• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in AMAHANGA
0
Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane
Share on FacebookShare on Twitter

Umurundikazi Jessie Laura Olinka Kaneza, yitabiye Imana mu Gihugu cy’u Bubiligi, azize impanuka y’imodoka, bivugwa ko yatewe n’umuvuduko mwinshi, akaba abaye Umurundikazi witabiye Imana muri iki Gihugu mu mezi ane.

Nyakwigendera Jessie Laura Olinka Kaneza, yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 09 Werurwe 2025, azize impanuka y’imodoka yabereye mu masangano y’umuhanda wa E403 muri Komini ya Roulers-Izegem, mu Ntara ya Flande Occidental.

Amakuru yatangajwe na Polisi yo muri iki Gihugu cy’u Bubiligi, avuga ko nubwo hagikorwa iperereza, ariko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’iyi modoka yari irimo nyakwigendera n’abandi bantu.

Nanone kandi Polisi ivuga ko abari batwaye iyi modoka n’abo bari kumwe bikekwa ko bari banyoye ibisindisha byinshi, ariko ko amakuru arambuye azava mu iperereza, azatangazwa kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025.

Umwe mu bari muri iyi modoka, yatangaje ko uwari uyitwaye yananiwe kuyigarura ubwo yari igiye gusekura igice gikingiye umuhanda, agahita akubitaho, ubundi igahita ijugunya nyakwigendera hanze kuko atari yambaye umukandara, agahita ahasiga ubuzima.

Uretse uyu mukobwa w’imyaka 21 wasize ubuzima muri iyi mpanuka, nta wundi wagize icyo aba gikabije mu bari muri iyi modoka, uretse kuba bakomeretse na byo byoroheje.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Jessie Laura Olinka na bagenzi be bari bavuye mu birori byo kwishimisha mu gace ka Mouscron muri iki Gihugu cy’u Bubiligi.

Elsie Gretta usanzwe akora ibijyanye n’itangazamakuru, mu butumwa yatangaje kuri iki Cyumweru, yavuze ku rupfu rwa nyakwingera, aho yagize ati “Tubabajwe no gutangaza urupfu rwa Kaneza Olinka Laura, witabye Imana azize impanuka muri iki gitondo mu Bubiligi.”

Uyu Gretta yakomeje yihanganisha umuryango wa nyakwigendera, ndetse n’Umuryango uhuriyemo Abarundi baba mu Gihugu cy’u Bubiligi.

Nyakwigendera wabaga mu Gihugu cy’u Bubiligi nk’impunzi, abaye Umurundikazi wa gatatu usize ubuzima muri iki Gihugu mu gihe cy’amezi ane, nyuma ya Sandra Masika w’imyaka 20 na Steffy Muco w’imyaka 27, bitabye Imana mu kwezi k’Ugushyingo 2024 bazize inkongi y’umuriro.

Nyakwigendera Jessie Laura Olinka Kaneza yitabye Imana azize impanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

DRCongo: Abakomeye mu ishyaka rya Kabila wabaye Perezida ibyabo byatangiye kubakomerana

Next Post

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.