Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye ku wari umaze amezi 8 yaribwe telefone byatumye agaragariza amarangamutima RIB

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye ku wari umaze amezi 8 yaribwe telefone byatumye agaragariza amarangamutima RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari amaze amezi umunani yaribwe telefone, wari warihebye ko ibyayo byarangiye, akaba yarayisubijwe, yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo yatewe no kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwarayifashe rukayimusubiza.

Uwitwa Rubibi Sabine kuri Twitter, mu butumwa yanyijije kuri uru rubuga nkoranyambaga, yavuze ko yibwe telefone muri Kanama (08) umwaka ushize ndetse ko yumvaga ibyayo byararangiye, agahita agura indi.

Yagize ati “Ariko umwe mu nshuti zanye yansabye kujya kubimenyesha RIB, hanyuma njyayo ntanga ubuhamya ariko nta cyizere nari mfite.”

Muri ubu butumwa bwe yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 01 Gicurasi, yakomeje avuga ko nyuma y’ukwezi kumwe yibwe iyo telefone, yahise agura indi, kuko yumvaga ko itazaboneka.

Ati “Mu buryo bunkoze ku mutima, uyu munsi nahamagawe, bambwira ko ari kuri RIB ko natanze ikirego kijyanye na telefone yibwe, ko nanyura ku biro byabo nkayifata.”

Yakomeje agira ati “Nagiyeyo rero ariko ndi mu rujijo, nibaza icyabaye, natunguwe no kuba bansubije telefone yanjye nyuma y’amezi umunani.”

Uyu Rubibi Sabine, yashimiye uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri iki gikorwa rwamukoreye, na rwo rumusubiza rugira ruti “Urakoze Sabine, twishimiye kugufasha.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumaze iminsi rushimirwa ubufasha ruha bamwe mu baba bibwe, bakarwiyambaza, barimo umubyeyi uherutse gusubizwa 5 150 000 Frw yari yibwe n’abakozi babiri bakoraga iwe, banafashwe mu cyumweru gishize.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rukunze gusaba ababa bibwe, kujya batangira ku gihe amakuru, kugira ngo rutangire kubikurikirana, kuko iyo amakuru atangiwe ku gihe, binafasha uru rwego kugaruza ibiba byibwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + twenty =

Previous Post

Kiliziya Gutulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza iturutse kwa Papa

Next Post

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.