Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango
Share on FacebookShare on Twitter

Iran yagabye igitero gikomeye kuri Israel cya misile zigera muri 200 yarashe kuri iki Gihugu bimaze iminsi birebana ay’ingwe, cyasize Benjamin Netanyahu avuze ko Iran igiye kubona akaga, ibintu byatumye hatekerezwa ko intambara imaze iminsi ishobora gukaza umurego.

Ni igitero cyabaye kuri uyu wa Kabiri aharashwe ibisasu bya rutura bya misile, aho Iran yavuze ko cyari kigambiriye guha isomo igisirikare cya Israel no kwihorera kubera iyicwa ry’Umuyobozi wa Hezbollah, Hassan Nasrallah ndetse n’uwa Hamas mu bya Politiki, Ismail Haniyeh.

Ni cyo gitero cya mbere gikomeye Iran yagabye kuri Israel kuva ibi Bihugu byombi byagirana amakimbirane ashingiye ku kuba Iran ishyigikiye imitwe wa Hezbollah na Hamas, imaze igihe ihanganye na Israel.

Ibi bisasu bya misile byarashwe na Iran, byinshi byagiye biburizwamo, binagabanyirizwa ubukana n’Igisirikare cya Israel gifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ibindi Bihugu bishyigikiye Israel.

Umuntu umwe yahitanywe n’iki gitero, mu gihe ibyangijwe na cyo bitarajya ku mugaragaro, aho bivugwa ko ibisasu byinshi byabaga bigambiriye kuraswa ku Biro bikuru by’Ikigo cy’Ubutasi cya Israel Mossad, ndeste no ku mashami abiri yabyo.

Nyuma y’iki gitero, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Iran “Yakoze ikosa rikomeye” kandi ko “izabyishyura”, ibintu byatumye hazamuka ikikango ko ibintu bishobora kuba bibi kurushaho.

Mu nama y’umutekano yayoboye, Netanyahu yagize ati “Ubutegetsi bwa Iran ntabwo buzi uburyo duhorana ubushake budahangarwa bwo kwirinda ndetse n’imbaraga dushyira mu guhangana n’abanzi bacu.”

Netanyahu wavuze ko iki gitero cya Iran ari intsinzwi ikomeye, yatangaje ko iki Gihugu cya Iran na cyo kigiye kubona akaga nk’aka Gaza na Liban. Ati “Uzatugabaho igitero wese, na twe tuzakimugabaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 12 =

Previous Post

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Next Post

BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

BREAKING: Hatangajwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.