Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibura ry’iteka rya Minisitiri rihana abakoze ibyaha byoroheje ritera ubucucike mu magereza

radiotv10by radiotv10
08/07/2021
in MU RWANDA, Uncategorized
0
Ibura ry’iteka rya Minisitiri rihana abakoze ibyaha byoroheje ritera ubucucike mu magereza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuba Hatarajyaho iteka rya minisitiri w’ubutabera rigena uko itegeko ryo  guhanisha abakoze ibyaha byoroheje, igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ni kimwe mu bituma ishyirwa mu bikorwa byaryo bigorana nyamara ngo bikozwe byagabanya ubucucike mu za gereza zo mu Rwanda riri ku rwego rwo hejuru.

Raporo ya Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iheruka, yerekanye ko  muri 2019 ubucucike muri gereza buri ku 124%  nyamara igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda  mu ngingo ya 47 rivuga ko: Itangwa ry’igihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro ivuga ko abakoze ibyaha byoroheje bihanwa n’igihano cyitarengeje igifungo cy’imyaka 5 bajya bahabwa ibihano nsimburagifungo  ariko  hakanajyaho iteka rya minisitiri w’ubutabera  nyamara kuva 2018 iri teka ntirirajyaho   kandi hari abaturage bavuga ko ibibihano bigiyeho babyishimira

Umwe yagize ati “Hagiyeho ikigihano byaba ari byiza kuko barya badakora ariko icyogihe bakoze TIG byatuma binjiriza igihugu “

Undi yunzemo ko  byatuma ubucucike  muri gereza bugabanuka.

“Urabona gereza zaruzuye kandi babahaye gukora ibyo bihano bifitiye igihugu akamaro byatuma bikosora kandi bakanakora ibiteza imbere igihugu mbese urugero bakubakira nk’abapfakazi bagakubura imihanda cyangwa bagatunganya za sitade”

Inteko Ishingamategeko umutwe wa SENA, na yo iherutse kuvuga ko guhanishwa imirimo y’inyungu rusange ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ari byo bishobora kuzaba umuti mukugabanya ubucucike muri za gereza.

Kuba hatarajyaho iteka rya Minisitiri w’ubutabera ni imwe mu mbogamizi ituma habaho kugorana  mu ishyirwa mubikorwa by’iritegeko nk’uko bisobanurwa na Me Mukashema Marie Louise wo mu muryango utanga ubufasha mu by’amategeko.

“N’ubwo rero biri mu mategeko haracyari imbogamizi z’uko hari iteka rigena uburyo bishyirwa mu bikorwa. Ibyo rero n’icyo kibazo gihari, nibaza ko rero inzego bireba zigomba kubikoraho hakajyaho iteka noneho bizashyirwe mu bikorwa” Me Mukashema

Yakomeje agira ati “Ingaruka zo zorahari kubera ko ziri mu  buryo bubiri. Ufata icyemezo cyangwa inkiko bibaza bati “ese nimfatira uyu muntu icyemezo nkamusabira igihano nsimbura gifungo, kirashyirwa mu bikorwa gute?. Ese niba ishyizwe mu bikorwa bizaba biri mu buryo bunoze?

“Izindi mbogamizi ni ku bantu bahawe ibyo bihano. Ashobora kuba yahabwa icyo gihano ariko ishyirwa mu bikorwa by’igihano yahawe bigateza imbogamizi” Me Mukashema

Igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda  mu  Ingingo ya 50 biteganywa ko uburyo bwo gukora igihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro bushyirwaho n’iteka rya Perezida wa Repubulika nyamara kugeza  ubu ntirirajyaho ndetse ni rya minisitiri w’ubutabera

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

#TOTALCAFCLQ: Scandinavia WFC yamenye amakipe bazahura bashaka itike ya TOTAL Champions League

Next Post

Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Related Posts

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

by radiotv10
15/10/2025
0

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

by radiotv10
15/10/2025
0

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa...

IZIHERUKA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga
AMAHANGA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.