Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mirenge ya Kanama mu Karere ka Rubavu na Nyabirasi mu ka Rutsiro, basanzwe bahinga ibigori, bafite icyizere ko bazabona umusaruro ushimishije, mu gihe mu isizeni iheruka bari barumvije ndetse bamwe bagasuhuka kubera inzara.

Mu mezi 10 ashize, umunyamakuru wa RADIOTV10 ysuye bamwe muri aba baturage bo muri iyi Mirenge, bamutekerereza ikibazo cy’ibigori bahinze, bikanga kumera kuko bari bahawe imbuto imburagihe ndetse ikaba yari nshya.

Umunyamakuru yasubiyeyo, nyuma y’amezi icumi, asanga ibyishimo bigaragara ku isura y’aba baturage, bafite icyizere ko bazabona umusaruro ushimishije bagereranyije n’uko babona ibigori byabo bihagaze mu murima.

Ndabateze Fabien yagize ati “Ubu bimeze neza, ntabwo bimeze nk’iby’ubushize kuko byadukubise hasi.”

Mugenzi we Butege David yagize ati “Iyo urebye uko bimeze ubona hari icyizere ko bizatanga umusaruro mwiza kuko bimeze neza.”

Gusa aba baturage banatanga icyifuzo, kugira ngo ibi byishimo byo kuba bagiye kweza, bitazagira ikibirogoya, ahubwo bikazakomeza kubasenderamo banabona umusaruro mwiza.

Nyirahabimana Venantie ati “Rwose bakomereze aha wenda noneho twasarura kuko ibigori bimaze kudukubita hasi kubera kuduha imbuto itinze, ariko ubu yaziye igihe ni uko bajya baduhindurira rimwe na rimwe na byo bigatera kugira umusaruro mucye.”

Rwakayanga Leandre, uyobora w’ishami rya Tamira ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ahishikariza abahinzi kujya bafata amakuru ku bajyanama b’Ubuhinzi kugira ngo bamenye ibiriho mu buhinzi.

Ati “Nk’ubu byagaragaye ko igihembwe cy’ihinga gisanzwe gitangira mu kwa cyenda, aha mu Karere ka Rubavu system ya nkunganire ifunguka kare kubera imiterere y’aka Karere ituma gitangira mbere ho gato.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko kugeza ubu ibigori biri mu mirima bimeze neza, ariko agashishikariza abahinzi kujya basura ibihingwa bihoraho bakamenya uko bimeze kuko na byo biba bigomba kwitabwaho buri munsi.

Nubwo ibi bigori bitarera ariko biratanga icyizere

Abahinzi barishimye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

Next Post

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Before boarding his flight after completing his duties as the French Ambassador to Rwanda, Antoine Anfré said he wished to...

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

by radiotv10
14/08/2025
0

From a very young age, girls hear a subtle yet persistent message: be a “good girl.” But what does be...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.