Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Abagorwaga no gutanga amakuru kuri ruswa bashyizwe igorora

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Abagorwaga no gutanga amakuru kuri ruswa bashyizwe igorora
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Kayonza hashyizweho ahantu hazajya hafasha abatuye Intara y’Iburasirazuba gutanga amakuru kuri ruswa ikomeje kuvugwa muri serivisi z’Ibidukikije, igatuma hari benshi baharenganira.

Bamwe mu baturage bo muri iyi Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko ubusanzwe bibagora gutanga amakuru ajyanye na ruswa zo muri serivisi z’ibidukikije kuko baba bikanga ko byabagiraho ingaruka, icyakora ubu buryo bwashyizweho buzafasha gutanga amakuru batikanga.

Banagurutoki Bonaventure wo Murenge wa Kabare ati “Ubu nzatanga amakuru ntikandagira kuko byemewe, n’uwampohotera naba mfite icyangombwa kivuga ngo ibi bintu ndabishahobora ntabwo nzongera kuba nububa nk’uko dutanga amakuru tuvuga tuti sinshaka ko izina ryanjye rimenyekana.”

Mukandayisaba Godereva wo Murenge wa Murama na we yagize ati “Ikintu twikanga, nshobora kuvuga ngo nintanga amakuru kuri kiriya kintu ku Muyobozi runaka nkaba nabura nk’umutekano, ariko ubwo ikigo gifunguye aha ntabwo yamenya ngo natanze gutya ku byo nabonye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane,Transparency International Rwanda, Apollinaire Mupiganyi ni, avuga ko gushyiraho ubu buryo bizafasha abayobozi n’abaturage kongera ubumenyi no kugira amakuru ku bikorwa remezo.

Ati “Ikigamijwe ni ukugira ngo dushobore gufasha inzego zacu zikora mu bidukikije, byumwihariko kongera ubumenyi bw’abaturage, ese abaturage uruhare bagira mu kurengera ibidukikije no kwirengera ubwabo ni uruhe? Icyagaragaye rero ni uko abaturage kubona amakuru ku bidukikije, ku bikorwa remezo birimo byubakwa n’uburenganzira bw’umuturage, byumwihariko ni ukuntu ashobora kwirinda iyo hari igikorwa remezo kirimo gikorwa. Amakuru iyo adahari usanga rimwe na rimwe umuturage aharenganira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr Jeanne Nyirahabimana aremeza ko hari abaturage bahuraga n’ingaruka zitandukanye bitewe no kutamenya amategeko abarengera by’umwihariko abo mu birombe bicukura amabuye y’agaciro n’ahandi, bityo na we akemeza ko iki Kigo kizafasha benshi muri iyi Ntara.

Ati “Nk’abantu baguye mu birombe bakabigwamo badafite ubwishingizi, badafite uruhushya rwo kubikora, abo bose rero na bo tugomba kwigisha kugira ngo babimenye bajye bakora ibintu mu buryo bwemewe n’amategeko. Kugira ubumenyi ku mategeko, kuri politiki za Leta, kumenya ibimurengera akamenya aho ashorabora kubariza bikamufasha kubona icyo kimurengera.”

Iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa mu mwaka wa 2023-2024, ugamije gufasha abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba kubona no gutanga amakuru abarengera byumwihariko ku bijyanye n’akarengane na ruswa bikagaragara muri serivisi z’ibidukikije.

Ni ahantu abaturage bazajya bunguka ubumenyi kuri gahunda za Leta bakaboneraho no gutanga amakuru kuri ruswa ivugwa mu bidukikije
Abaturage bavuga ko bagorwaga no gutanga amakuru
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa TI-Rwanda avuga ko ubu buryo bwaje ari igisubizo
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba na we yemeza ko hari abahuraga n’akarengane kubera kutabona uko batanga amakuru

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + seven =

Previous Post

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Next Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.