Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibura ry’iteka rya Minisitiri rihana abakoze ibyaha byoroheje ritera ubucucike mu magereza

radiotv10by radiotv10
08/07/2021
in MU RWANDA, Uncategorized
0
Ibura ry’iteka rya Minisitiri rihana abakoze ibyaha byoroheje ritera ubucucike mu magereza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuba Hatarajyaho iteka rya minisitiri w’ubutabera rigena uko itegeko ryo  guhanisha abakoze ibyaha byoroheje, igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ni kimwe mu bituma ishyirwa mu bikorwa byaryo bigorana nyamara ngo bikozwe byagabanya ubucucike mu za gereza zo mu Rwanda riri ku rwego rwo hejuru.

Raporo ya Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iheruka, yerekanye ko  muri 2019 ubucucike muri gereza buri ku 124%  nyamara igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda  mu ngingo ya 47 rivuga ko: Itangwa ry’igihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro ivuga ko abakoze ibyaha byoroheje bihanwa n’igihano cyitarengeje igifungo cy’imyaka 5 bajya bahabwa ibihano nsimburagifungo  ariko  hakanajyaho iteka rya minisitiri w’ubutabera  nyamara kuva 2018 iri teka ntirirajyaho   kandi hari abaturage bavuga ko ibibihano bigiyeho babyishimira

Umwe yagize ati “Hagiyeho ikigihano byaba ari byiza kuko barya badakora ariko icyogihe bakoze TIG byatuma binjiriza igihugu “

Undi yunzemo ko  byatuma ubucucike  muri gereza bugabanuka.

“Urabona gereza zaruzuye kandi babahaye gukora ibyo bihano bifitiye igihugu akamaro byatuma bikosora kandi bakanakora ibiteza imbere igihugu mbese urugero bakubakira nk’abapfakazi bagakubura imihanda cyangwa bagatunganya za sitade”

Inteko Ishingamategeko umutwe wa SENA, na yo iherutse kuvuga ko guhanishwa imirimo y’inyungu rusange ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ari byo bishobora kuzaba umuti mukugabanya ubucucike muri za gereza.

Kuba hatarajyaho iteka rya Minisitiri w’ubutabera ni imwe mu mbogamizi ituma habaho kugorana  mu ishyirwa mubikorwa by’iritegeko nk’uko bisobanurwa na Me Mukashema Marie Louise wo mu muryango utanga ubufasha mu by’amategeko.

“N’ubwo rero biri mu mategeko haracyari imbogamizi z’uko hari iteka rigena uburyo bishyirwa mu bikorwa. Ibyo rero n’icyo kibazo gihari, nibaza ko rero inzego bireba zigomba kubikoraho hakajyaho iteka noneho bizashyirwe mu bikorwa” Me Mukashema

Yakomeje agira ati “Ingaruka zo zorahari kubera ko ziri mu  buryo bubiri. Ufata icyemezo cyangwa inkiko bibaza bati “ese nimfatira uyu muntu icyemezo nkamusabira igihano nsimbura gifungo, kirashyirwa mu bikorwa gute?. Ese niba ishyizwe mu bikorwa bizaba biri mu buryo bunoze?

“Izindi mbogamizi ni ku bantu bahawe ibyo bihano. Ashobora kuba yahabwa icyo gihano ariko ishyirwa mu bikorwa by’igihano yahawe bigateza imbogamizi” Me Mukashema

Igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda  mu  Ingingo ya 50 biteganywa ko uburyo bwo gukora igihano nsimburagifungo cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro bushyirwaho n’iteka rya Perezida wa Repubulika nyamara kugeza  ubu ntirirajyaho ndetse ni rya minisitiri w’ubutabera

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 10 =

Previous Post

#TOTALCAFCLQ: Scandinavia WFC yamenye amakipe bazahura bashaka itike ya TOTAL Champions League

Next Post

Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Ibyo wamenya ku irushanwa rya “UEFA Europa Conference League” riri gukinwa na Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.