• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye ku mugabo birababaje ariko ababibonye bose babivuganaga urwenya rwinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo bivugwa ko yirukaga acitse amaze kwiba inzoga muri Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, yagonzwe n’imodoka imwangiza kimwe mu bice by’ibanga bye, byatumye bamwe mu babyiboneye babara iyi nkuru bashyiramo urwenya ko n’iyo yarokoka atazongera kureba ku ibanga ry’abakuze.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023, aho bivugwa ko ari abagabo batatu bibye inzoga bakiruka bacika, ariko umwe akaza guhura n’uruva gusenya ubwo yageraga mu masangano y’umuhanda werecyeza mu Gatsata, imodoka igahita imwahuranya.

Umwe mu babibonye wari muri Nyabugogo, yavuze ko abagabo babiri babanje kwambuka Feux-rouge, zikaza guhita zirekura undi atarambuka, agishinga ikirenge mu muhanda, ibi bimenyetso byo mu muhanda biba bihaye uburenganzira imodoka kugenda, imwe muri zo ihita imukubita.

Umwe muri aba baturage yagize ati « Ubugabo bwe bwashizeho. Simbizi niba abaganga bari busanasane, barebe uko babigenza basanasane ariko simbizi ko bari bubishobore. »

Undi we avuga ko uretse kuba uyu mugabo yangiritse ubugabo, nta n’icyizere cyo kubaho, kuko imodoka yamwangije cyane.

Ati «Ubugabo bwangiritse sinzi ko yanabaho, na kuriya ari gutera biragoye ko yabaho, hano mu bugabo he hacukunyutse cyane. »

Abandi bo bavuga ko ubugabo bw’uyu mugabo wagonzwe n’imodoka, bwacitse ku buryo n’iyo yabaho atazagira icyo yongera kwimarira mu bijyanye no mu buriri.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Sylvestre Twajamahoro yavuze ko uyu mugabo yagonzwe n’imodoka koko nyuma yo gukora ubujura.

Ati « Umwe yashikuje undi icupa yambukiranyije umuhanda, imodoka iramugonga. »

Mu bice byo mu Mujyi wa Kigali birimo n’aha hahurira abantu benshi nka Nyabugogo, hakunze kugaraga ubwambuzi nk’ubu bw’abantu bashikuza abandi ibyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiniye u Rwanda mu mukino ufungura Sitade yitiriwe rurangiranwa Pelé

Next Post

Hatangajwe amakuru akwiye kumenywa n’ababyeyi bose bafite abana biga bacumbikiwe n’ibigo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hatangajwe amakuru akwiye kumenywa n’ababyeyi bose bafite abana biga bacumbikiwe n’ibigo

Hatangajwe amakuru akwiye kumenywa n’ababyeyi bose bafite abana biga bacumbikiwe n’ibigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.