Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi ukekwaho gutera igisasu cya grenade mugenzi we akekaho kumuca inyuma, amakuru aravuga ko yamaze gutabwa muri yombi afatiwe mu Mujyi wa Kigali, mu gihe uyu mugore avuga ko batandukanye, ndetse nta mubano udasanzwe afitanye n’uwatewe iki gisasu.

Jean Baptiste Nkuriyingoma ukekwaho iki gikorwa cyo gutera grenade mugenzi we Muganza Jean Marie Vianney mu Kagari ka Mbati, ubwo yajyaga iwe akahatera iki gisasu, agahita acika.

Kuva icyo gihe inzego z’ubuyobozi zahise zitangira kumushakisha, nk’uko byari byemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvère.

Amakuru yamenyekanye ava mu baturage bo muri aka gace ibi byabereyemo, avuga ko Nkuriyingoma yafatiwe mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Umwe mu baturage, avuga ko bamenye amakuru ko uyu muturage yafashwe ejo hashize ku manywa ahagana saa munani nyuma y’amasaha ateye kiriya gisasu.

Yagize ati “Twamenye ko Inzego z’Umutekano zamufashe saa munani za ku manywa, grenade yari yayiteye saa tatu.”

Abaturanyi b’uyu mugabo, bavuga kandi ko yigeze gukora mu nzego z’umutekano akaza gusezererwa, ndetse ko amaze iminsi agaragaza ibibazo by’ihungabana ashobora kuba aterwa n’ubuzima yanyuzemo ndetse n’iby’urushako rwe.

Uyu yateye Grenade, bivugwa ko yamutwaye umugore ndetse ko umuryango we ari wo wamwiciye ababyeyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo bimuhungabanya cyane.

Abaturage bavuga ko uyu mugabo yari asanzwe arangwa n’imico myiza, ku buryo na bo batunguwe n’iki gikorwa yakoze cyo gutera grenade mugenzi we.

Uyu mugore ashinja kumuta agasanga uriya mugabo yatewe grenade, avuga ko atakiri umugore we kuko bamaze guhabwa gatanya yemewe mu buryo bw’amategeko.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, uyu mugore yagize ati “Kuki akomeza kunyita umugore we kandi tutakibana? Gatanya twayihawe umwaka ushize wa 2024.”

Avuga ko gatanya yabo batangiye kuyiburana mu mwaka wa 2020 bitewe n’ibibazo bagiranaga bishingiye ku kuba umugabo we yarataye urugo.

Ati “Natunguwe no kubona mu itangazamakuru bavuze ko ndi umugore we. Ntabwo ari byo kuko ndimo gutegura gukora ubukwe n’undi mugabo.”

Uyu mugore avuga kandi ko nta mubano udasanzwe afitanye n’uyu mugabo witwa Muganza Jean Marie Vianney watewe grenade n’uyu mugabo batandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze

Next Post

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.