Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Abagorwaga no gutanga amakuru kuri ruswa bashyizwe igorora

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Abagorwaga no gutanga amakuru kuri ruswa bashyizwe igorora
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Kayonza hashyizweho ahantu hazajya hafasha abatuye Intara y’Iburasirazuba gutanga amakuru kuri ruswa ikomeje kuvugwa muri serivisi z’Ibidukikije, igatuma hari benshi baharenganira.

Bamwe mu baturage bo muri iyi Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko ubusanzwe bibagora gutanga amakuru ajyanye na ruswa zo muri serivisi z’ibidukikije kuko baba bikanga ko byabagiraho ingaruka, icyakora ubu buryo bwashyizweho buzafasha gutanga amakuru batikanga.

Banagurutoki Bonaventure wo Murenge wa Kabare ati “Ubu nzatanga amakuru ntikandagira kuko byemewe, n’uwampohotera naba mfite icyangombwa kivuga ngo ibi bintu ndabishahobora ntabwo nzongera kuba nububa nk’uko dutanga amakuru tuvuga tuti sinshaka ko izina ryanjye rimenyekana.”

Mukandayisaba Godereva wo Murenge wa Murama na we yagize ati “Ikintu twikanga, nshobora kuvuga ngo nintanga amakuru kuri kiriya kintu ku Muyobozi runaka nkaba nabura nk’umutekano, ariko ubwo ikigo gifunguye aha ntabwo yamenya ngo natanze gutya ku byo nabonye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane,Transparency International Rwanda, Apollinaire Mupiganyi ni, avuga ko gushyiraho ubu buryo bizafasha abayobozi n’abaturage kongera ubumenyi no kugira amakuru ku bikorwa remezo.

Ati “Ikigamijwe ni ukugira ngo dushobore gufasha inzego zacu zikora mu bidukikije, byumwihariko kongera ubumenyi bw’abaturage, ese abaturage uruhare bagira mu kurengera ibidukikije no kwirengera ubwabo ni uruhe? Icyagaragaye rero ni uko abaturage kubona amakuru ku bidukikije, ku bikorwa remezo birimo byubakwa n’uburenganzira bw’umuturage, byumwihariko ni ukuntu ashobora kwirinda iyo hari igikorwa remezo kirimo gikorwa. Amakuru iyo adahari usanga rimwe na rimwe umuturage aharenganira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr Jeanne Nyirahabimana aremeza ko hari abaturage bahuraga n’ingaruka zitandukanye bitewe no kutamenya amategeko abarengera by’umwihariko abo mu birombe bicukura amabuye y’agaciro n’ahandi, bityo na we akemeza ko iki Kigo kizafasha benshi muri iyi Ntara.

Ati “Nk’abantu baguye mu birombe bakabigwamo badafite ubwishingizi, badafite uruhushya rwo kubikora, abo bose rero na bo tugomba kwigisha kugira ngo babimenye bajye bakora ibintu mu buryo bwemewe n’amategeko. Kugira ubumenyi ku mategeko, kuri politiki za Leta, kumenya ibimurengera akamenya aho ashorabora kubariza bikamufasha kubona icyo kimurengera.”

Iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa mu mwaka wa 2023-2024, ugamije gufasha abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba kubona no gutanga amakuru abarengera byumwihariko ku bijyanye n’akarengane na ruswa bikagaragara muri serivisi z’ibidukikije.

Ni ahantu abaturage bazajya bunguka ubumenyi kuri gahunda za Leta bakaboneraho no gutanga amakuru kuri ruswa ivugwa mu bidukikije
Abaturage bavuga ko bagorwaga no gutanga amakuru
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa TI-Rwanda avuga ko ubu buryo bwaje ari igisubizo
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba na we yemeza ko hari abahuraga n’akarengane kubera kutabona uko batanga amakuru

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 13 =

Previous Post

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Next Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.