Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mirenge ya Kanama mu Karere ka Rubavu na Nyabirasi mu ka Rutsiro, basanzwe bahinga ibigori, bafite icyizere ko bazabona umusaruro ushimishije, mu gihe mu isizeni iheruka bari barumvije ndetse bamwe bagasuhuka kubera inzara.

Mu mezi 10 ashize, umunyamakuru wa RADIOTV10 ysuye bamwe muri aba baturage bo muri iyi Mirenge, bamutekerereza ikibazo cy’ibigori bahinze, bikanga kumera kuko bari bahawe imbuto imburagihe ndetse ikaba yari nshya.

Umunyamakuru yasubiyeyo, nyuma y’amezi icumi, asanga ibyishimo bigaragara ku isura y’aba baturage, bafite icyizere ko bazabona umusaruro ushimishije bagereranyije n’uko babona ibigori byabo bihagaze mu murima.

Ndabateze Fabien yagize ati “Ubu bimeze neza, ntabwo bimeze nk’iby’ubushize kuko byadukubise hasi.”

Mugenzi we Butege David yagize ati “Iyo urebye uko bimeze ubona hari icyizere ko bizatanga umusaruro mwiza kuko bimeze neza.”

Gusa aba baturage banatanga icyifuzo, kugira ngo ibi byishimo byo kuba bagiye kweza, bitazagira ikibirogoya, ahubwo bikazakomeza kubasenderamo banabona umusaruro mwiza.

Nyirahabimana Venantie ati “Rwose bakomereze aha wenda noneho twasarura kuko ibigori bimaze kudukubita hasi kubera kuduha imbuto itinze, ariko ubu yaziye igihe ni uko bajya baduhindurira rimwe na rimwe na byo bigatera kugira umusaruro mucye.”

Rwakayanga Leandre, uyobora w’ishami rya Tamira ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ahishikariza abahinzi kujya bafata amakuru ku bajyanama b’Ubuhinzi kugira ngo bamenye ibiriho mu buhinzi.

Ati “Nk’ubu byagaragaye ko igihembwe cy’ihinga gisanzwe gitangira mu kwa cyenda, aha mu Karere ka Rubavu system ya nkunganire ifunguka kare kubera imiterere y’aka Karere ituma gitangira mbere ho gato.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko kugeza ubu ibigori biri mu mirima bimeze neza, ariko agashishikariza abahinzi kujya basura ibihingwa bihoraho bakamenya uko bimeze kuko na byo biba bigomba kwitabwaho buri munsi.

Nubwo ibi bigori bitarera ariko biratanga icyizere

Abahinzi barishimye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 4 =

Previous Post

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

Next Post

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.