• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa mbere y’ibiganiro bya mbere bya M23 n’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, Ihuriro AFC ribarizwamo n’uyu mutwe riragirana ibiganiro by’imbonankubone na Guverinoma ya DRC, aho bivugwa ko iri Huriro ryamaze gushyikiriza umuhuza (Qatar) urutonde rw’ibyo risaba.

Ibi biganiro bitangira none ku wa Gatatu tariki 09 Mata 2025, i Doha muri Qatar, byitezweho gutanga umurongo w’igisubizo cyashyira iherezo ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Intego nyamukuru y’ibi biganiro, ni ukugarura amahoro muri aka gace kamaze igihe ari isibaniro ry’imirwano imaze igihe ihaganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya DRC (FARDC) gifatanyije n’impande zigiha umusada zirimo Ingabo z’u Burundi, umutwe w’Abajenosideri wa FDRL n’uwa Wazalendo.

Uyu mutwe wa M23 wari waramaze kwitwa uw’iterabwoba n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, none tariki 09 Mata, biteganyijwe ko abawuhagarariye bahura n’abahagarariye Guverinoma y’iki Gihugu mu biganiro by’imishyikirano bigamije gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Amakuru avuga ko iri Huriro AFC/M23 ryamaze gushyikiriza umuhuza ari we Guverinoma ya Qatar urutonde rw’ibyo risaba ko bigomba kubahirizwa.

Iri Huriro rirasaba ko rihabwa imirongo itanga icyizere gisesuye ko ubutegetsi bwa Congo koko buje mu biganiro bubishaka atari urwiyerurutso ndetse ko imyanzuro izafatirwa muri iyi mishyikirano izubahirizwa.

Mu gihe ibi biganiro biba ku nshuro ya mbere byagira icyo bigeraho, biteganyijwe ko hazatangira ibindi biganiro bigamije kuganira ku ngingo z’ingenzi z’ibigomba gukorwa, birimo inzira yo guhagarika imirwano, gusesengura ibisabwa na AFC/M23 ndetse n’ishingiro ry’ibisabwa na Guverinoma ya Congo.

Abasesenguzi bavuga ko kugira ngo ibi biganiro bigire icyo bigeraho, bisaba ko Guverinoma ya Qatar nk’umuhuza, igomba na yo gushyiramo n’igitsure mu gihe iyoboye ibi biganiro.

Ibi biganiro bigiye kuba ku nshuro ya mbere hagati ya Leta ya Kinshasa na AFC/M23, bije bikurikira ibyagiye biba mu byiciro, aho amatsinda ku mpande zirebwa n’ibi bibazo yagiye yakirwa muri Qatar, arimo ay’impuguke mu by’ubutasi, mu bya gisirikare ndetse n’abasesenguzi mu bya Politiki.

Ni ibiganiro kandi bigiye kuba nyuma y’ibyumweru bitatu, Perezida Paul Kagame w’u Rwanea anahuriye na Felix Tshisekedi wa DRC, i Doha muri Qatar, mu biganiro byayobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheihk Tamim Ben Hamad Al Thani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa America yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatusi

Next Post

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.