Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in MU RWANDA
2
Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwato buzwi nka ‘Mantis Kivu Queen Uburanga’ bukora nka Hoteli y’inyenyeri eshanu ireremba mu Kivu, bwahuriye n’ikibazo mu gice cy’iki Kiyaga giherereye mu Karere ka Nyamasheke, nyuma y’uko uwari ubutwaye agonze ikibuye kiri mu mazi, bugahagama.

Aya makuru yabanje gutangazwa n’Ikinyamakuru The New Times kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, mu butumwa cyatambukije ku mbuga nkoranyambaga zacyo.

Ibinyamakuru nka Imvaho Nshya, byatangaje amakuru byisunze aya yatangajwe na The New Times, mu butumwa bwanyujijwe kuri X, bugira buti “Ubwato bwa bwa Hoteli, ya mbere y’u Rwanda ireremba hejuru y’amazi y’ikiyaga cya Kivu Mantis Kivu Queen uBuranga, bwarohamye mu Karere ka Nyamasheke nyuma y’uko umusare wabwo agonze urutare.”

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Igihe, na yo avuga ko ubu bwato bwahuye n’iki kibazo ku wa Mbere mu masaha y’igitondo.

Iki kinyamakuru, kivuga ko ubu bwato “bwagonze ibuye hagati mu Kivu ubwo bwari bugeze mu mazi ari mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kagano ku gice cyo mu Kagari ka Ninzi.”

Amakuru avuga kandi ko ubwo ubu bwato bwari bumaze kugira iki kibazo ndetse bugahagama aho bwagongeye icyo kibuye, hahise hakorwa ubutabazi bwihuse, ku buryo abari baburimo batabawe bataragira n’umwe ugira ikibazo.

Uwatanze amakuru kandi yavuze ko umusare wari utwaye ubu bwato, yagonze icyo kintu cyatumye buhagama, atakibonye, ariko ko butigeze burohama, uretse kuba bwaheze aho bwari bugeze. Yagize ati “Ni uko kugonga cyangwa se guhagama kwabayeho.”

Iki kibazo cyabayeho ubwo ubu bwato busanzwe bukora nka Hoteli bwariho butembereza abayicumbitsemo nk’uko bisanzwe, bari kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda.

Hahise hakorwa ibikorwa by’ubutabazi

RADIOTV10

Comments 2

  1. Niyonsaba Moses says:
    1 year ago

    My God none c nta GPS cg Camera Zirebahasi muzi bugira Rwose ibyabaye byabaye ariko hongerwemo ibituma bushobora kumenya inzitizi zirimukiyaga cyakivu

    Reply
  2. 0793330687 says:
    1 year ago

    Hashakimana Emy

    Reply

Leave a Reply to 0793330687 Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Amakuru mashya y’imirwano ya M23 na FARDC yongeye gufatirwamo imbunda zirimo igezweho

Next Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya anazamura abasirikare barimo batatu binjiye mu cyiciro cy’Abajenerali

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyize mu myanya anazamura abasirikare barimo batatu binjiye mu cyiciro cy’Abajenerali

Perezida Kagame yashyize mu myanya anazamura abasirikare barimo batatu binjiye mu cyiciro cy’Abajenerali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.