Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Guverineri avuga ko hari igitera isoni ubuyobozi n’abatuye iyi Ntara

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Guverineri avuga ko hari igitera isoni ubuyobozi n’abatuye iyi Ntara
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, avuga ko biteye isoni kuba tumwe mu Turere tw’iyi Ntara tuza imbere mu kugira ikibazo cy’igwingira ry’abana, mu gihe ikungahaye ku biribwa.

Imibare YA 2023 y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera Umwana, NCDA, yagaragaje Akarere ka Nyamasheke nk’agafite igwingira ryazamutse.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert avuga ko iyi Ntara itewe ipfunwe n’igwingira riri hejuru muri tumwe mu Turere tuyigize, mu gihe iri mu za mbere mu Gihugu zifite ubutaka bwiza kandi bwera.

Yagize ati “Nka Rusizi muri ubwo bushakashatsi bigaragara ko bagabanutse bigeze kuri 19,1%; urumva rero n’ahandi hose turagenda dushyiramo imbaraga kugira ngo turwanye icyo kintu cy’igwingira kuko kiduteye isoni nk’Intara y’Iburengerazuba nyine Intara ifite ubukungu, Intara ifite amahirwe menshi cyane kumvamo abana bagwingiye bidutera isoni rwose nta shema biduha.”

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bagaragaza ko ikimenyane, amakimbirane yo mu ngo no kutagira imirimo kwa bamwe, biri mu bitiza umurindi iki kibazo.

Umwe yagize ati “Amakimbirane mu ngo atera abana kurwara bwaki. Uko gusenyuka kw’ingo bituma batabona uburyo bashakisha ngo abana bakure neza cyane cyane erega n’imirimo mu giturage ntayo, ubwo ni ukwishakishiriza n’utubonetse ubwo urumva ko natwo duhura n’ibibazo byinshi.”

Guverineri Dushimimana Lambert, avuga ko iyi Ntara y’Iburengerazuba yihaye gahunda yo kurandura iri gwingira mu bufatanya n’abaturage ndetse n’abandi bafatanyabikorwa.

Ati “Turimo turahangana na cyo ndetse mu Turere dutandukanye hari imishinga myinshi bagiye batangira ngira ngo mu minsi ishize twatangije ‘Umuganda professional’ wari ugamije kurwanya igwingira ubwo aho byari mu Karere ka Rutsiro, hari abafatanyabikorwa benshi bari kuza mu Karere ka Nyamasheke, hari za ECDs turimo kubaka kugira ngo turwanye iryo gwingira, hari imishinga irimo kuduterera ibiti by’imbuto, ibyo byose rero biri gukorwa kugira ngo turwanye igwingira.”

Guverinoma y’u Rwanda yari yihaye intego ko muri uyu mwaka wa 2024, igwingira mu bana bari munsi y’imyaka 5 rizagabanywa kigero cya 19%, icyakora imibare igaragaza ko hari tumwe mu Turere two muri iyi Ntara tugifite imibare iri hejuru, nk’Akarere ka Nyamasheke kazamutse mu igwingira, aho kari kuri 37.7% umwaka ushize wa 2023 kavuye kuri 34% mu myaka ya mbere yaho.

Bamwe mu batuye iyi Ntara bavuga ko iki kibazo giterwa n’ubukene
Ni mu gihe iyi Ntara izwiho kweza imyaka myinshi

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 1 =

Previous Post

Imikoranire mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda na Jordan yateye intambwe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

Related Posts

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

IZIHERUKA

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm
IMYIDAGADURO

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

Umuhanzi Nyarwanda werecyeje mu mahanga yasubije abibaza ko atazagaruka vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.