Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye ku wari umaze amezi 8 yaribwe telefone byatumye agaragariza amarangamutima RIB

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye ku wari umaze amezi 8 yaribwe telefone byatumye agaragariza amarangamutima RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari amaze amezi umunani yaribwe telefone, wari warihebye ko ibyayo byarangiye, akaba yarayisubijwe, yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo yatewe no kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwarayifashe rukayimusubiza.

Uwitwa Rubibi Sabine kuri Twitter, mu butumwa yanyijije kuri uru rubuga nkoranyambaga, yavuze ko yibwe telefone muri Kanama (08) umwaka ushize ndetse ko yumvaga ibyayo byararangiye, agahita agura indi.

Yagize ati “Ariko umwe mu nshuti zanye yansabye kujya kubimenyesha RIB, hanyuma njyayo ntanga ubuhamya ariko nta cyizere nari mfite.”

Muri ubu butumwa bwe yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 01 Gicurasi, yakomeje avuga ko nyuma y’ukwezi kumwe yibwe iyo telefone, yahise agura indi, kuko yumvaga ko itazaboneka.

Ati “Mu buryo bunkoze ku mutima, uyu munsi nahamagawe, bambwira ko ari kuri RIB ko natanze ikirego kijyanye na telefone yibwe, ko nanyura ku biro byabo nkayifata.”

Yakomeje agira ati “Nagiyeyo rero ariko ndi mu rujijo, nibaza icyabaye, natunguwe no kuba bansubije telefone yanjye nyuma y’amezi umunani.”

Uyu Rubibi Sabine, yashimiye uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri iki gikorwa rwamukoreye, na rwo rumusubiza rugira ruti “Urakoze Sabine, twishimiye kugufasha.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumaze iminsi rushimirwa ubufasha ruha bamwe mu baba bibwe, bakarwiyambaza, barimo umubyeyi uherutse gusubizwa 5 150 000 Frw yari yibwe n’abakozi babiri bakoraga iwe, banafashwe mu cyumweru gishize.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rukunze gusaba ababa bibwe, kujya batangira ku gihe amakuru, kugira ngo rutangire kubikurikirana, kuko iyo amakuru atangiwe ku gihe, binafasha uru rwego kugaruza ibiba byibwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eleven =

Previous Post

Kiliziya Gutulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza iturutse kwa Papa

Next Post

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.