• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango MAGA (Make America Great Again) wubakiye ku ntego ya Perezida Donald Trump, urasaba ko Charlie Kirk wari umwe baharanira iki gitekerezo wishwe arasiwe mu ruhame, yashyirwa mu bahowe guharanira ukuri n’ubwisanzure.

Charlie Kirk yishwe arasiwe mu ruhame kuri uyu wa Gatatu tariki 10 ubwo yari ari gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Utah muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni urupfu rwashenguye benshi barimo Perezida Donald Trump wari inkoramutima ye, wanamufashije mu kwamamaza intekerezo ye yo gusubiza America ubuhangange bwayo mu bizwi nka Make America Great Again.

Mu butumwa bw’amashusho bwa Trump, yagize ati “Nshuti bavandimwe b’Abanyamerika, mbabajwe kandi nshenguwe n’iyicwa rya Charlie Kirk warasiwe muri Utah. Charlie yabereye urugero benshi, abantu bose barabizi namukundaga cyane. Charlie yakundaga Igihugu.”

Bamwe mu bafite amazina akomeye mu Muryango MAGA (Make America Great Again) barasaba ko uyu mugabo ashyirwa mu bahowe (martyr) guharanira ukuri n’ukwishyira ukizana.

Bavuga ko yazize guharanira indagagaciro za gi-conservative zo gukomera ku mahame yo hambere ndetse n’iza gikristu.

Uyu watangaga ibiganiro bizwi nka Podcast ku bijyanye no gukomera ku mahame, akaba ndetse yari umwe mu bigaruriye imitima y’abashyigikiye Trump, iyicwa rye rikomeje kuba amayobera, kuko hagikomeje gushakiswa uwaba wamwivuganye.

Perezida Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, we ashinja abo badahuje imyumvire kuba inyuma y’urupfu rw’uyu mugabo.

Yagize ati “Kuva mu myaka yatambutse, abadahuje ibitekerezo natwe bakomeje gufata Abanyamerika badasanzwe nka Charlie, bakabagereranya n’aba Nazis cyangwa nk’abanyabyaha n’abicanyi. Iyi myumvire ntaho itandukaniye n’ubuterabwoba tudashobora kwihanganira mu Gihugu cyacu, kandi bikwiye guhagarara vuba na bwangu.”

Trump kandi yizeje ko ubuyobozi bwe buzatahura abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi bwakorewe Charlie ndetse n’ibindi bikorwa byose by’urugomo, ndetse hanatahurwe imiryango yose yaba ibatera inkunga inabashyigikiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

Next Post

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy'umwaka afunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.