Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mirenge ya Kanama mu Karere ka Rubavu na Nyabirasi mu ka Rutsiro, basanzwe bahinga ibigori, bafite icyizere ko bazabona umusaruro ushimishije, mu gihe mu isizeni iheruka bari barumvije ndetse bamwe bagasuhuka kubera inzara.

Mu mezi 10 ashize, umunyamakuru wa RADIOTV10 ysuye bamwe muri aba baturage bo muri iyi Mirenge, bamutekerereza ikibazo cy’ibigori bahinze, bikanga kumera kuko bari bahawe imbuto imburagihe ndetse ikaba yari nshya.

Umunyamakuru yasubiyeyo, nyuma y’amezi icumi, asanga ibyishimo bigaragara ku isura y’aba baturage, bafite icyizere ko bazabona umusaruro ushimishije bagereranyije n’uko babona ibigori byabo bihagaze mu murima.

Ndabateze Fabien yagize ati “Ubu bimeze neza, ntabwo bimeze nk’iby’ubushize kuko byadukubise hasi.”

Mugenzi we Butege David yagize ati “Iyo urebye uko bimeze ubona hari icyizere ko bizatanga umusaruro mwiza kuko bimeze neza.”

Gusa aba baturage banatanga icyifuzo, kugira ngo ibi byishimo byo kuba bagiye kweza, bitazagira ikibirogoya, ahubwo bikazakomeza kubasenderamo banabona umusaruro mwiza.

Nyirahabimana Venantie ati “Rwose bakomereze aha wenda noneho twasarura kuko ibigori bimaze kudukubita hasi kubera kuduha imbuto itinze, ariko ubu yaziye igihe ni uko bajya baduhindurira rimwe na rimwe na byo bigatera kugira umusaruro mucye.”

Rwakayanga Leandre, uyobora w’ishami rya Tamira ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ahishikariza abahinzi kujya bafata amakuru ku bajyanama b’Ubuhinzi kugira ngo bamenye ibiriho mu buhinzi.

Ati “Nk’ubu byagaragaye ko igihembwe cy’ihinga gisanzwe gitangira mu kwa cyenda, aha mu Karere ka Rubavu system ya nkunganire ifunguka kare kubera imiterere y’aka Karere ituma gitangira mbere ho gato.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko kugeza ubu ibigori biri mu mirima bimeze neza, ariko agashishikariza abahinzi kujya basura ibihingwa bihoraho bakamenya uko bimeze kuko na byo biba bigomba kwitabwaho buri munsi.

Nubwo ibi bigori bitarera ariko biratanga icyizere

Abahinzi barishimye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 10 =

Previous Post

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

Next Post

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.