Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in AMAHANGA
0
Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane
Share on FacebookShare on Twitter

Umurundikazi Jessie Laura Olinka Kaneza, yitabiye Imana mu Gihugu cy’u Bubiligi, azize impanuka y’imodoka, bivugwa ko yatewe n’umuvuduko mwinshi, akaba abaye Umurundikazi witabiye Imana muri iki Gihugu mu mezi ane.

Nyakwigendera Jessie Laura Olinka Kaneza, yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 09 Werurwe 2025, azize impanuka y’imodoka yabereye mu masangano y’umuhanda wa E403 muri Komini ya Roulers-Izegem, mu Ntara ya Flande Occidental.

Amakuru yatangajwe na Polisi yo muri iki Gihugu cy’u Bubiligi, avuga ko nubwo hagikorwa iperereza, ariko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’iyi modoka yari irimo nyakwigendera n’abandi bantu.

Nanone kandi Polisi ivuga ko abari batwaye iyi modoka n’abo bari kumwe bikekwa ko bari banyoye ibisindisha byinshi, ariko ko amakuru arambuye azava mu iperereza, azatangazwa kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025.

Umwe mu bari muri iyi modoka, yatangaje ko uwari uyitwaye yananiwe kuyigarura ubwo yari igiye gusekura igice gikingiye umuhanda, agahita akubitaho, ubundi igahita ijugunya nyakwigendera hanze kuko atari yambaye umukandara, agahita ahasiga ubuzima.

Uretse uyu mukobwa w’imyaka 21 wasize ubuzima muri iyi mpanuka, nta wundi wagize icyo aba gikabije mu bari muri iyi modoka, uretse kuba bakomeretse na byo byoroheje.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Jessie Laura Olinka na bagenzi be bari bavuye mu birori byo kwishimisha mu gace ka Mouscron muri iki Gihugu cy’u Bubiligi.

Elsie Gretta usanzwe akora ibijyanye n’itangazamakuru, mu butumwa yatangaje kuri iki Cyumweru, yavuze ku rupfu rwa nyakwingera, aho yagize ati “Tubabajwe no gutangaza urupfu rwa Kaneza Olinka Laura, witabye Imana azize impanuka muri iki gitondo mu Bubiligi.”

Uyu Gretta yakomeje yihanganisha umuryango wa nyakwigendera, ndetse n’Umuryango uhuriyemo Abarundi baba mu Gihugu cy’u Bubiligi.

Nyakwigendera wabaga mu Gihugu cy’u Bubiligi nk’impunzi, abaye Umurundikazi wa gatatu usize ubuzima muri iki Gihugu mu gihe cy’amezi ane, nyuma ya Sandra Masika w’imyaka 20 na Steffy Muco w’imyaka 27, bitabye Imana mu kwezi k’Ugushyingo 2024 bazize inkongi y’umuriro.

Nyakwigendera Jessie Laura Olinka Kaneza yitabye Imana azize impanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 14 =

Previous Post

DRCongo: Abakomeye mu ishyaka rya Kabila wabaye Perezida ibyabo byatangiye kubakomerana

Next Post

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.