Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango
Share on FacebookShare on Twitter

Iran yagabye igitero gikomeye kuri Israel cya misile zigera muri 200 yarashe kuri iki Gihugu bimaze iminsi birebana ay’ingwe, cyasize Benjamin Netanyahu avuze ko Iran igiye kubona akaga, ibintu byatumye hatekerezwa ko intambara imaze iminsi ishobora gukaza umurego.

Ni igitero cyabaye kuri uyu wa Kabiri aharashwe ibisasu bya rutura bya misile, aho Iran yavuze ko cyari kigambiriye guha isomo igisirikare cya Israel no kwihorera kubera iyicwa ry’Umuyobozi wa Hezbollah, Hassan Nasrallah ndetse n’uwa Hamas mu bya Politiki, Ismail Haniyeh.

Ni cyo gitero cya mbere gikomeye Iran yagabye kuri Israel kuva ibi Bihugu byombi byagirana amakimbirane ashingiye ku kuba Iran ishyigikiye imitwe wa Hezbollah na Hamas, imaze igihe ihanganye na Israel.

Ibi bisasu bya misile byarashwe na Iran, byinshi byagiye biburizwamo, binagabanyirizwa ubukana n’Igisirikare cya Israel gifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ibindi Bihugu bishyigikiye Israel.

Umuntu umwe yahitanywe n’iki gitero, mu gihe ibyangijwe na cyo bitarajya ku mugaragaro, aho bivugwa ko ibisasu byinshi byabaga bigambiriye kuraswa ku Biro bikuru by’Ikigo cy’Ubutasi cya Israel Mossad, ndeste no ku mashami abiri yabyo.

Nyuma y’iki gitero, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Iran “Yakoze ikosa rikomeye” kandi ko “izabyishyura”, ibintu byatumye hazamuka ikikango ko ibintu bishobora kuba bibi kurushaho.

Mu nama y’umutekano yayoboye, Netanyahu yagize ati “Ubutegetsi bwa Iran ntabwo buzi uburyo duhorana ubushake budahangarwa bwo kwirinda ndetse n’imbaraga dushyira mu guhangana n’abanzi bacu.”

Netanyahu wavuze ko iki gitero cya Iran ari intsinzwi ikomeye, yatangaje ko iki Gihugu cya Iran na cyo kigiye kubona akaga nk’aka Gaza na Liban. Ati “Uzatugabaho igitero wese, na twe tuzakimugabaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Next Post

BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.