Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Guverineri avuga ko hari igitera isoni ubuyobozi n’abatuye iyi Ntara

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Guverineri avuga ko hari igitera isoni ubuyobozi n’abatuye iyi Ntara
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, avuga ko biteye isoni kuba tumwe mu Turere tw’iyi Ntara tuza imbere mu kugira ikibazo cy’igwingira ry’abana, mu gihe ikungahaye ku biribwa.

Imibare YA 2023 y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera Umwana, NCDA, yagaragaje Akarere ka Nyamasheke nk’agafite igwingira ryazamutse.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert avuga ko iyi Ntara itewe ipfunwe n’igwingira riri hejuru muri tumwe mu Turere tuyigize, mu gihe iri mu za mbere mu Gihugu zifite ubutaka bwiza kandi bwera.

Yagize ati “Nka Rusizi muri ubwo bushakashatsi bigaragara ko bagabanutse bigeze kuri 19,1%; urumva rero n’ahandi hose turagenda dushyiramo imbaraga kugira ngo turwanye icyo kintu cy’igwingira kuko kiduteye isoni nk’Intara y’Iburengerazuba nyine Intara ifite ubukungu, Intara ifite amahirwe menshi cyane kumvamo abana bagwingiye bidutera isoni rwose nta shema biduha.”

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bagaragaza ko ikimenyane, amakimbirane yo mu ngo no kutagira imirimo kwa bamwe, biri mu bitiza umurindi iki kibazo.

Umwe yagize ati “Amakimbirane mu ngo atera abana kurwara bwaki. Uko gusenyuka kw’ingo bituma batabona uburyo bashakisha ngo abana bakure neza cyane cyane erega n’imirimo mu giturage ntayo, ubwo ni ukwishakishiriza n’utubonetse ubwo urumva ko natwo duhura n’ibibazo byinshi.”

Guverineri Dushimimana Lambert, avuga ko iyi Ntara y’Iburengerazuba yihaye gahunda yo kurandura iri gwingira mu bufatanya n’abaturage ndetse n’abandi bafatanyabikorwa.

Ati “Turimo turahangana na cyo ndetse mu Turere dutandukanye hari imishinga myinshi bagiye batangira ngira ngo mu minsi ishize twatangije ‘Umuganda professional’ wari ugamije kurwanya igwingira ubwo aho byari mu Karere ka Rutsiro, hari abafatanyabikorwa benshi bari kuza mu Karere ka Nyamasheke, hari za ECDs turimo kubaka kugira ngo turwanye iryo gwingira, hari imishinga irimo kuduterera ibiti by’imbuto, ibyo byose rero biri gukorwa kugira ngo turwanye igwingira.”

Guverinoma y’u Rwanda yari yihaye intego ko muri uyu mwaka wa 2024, igwingira mu bana bari munsi y’imyaka 5 rizagabanywa kigero cya 19%, icyakora imibare igaragaza ko hari tumwe mu Turere two muri iyi Ntara tugifite imibare iri hejuru, nk’Akarere ka Nyamasheke kazamutse mu igwingira, aho kari kuri 37.7% umwaka ushize wa 2023 kavuye kuri 34% mu myaka ya mbere yaho.

Bamwe mu batuye iyi Ntara bavuga ko iki kibazo giterwa n’ubukene
Ni mu gihe iyi Ntara izwiho kweza imyaka myinshi

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eighteen =

Previous Post

Imikoranire mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda na Jordan yateye intambwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.