Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Abagorwaga no gutanga amakuru kuri ruswa bashyizwe igorora

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Abagorwaga no gutanga amakuru kuri ruswa bashyizwe igorora
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Kayonza hashyizweho ahantu hazajya hafasha abatuye Intara y’Iburasirazuba gutanga amakuru kuri ruswa ikomeje kuvugwa muri serivisi z’Ibidukikije, igatuma hari benshi baharenganira.

Bamwe mu baturage bo muri iyi Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko ubusanzwe bibagora gutanga amakuru ajyanye na ruswa zo muri serivisi z’ibidukikije kuko baba bikanga ko byabagiraho ingaruka, icyakora ubu buryo bwashyizweho buzafasha gutanga amakuru batikanga.

Banagurutoki Bonaventure wo Murenge wa Kabare ati “Ubu nzatanga amakuru ntikandagira kuko byemewe, n’uwampohotera naba mfite icyangombwa kivuga ngo ibi bintu ndabishahobora ntabwo nzongera kuba nububa nk’uko dutanga amakuru tuvuga tuti sinshaka ko izina ryanjye rimenyekana.”

Mukandayisaba Godereva wo Murenge wa Murama na we yagize ati “Ikintu twikanga, nshobora kuvuga ngo nintanga amakuru kuri kiriya kintu ku Muyobozi runaka nkaba nabura nk’umutekano, ariko ubwo ikigo gifunguye aha ntabwo yamenya ngo natanze gutya ku byo nabonye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane,Transparency International Rwanda, Apollinaire Mupiganyi ni, avuga ko gushyiraho ubu buryo bizafasha abayobozi n’abaturage kongera ubumenyi no kugira amakuru ku bikorwa remezo.

Ati “Ikigamijwe ni ukugira ngo dushobore gufasha inzego zacu zikora mu bidukikije, byumwihariko kongera ubumenyi bw’abaturage, ese abaturage uruhare bagira mu kurengera ibidukikije no kwirengera ubwabo ni uruhe? Icyagaragaye rero ni uko abaturage kubona amakuru ku bidukikije, ku bikorwa remezo birimo byubakwa n’uburenganzira bw’umuturage, byumwihariko ni ukuntu ashobora kwirinda iyo hari igikorwa remezo kirimo gikorwa. Amakuru iyo adahari usanga rimwe na rimwe umuturage aharenganira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr Jeanne Nyirahabimana aremeza ko hari abaturage bahuraga n’ingaruka zitandukanye bitewe no kutamenya amategeko abarengera by’umwihariko abo mu birombe bicukura amabuye y’agaciro n’ahandi, bityo na we akemeza ko iki Kigo kizafasha benshi muri iyi Ntara.

Ati “Nk’abantu baguye mu birombe bakabigwamo badafite ubwishingizi, badafite uruhushya rwo kubikora, abo bose rero na bo tugomba kwigisha kugira ngo babimenye bajye bakora ibintu mu buryo bwemewe n’amategeko. Kugira ubumenyi ku mategeko, kuri politiki za Leta, kumenya ibimurengera akamenya aho ashorabora kubariza bikamufasha kubona icyo kimurengera.”

Iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa mu mwaka wa 2023-2024, ugamije gufasha abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba kubona no gutanga amakuru abarengera byumwihariko ku bijyanye n’akarengane na ruswa bikagaragara muri serivisi z’ibidukikije.

Ni ahantu abaturage bazajya bunguka ubumenyi kuri gahunda za Leta bakaboneraho no gutanga amakuru kuri ruswa ivugwa mu bidukikije
Abaturage bavuga ko bagorwaga no gutanga amakuru
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa TI-Rwanda avuga ko ubu buryo bwaje ari igisubizo
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba na we yemeza ko hari abahuraga n’akarengane kubera kutabona uko batanga amakuru

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Next Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.