Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Umuhoza Honoré wa kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho guha uwo arimo umwenda Sheki itazigamiwe, ndetse akabanza kwanga kwitaba uru rwego.

Uyu munyamakuru ukorera Radio Flash na Flash TV, yatawe muri yombi ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 26 Mutarama 2024, nyuma y’uko ahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ariko akabanza kwanga kwitaba.

Uyu munyamakuru usanzwe akorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yahamagajwe na RIB yo mu Karere ka Musanze, ariko aza gufatirwa mu Karere ka Gakenke.

Amakuru avuga ko hari umuntu yarimo umwenda w’ibihumbi 400 Frw, akaza kumusinyira Sheki, mu gihe undi na we yahise amujyana kuri RIB kuko itari izigamiwe.

Ifungwa ry’uyu munyamakuru, rwemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, wavuze ko ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze.

Yagize ati “Ni byo yafashwe nyuma yo kwanga kwitaba Ubugenzacyaha. Arakekwaho gutanga sheki itazigamiye.”

Dr Murangira kandi agira inama abantu banga kwitaba Ubugenzacyaha, ko biba bishobora kongera ibyago byo gukurikiranwa bafunze, kuko nk’uyu munyamakuru yafatiwe mu Karere gatandukanye n’ako yahamagariwemo.

Avuga ko ibi biba bigaragaza ko umuntu ashaka gutoroka Ubugenzacyaha, ku buryo iyo afashwe, akurikiranwa afunze kugira ngo adakomeza gukwepa inzego.

Uyu munyamakuru Umuhoza Honoré atawe muri yombi nyuma y’amezi macye n’ubundi afunzwe, aho mu ntangiro za Nzeri umwaka ushize wa 2023 na bwo yari yatawe muri yombi, bwo akurikiranyweho gukwirakwiza ibiteye isoni.

Ibi byaha yakekwagaho, byabaga bishingiye ku biganiro yatambutsaga ku muyoboro wa YouTube biganisha cyane ku busambanyi, nyuma aza gufungurwa by’agateganyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Next Post

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.