Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahungiye mu Rwanda nyuma yo gukubitwa incuro na M23, bavuga ko bari bananiwe kandi babona nta n’umusada babona badafite n’inzi nzira, bagahitamo gukuramo akabo karenge bakinjira mu Rwanda kandi ko bishimiye uburyo bakiriwe neza.

Ni abasirikare bagera muri 25 ba FARDC binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière, nyuma yo kuneshwa n’umutwe wa M23 wamaze gutangaza ko wabohoje Umujyi wa Goma.

Aba basirikare bakigera mu Rwanda, bakiriwe n’inzego z’umutekano zarwo, zabambuye intwaro zabo ndetse n’ibindi bikoresho byose bya gisirikare bari bafite.

Aba basirikare kandi basatswe ibyo bari bafite byose kugira ngo batagira ibyo basigarana byahungabanya umutekano w’Abaturarwanda, banasanganwa n’urumogi bitwazaga bakananywa muri uru rugamba.

Umwe muri aba basirikare, aganira n’umunyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA, yavuze ko bafashe icyemezo cyo kwerecyeza mu Rwanda nyuma yo kubona ko ntayandi mahitamo.

Ati “Twari tumaze kubura inzira kandi tunaniwe cyane kandi twanabuze umusada, duhitamo guhita dukuramo akacu karenge.”

Uyu musirikare wa Congo, abajijwe uko yakiriwe mu Rwanda n’inzego z’umutekano zarwo, yagize ati “Batwakiriye neza cyane, twahageze amahoro.”

Aba basirikare bahungiye mu Rwanda, nyuma y’amasaha macye umutwe wa M23 ushyize hanze itangazo mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, uvuga ko Umujyi wa Goma wamaze kubohorwa, ndetse unasaba abasirikare b’uruhande bahanganye, kujya gushyikiriza intwaro ingabo za MONUSCO, ndetse bamwe bakaba banabikoze.

Ni mu gihe kandi muri aya masaha twandikiyeho iyi nkuru, mu bice byo muri uyu mujyi wa Goma, hagikomeje kumvikana urusaku rw’amasasu, arimo n’ari kugwa mu Rwanda yanakomerekeje bamwe mu Baturarwanda, akanangiza ibikorwa byabo, aho bivugwa ko hari ibice bikiri kuberamo imirwano.

Aba basirikare bagera muri 25

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − five =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Ruto yahaye Perezida Kagame na Tshisekedi n’ikigomba gukurikiraho

Next Post

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.