Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

radiotv10by radiotv10
19/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwizeje abaturage bishyuza amafaranga bakoreye mu mushinga wo gusazura amashyamba wakozwe ku bufatanye bwa Leta na Kompanyi ya Magic Development Ltd, ko bagiye kwishyurwa bidatinze.

Ni nyuma yuko abaturage bo mu Mirenge itandukanye yo mu Turere twa Kayonza na Rwamagana bazamuye amajwi bavuga ko batishyuwe amafaranga y’amezi atatu, ndetse abandi ntibishyurwe amafaranga y’ingemwe z’ibiti by’inturusu bari baguriwe.

Hashize amezi abiri ibikorwa by’umushinga wo gusazura amashyamba mu Mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kayonza, ihagaze.

Bamwe mu bari bahagariye Site zatunganyijwe, bari bashinzwe gukurikirana ibi bikorwa bavuga ko hari amezi atatu batishyuwe, hakiyingeraho abari bahawe ikiraka cyo gutubura Ingemwe z’inturusu bavuga ko hari amafaranga batishyuwe ku buryo bahora basiragizwa na nyiri Kompanyi yitwa Magic Development Ltd.

Uwitwa Uwimana Claudine waturutse mu Karere ka Karongi aje gukora akazi kugenzura ibikorwa byo gusazura amashyama muri iyi Kompanyi mu Karere ka Kayonza yagize ati “Twari twiteze ko buri kwezi tuzajya duhembwa nkuko byari biri mu masezerano, none byarangiye nta mafaranga tubonye amezi atatu yose arinze arangira.”

Uwumuremyi Martha waturutse mu Ntara y’Amajyepfo na we yagize ati “Twagiranye amasezerano ku itariki 25/07/2024. Navuye i Gitarama nje gutegura izo ngemwe tuvugana ko azajya atwishyura mu byiciro, amaze kutwishyura 70% arahagarara ntiyongera kutwishyura. yaba Akarere n’Intara nabo ntibagira icyo badufasha kugeza ubu ntiturabona amafaranga yacu angana na 30%. Njye ubu ngubu ndabishyuza amafaranga agera kuri Miliyoni Ebyiri n’Ibihumbi Ijana.”

Umuyobozi w’iyi Kompanyi ya Magic Development Ltd, Tuyisenge Kalinda Adolphe yavuze ko atazi abafite icyo kibazo kandi ko agiye kugenzura ku buryo bazishyurirwa ibyo bakoze.

Ati “Ubutumwa nabaha ni uko bagomba kwishyurwa ibyo bakoze kandi babifashijwemo n’ababakoresheje umunsi ku wundi. Ubwo niba Case yabo ihari barishyurwa.”

Mu butumwa bwatambukijwe n’Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba ubwo bwasubizaga ubwari bwatambukijwe na RADIOTV10 ku rubuga nkoranyambaga rwa X bwavugaga kuri iki kibazo, bwahaye icyizere aba baturage bishyuza.

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwagize buti “Iki kibazo ubuyobozi bwarakimenye, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’utu Turere, Rwiyemezamirimo ndetse na Koperative zakoresheje aba baturage, ikibazo cy’intonde cyari cyagaragayemo cyakosowe, amafaranga barayabona bitarenze kuwa Gatanu w’iki cyumweru.”

Abaturage Umunani muri 11 bari bahawe kariya kazi, nibo batishyuwe ndetse na Koperative zirindwi zari kuri Site zirindwi, hakiyongera abaturage 18 bo mu Turere twa Kayonza na Rwamagana bari bashinzwe gutubura izo ngemwe zo gutera.

Bari bahawe akazi ko kugenzura umushinga wo gusazura amashyamba
Bavuga ko bari baturutse mu bice binyuranye ariko bamburwa amafaranga y’amezi atatu
Ni umushinga waje guhagarara

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 4 =

Previous Post

Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

Next Post

Urundi rwego rwinjiye mu kibazo cy’umutoza wumvikanyeho ibidakwiye muri ruhago nyarwanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urundi rwego rwinjiye mu kibazo cy’umutoza wumvikanyeho ibidakwiye muri ruhago nyarwanda

Urundi rwego rwinjiye mu kibazo cy’umutoza wumvikanyeho ibidakwiye muri ruhago nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.