Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

radiotv10by radiotv10
19/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwizeje abaturage bishyuza amafaranga bakoreye mu mushinga wo gusazura amashyamba wakozwe ku bufatanye bwa Leta na Kompanyi ya Magic Development Ltd, ko bagiye kwishyurwa bidatinze.

Ni nyuma yuko abaturage bo mu Mirenge itandukanye yo mu Turere twa Kayonza na Rwamagana bazamuye amajwi bavuga ko batishyuwe amafaranga y’amezi atatu, ndetse abandi ntibishyurwe amafaranga y’ingemwe z’ibiti by’inturusu bari baguriwe.

Hashize amezi abiri ibikorwa by’umushinga wo gusazura amashyamba mu Mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kayonza, ihagaze.

Bamwe mu bari bahagariye Site zatunganyijwe, bari bashinzwe gukurikirana ibi bikorwa bavuga ko hari amezi atatu batishyuwe, hakiyingeraho abari bahawe ikiraka cyo gutubura Ingemwe z’inturusu bavuga ko hari amafaranga batishyuwe ku buryo bahora basiragizwa na nyiri Kompanyi yitwa Magic Development Ltd.

Uwitwa Uwimana Claudine waturutse mu Karere ka Karongi aje gukora akazi kugenzura ibikorwa byo gusazura amashyama muri iyi Kompanyi mu Karere ka Kayonza yagize ati “Twari twiteze ko buri kwezi tuzajya duhembwa nkuko byari biri mu masezerano, none byarangiye nta mafaranga tubonye amezi atatu yose arinze arangira.”

Uwumuremyi Martha waturutse mu Ntara y’Amajyepfo na we yagize ati “Twagiranye amasezerano ku itariki 25/07/2024. Navuye i Gitarama nje gutegura izo ngemwe tuvugana ko azajya atwishyura mu byiciro, amaze kutwishyura 70% arahagarara ntiyongera kutwishyura. yaba Akarere n’Intara nabo ntibagira icyo badufasha kugeza ubu ntiturabona amafaranga yacu angana na 30%. Njye ubu ngubu ndabishyuza amafaranga agera kuri Miliyoni Ebyiri n’Ibihumbi Ijana.”

Umuyobozi w’iyi Kompanyi ya Magic Development Ltd, Tuyisenge Kalinda Adolphe yavuze ko atazi abafite icyo kibazo kandi ko agiye kugenzura ku buryo bazishyurirwa ibyo bakoze.

Ati “Ubutumwa nabaha ni uko bagomba kwishyurwa ibyo bakoze kandi babifashijwemo n’ababakoresheje umunsi ku wundi. Ubwo niba Case yabo ihari barishyurwa.”

Mu butumwa bwatambukijwe n’Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba ubwo bwasubizaga ubwari bwatambukijwe na RADIOTV10 ku rubuga nkoranyambaga rwa X bwavugaga kuri iki kibazo, bwahaye icyizere aba baturage bishyuza.

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwagize buti “Iki kibazo ubuyobozi bwarakimenye, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’utu Turere, Rwiyemezamirimo ndetse na Koperative zakoresheje aba baturage, ikibazo cy’intonde cyari cyagaragayemo cyakosowe, amafaranga barayabona bitarenze kuwa Gatanu w’iki cyumweru.”

Abaturage Umunani muri 11 bari bahawe kariya kazi, nibo batishyuwe ndetse na Koperative zirindwi zari kuri Site zirindwi, hakiyongera abaturage 18 bo mu Turere twa Kayonza na Rwamagana bari bashinzwe gutubura izo ngemwe zo gutera.

Bari bahawe akazi ko kugenzura umushinga wo gusazura amashyamba
Bavuga ko bari baturutse mu bice binyuranye ariko bamburwa amafaranga y’amezi atatu
Ni umushinga waje guhagarara

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fifteen =

Previous Post

Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

Next Post

Urundi rwego rwinjiye mu kibazo cy’umutoza wumvikanyeho ibidakwiye muri ruhago nyarwanda

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urundi rwego rwinjiye mu kibazo cy’umutoza wumvikanyeho ibidakwiye muri ruhago nyarwanda

Urundi rwego rwinjiye mu kibazo cy’umutoza wumvikanyeho ibidakwiye muri ruhago nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.