Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibura ry’iteka rya Minisitiri rihana abakoze ibyaha byoroheje ritera ubucucike mu magereza

radiotv10by radiotv10
08/07/2021
in MU RWANDA, Uncategorized
0
Ibura ry’iteka rya Minisitiri rihana abakoze ibyaha byoroheje ritera ubucucike mu magereza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuba Hatarajyaho iteka rya minisitiri w’ubutabera rigena uko itegeko ryo  guhanisha abakoze ibyaha byoroheje, igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ni kimwe mu bituma ishyirwa mu bikorwa byaryo bigorana nyamara ngo bikozwe byagabanya ubucucike mu za gereza zo mu Rwanda riri ku rwego rwo hejuru.

Raporo ya Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iheruka, yerekanye ko  muri 2019 ubucucike muri gereza buri ku 124%  nyamara igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda  mu ngingo ya 47 rivuga ko: Itangwa ry’igihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro ivuga ko abakoze ibyaha byoroheje bihanwa n’igihano cyitarengeje igifungo cy’imyaka 5 bajya bahabwa ibihano nsimburagifungo  ariko  hakanajyaho iteka rya minisitiri w’ubutabera  nyamara kuva 2018 iri teka ntirirajyaho   kandi hari abaturage bavuga ko ibibihano bigiyeho babyishimira

Umwe yagize ati “Hagiyeho ikigihano byaba ari byiza kuko barya badakora ariko icyogihe bakoze TIG byatuma binjiriza igihugu “

Undi yunzemo ko  byatuma ubucucike  muri gereza bugabanuka.

“Urabona gereza zaruzuye kandi babahaye gukora ibyo bihano bifitiye igihugu akamaro byatuma bikosora kandi bakanakora ibiteza imbere igihugu mbese urugero bakubakira nk’abapfakazi bagakubura imihanda cyangwa bagatunganya za sitade”

Inteko Ishingamategeko umutwe wa SENA, na yo iherutse kuvuga ko guhanishwa imirimo y’inyungu rusange ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ari byo bishobora kuzaba umuti mukugabanya ubucucike muri za gereza.

Kuba hatarajyaho iteka rya Minisitiri w’ubutabera ni imwe mu mbogamizi ituma habaho kugorana  mu ishyirwa mubikorwa by’iritegeko nk’uko bisobanurwa na Me Mukashema Marie Louise wo mu muryango utanga ubufasha mu by’amategeko.

“N’ubwo rero biri mu mategeko haracyari imbogamizi z’uko hari iteka rigena uburyo bishyirwa mu bikorwa. Ibyo rero n’icyo kibazo gihari, nibaza ko rero inzego bireba zigomba kubikoraho hakajyaho iteka noneho bizashyirwe mu bikorwa” Me Mukashema

Yakomeje agira ati “Ingaruka zo zorahari kubera ko ziri mu  buryo bubiri. Ufata icyemezo cyangwa inkiko bibaza bati “ese nimfatira uyu muntu icyemezo nkamusabira igihano nsimbura gifungo, kirashyirwa mu bikorwa gute?. Ese niba ishyizwe mu bikorwa bizaba biri mu buryo bunoze?

“Izindi mbogamizi ni ku bantu bahawe ibyo bihano. Ashobora kuba yahabwa icyo gihano ariko ishyirwa mu bikorwa by’igihano yahawe bigateza imbogamizi” Me Mukashema

Igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda  mu  Ingingo ya 50 biteganywa ko uburyo bwo gukora igihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro bushyirwaho n’iteka rya Perezida wa Repubulika nyamara kugeza  ubu ntirirajyaho ndetse ni rya minisitiri w’ubutabera

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eleven =

Previous Post

#TOTALCAFCLQ: Scandinavia WFC yamenye amakipe bazahura bashaka itike ya TOTAL Champions League

Next Post

Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.