Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye ku wari umaze amezi 8 yaribwe telefone byatumye agaragariza amarangamutima RIB

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye ku wari umaze amezi 8 yaribwe telefone byatumye agaragariza amarangamutima RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari amaze amezi umunani yaribwe telefone, wari warihebye ko ibyayo byarangiye, akaba yarayisubijwe, yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo yatewe no kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwarayifashe rukayimusubiza.

Uwitwa Rubibi Sabine kuri Twitter, mu butumwa yanyijije kuri uru rubuga nkoranyambaga, yavuze ko yibwe telefone muri Kanama (08) umwaka ushize ndetse ko yumvaga ibyayo byararangiye, agahita agura indi.

Yagize ati “Ariko umwe mu nshuti zanye yansabye kujya kubimenyesha RIB, hanyuma njyayo ntanga ubuhamya ariko nta cyizere nari mfite.”

Muri ubu butumwa bwe yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 01 Gicurasi, yakomeje avuga ko nyuma y’ukwezi kumwe yibwe iyo telefone, yahise agura indi, kuko yumvaga ko itazaboneka.

Ati “Mu buryo bunkoze ku mutima, uyu munsi nahamagawe, bambwira ko ari kuri RIB ko natanze ikirego kijyanye na telefone yibwe, ko nanyura ku biro byabo nkayifata.”

Yakomeje agira ati “Nagiyeyo rero ariko ndi mu rujijo, nibaza icyabaye, natunguwe no kuba bansubije telefone yanjye nyuma y’amezi umunani.”

Uyu Rubibi Sabine, yashimiye uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri iki gikorwa rwamukoreye, na rwo rumusubiza rugira ruti “Urakoze Sabine, twishimiye kugufasha.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumaze iminsi rushimirwa ubufasha ruha bamwe mu baba bibwe, bakarwiyambaza, barimo umubyeyi uherutse gusubizwa 5 150 000 Frw yari yibwe n’abakozi babiri bakoraga iwe, banafashwe mu cyumweru gishize.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rukunze gusaba ababa bibwe, kujya batangira ku gihe amakuru, kugira ngo rutangire kubikurikirana, kuko iyo amakuru atangiwe ku gihe, binafasha uru rwego kugaruza ibiba byibwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 2 =

Previous Post

Kiliziya Gutulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza iturutse kwa Papa

Next Post

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.