Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango
Share on FacebookShare on Twitter

Iran yagabye igitero gikomeye kuri Israel cya misile zigera muri 200 yarashe kuri iki Gihugu bimaze iminsi birebana ay’ingwe, cyasize Benjamin Netanyahu avuze ko Iran igiye kubona akaga, ibintu byatumye hatekerezwa ko intambara imaze iminsi ishobora gukaza umurego.

Ni igitero cyabaye kuri uyu wa Kabiri aharashwe ibisasu bya rutura bya misile, aho Iran yavuze ko cyari kigambiriye guha isomo igisirikare cya Israel no kwihorera kubera iyicwa ry’Umuyobozi wa Hezbollah, Hassan Nasrallah ndetse n’uwa Hamas mu bya Politiki, Ismail Haniyeh.

Ni cyo gitero cya mbere gikomeye Iran yagabye kuri Israel kuva ibi Bihugu byombi byagirana amakimbirane ashingiye ku kuba Iran ishyigikiye imitwe wa Hezbollah na Hamas, imaze igihe ihanganye na Israel.

Ibi bisasu bya misile byarashwe na Iran, byinshi byagiye biburizwamo, binagabanyirizwa ubukana n’Igisirikare cya Israel gifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ibindi Bihugu bishyigikiye Israel.

Umuntu umwe yahitanywe n’iki gitero, mu gihe ibyangijwe na cyo bitarajya ku mugaragaro, aho bivugwa ko ibisasu byinshi byabaga bigambiriye kuraswa ku Biro bikuru by’Ikigo cy’Ubutasi cya Israel Mossad, ndeste no ku mashami abiri yabyo.

Nyuma y’iki gitero, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Iran “Yakoze ikosa rikomeye” kandi ko “izabyishyura”, ibintu byatumye hazamuka ikikango ko ibintu bishobora kuba bibi kurushaho.

Mu nama y’umutekano yayoboye, Netanyahu yagize ati “Ubutegetsi bwa Iran ntabwo buzi uburyo duhorana ubushake budahangarwa bwo kwirinda ndetse n’imbaraga dushyira mu guhangana n’abanzi bacu.”

Netanyahu wavuze ko iki gitero cya Iran ari intsinzwi ikomeye, yatangaje ko iki Gihugu cya Iran na cyo kigiye kubona akaga nk’aka Gaza na Liban. Ati “Uzatugabaho igitero wese, na twe tuzakimugabaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Next Post

BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

by radiotv10
16/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that it has agreed...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

IZIHERUKA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura
AMAHANGA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

16/12/2025
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

16/12/2025
Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.