Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in AMAHANGA
0
Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane
Share on FacebookShare on Twitter

Umurundikazi Jessie Laura Olinka Kaneza, yitabiye Imana mu Gihugu cy’u Bubiligi, azize impanuka y’imodoka, bivugwa ko yatewe n’umuvuduko mwinshi, akaba abaye Umurundikazi witabiye Imana muri iki Gihugu mu mezi ane.

Nyakwigendera Jessie Laura Olinka Kaneza, yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 09 Werurwe 2025, azize impanuka y’imodoka yabereye mu masangano y’umuhanda wa E403 muri Komini ya Roulers-Izegem, mu Ntara ya Flande Occidental.

Amakuru yatangajwe na Polisi yo muri iki Gihugu cy’u Bubiligi, avuga ko nubwo hagikorwa iperereza, ariko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’iyi modoka yari irimo nyakwigendera n’abandi bantu.

Nanone kandi Polisi ivuga ko abari batwaye iyi modoka n’abo bari kumwe bikekwa ko bari banyoye ibisindisha byinshi, ariko ko amakuru arambuye azava mu iperereza, azatangazwa kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025.

Umwe mu bari muri iyi modoka, yatangaje ko uwari uyitwaye yananiwe kuyigarura ubwo yari igiye gusekura igice gikingiye umuhanda, agahita akubitaho, ubundi igahita ijugunya nyakwigendera hanze kuko atari yambaye umukandara, agahita ahasiga ubuzima.

Uretse uyu mukobwa w’imyaka 21 wasize ubuzima muri iyi mpanuka, nta wundi wagize icyo aba gikabije mu bari muri iyi modoka, uretse kuba bakomeretse na byo byoroheje.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Jessie Laura Olinka na bagenzi be bari bavuye mu birori byo kwishimisha mu gace ka Mouscron muri iki Gihugu cy’u Bubiligi.

Elsie Gretta usanzwe akora ibijyanye n’itangazamakuru, mu butumwa yatangaje kuri iki Cyumweru, yavuze ku rupfu rwa nyakwingera, aho yagize ati “Tubabajwe no gutangaza urupfu rwa Kaneza Olinka Laura, witabye Imana azize impanuka muri iki gitondo mu Bubiligi.”

Uyu Gretta yakomeje yihanganisha umuryango wa nyakwigendera, ndetse n’Umuryango uhuriyemo Abarundi baba mu Gihugu cy’u Bubiligi.

Nyakwigendera wabaga mu Gihugu cy’u Bubiligi nk’impunzi, abaye Umurundikazi wa gatatu usize ubuzima muri iki Gihugu mu gihe cy’amezi ane, nyuma ya Sandra Masika w’imyaka 20 na Steffy Muco w’imyaka 27, bitabye Imana mu kwezi k’Ugushyingo 2024 bazize inkongi y’umuriro.

Nyakwigendera Jessie Laura Olinka Kaneza yitabye Imana azize impanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eight =

Previous Post

DRCongo: Abakomeye mu ishyaka rya Kabila wabaye Perezida ibyabo byatangiye kubakomerana

Next Post

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.