurekurwa, aho bivugwa ko bazize gufata amashusho batabifitiye uburenganzira.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gashyantare 2026 i Bujumbura, ubwo bari bagiye gutara amakuru yerecyeye uruzinduko rwa Hadja Lahbib, Komiseri w’u Burayi ushinzwe uburinganire, kwitegura no gukemura ibibazo.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, kivuga ko aba banyamakuru babanje gufungirwa muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi, nyuma baza kujyanywe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubutasi (SNR), ubundi baza kurekurwa ku mugoroba.

Aba banyamakuru batawe muri yombi ni Papy Jamaica, izina rye nyakuri ni Amani Papy Ndikumana, umuyobozi mukuru wa Papy Jamaica Video Productions i Bujumbura, ikigo gikoresha urubyiruko rwo muri ako gace; Tchandrou Nitanga, umufotozi ukorera Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (Agence France-Presse/AFP); akaba anakorana na Papy Jamaica.

SOS Médias Burundi ivuga ko ibyo guta muri yombi aba banyamakuru byatangiye ubwo Papy Jamaica yafunguraga umurongo wa interineti ya Starlink. Abo banyamwuga batatu bari bategereje ikiganiro n’abanyamakuru bari gukoresha Komiseri w’Uburayi, nyuma y’ibiganiro yariho agirana na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Édouard Bizimana.

Amakuru avuga ko uyu muminisitiri ari we wategetse ko aba banyamakuru batabwa muri yombi. Andi makuru avuga ko “gufata amashusho mu buryo butemewe n’amategeko” ari yo mpamvu yatanzwe n’abayobozi.

Aba bagabo batatu kandi bahise bahabwa amabwiriza akarishye arimo kubabuza kugirana imikoranire n’itangazamakuru ryo mu mahanga no kwakira amafaranga ribaga. Telefone zabo zasatswe kandi zafatiriwe n’inzego z’ubutasi.

Abatangabuhamya n’umuntu uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Burundi bavuze ko aba banyamakuru “Barekuwe ahagana saa cyenda n’iminota cumi n’itanu z’umugoroba.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

Related Posts

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
18/02/2026
0

Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe Uburinganire, yatangaje ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya umaze iminsi agaragara mu mashusho akoresha ibyo...

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

by radiotv10
19/02/2026
0

Leta ya Gabon ibinyujije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Itangazamakuru, yatangaje ko yahagaritse imbuga nkoranyambaga muri iki gihugu kugeza igihe...

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

by radiotv10
18/02/2026
0

Nyuma yuko hari amakuru atangajwe ko abasirikare b’u Bufaransa bagaragaye i Kisangani havugwaho kuba hari ikigo gikomeye cya FARDC iteguriramo...

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

by radiotv10
18/02/2026
0

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, wari umunsi wa kabiri w’icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro bihuje u Burusiya, Ukraine na...

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

by radiotv10
17/02/2026
0

The AFC/M23 coalition, which is fighting against the government of the Democratic Republic of Congo, has shot down three unmanned...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi
AMAHANGA

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

by radiotv10
19/02/2026
0

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

19/02/2026
Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

19/02/2026
Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

19/02/2026
Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

19/02/2026
Icyatumye Ingengo y’Imari ya Tour du Rwanda yikuba hafi kabiri cyatangajwe

Icyatumye Ingengo y’Imari ya Tour du Rwanda yikuba hafi kabiri cyatangajwe

19/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.