Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

Photo/Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Mu miryango iherutse gusezerana imbere y’amategeko mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga, harimo umusaza n’umuhungu we, baherewe rimwe isezerano ry’urushako. Ibintu bidakunze guhurirana gutya.

Aba bahawe isezerano ry’abashakanye ubwo hasezeranywaga imiryango 14 yo mu Mudugudu wa Cyanika mu Kagari ka Masangano mu Murenge wa Nyabinoni.

Uyu musaza witwa Gakwavu Damien w’imyaka 65 n’umuhungu we Ngirimana Ferdinand, ndetse n’abagore babo bamaranye imyaka myinshi babana, bari muri iyi miryango yasezeranye.

Gakwavu n’umugore we Uwimana Liberatham basezeranye bamaze imyaka 18 babana, mu gihe Ngirimana n’umugore we, bo bamaranye imyaka 20 ariko bo bakaba barigeze gutandukana.

Yaba Gakwavu n’umuhungu we Ngirimana, bavuga ko batinze gusezerana imbere y’amategeko kuko bari bakiri kwiga ku bagore babo, ngo barebe ko ingo zabo zizakomera.

Kuri Gakwavu, uyu ni umugore wa kabiri kuko uwa mbere yitabye Imana. ati “Nari nkiga ku mugore ngo ndebe uko yitwara, niba adasahura umuryango, ariko maze kumwizera da.”

Ni mu gihe umugore we Uwimana, avuga ko na we atari atuje mu rugo rwe kuko yari atasezerana n’umugabo we, ku buryo yumvaga isaha n’isaha byahinduka, ariko ko ubu agiye gutuza.

Ati “Numvaga nta cyizere cyo gukomeza umuryango, ariko ubu ndishimira ko mvuye mu buraya nkaba mbaye umugore wemewe n’amategeko.”

Ngirimana wasezeranye n’umugore bamaranye imyaka 20, we avuga ko bigeze gutandukana, agashaka undi na we mu buryo budakurikije amategeko, ariko akaza gusubirana n’uwa mbere, akabona ko ari we Imana yamuremeye.

Ati “Twahoraga dushwana, bigeze aho arahukana sinirirwa njya kumucyura, ahubwo nshaka undi, ariko we arananira kurenza uyu. Mpitamo kumusiga ngaruka kubana n’uyu, dushyira imbaraga hamwe twemeranya kongera kubana.”

Kayitare Jacqueline uyobora Akarere ka Muhanga, avuga ko ari ibyo kwishimira kuba iyi miryango yo muri uyu Mudugudu wa Cyanika yasezeranye imbere y’amategeko, kuko aka gace gasanzwe kabamo ibibazo by’ubuharike kandi biterwa no kuba yabanaga itarasezeranye.

Ubuyobozi bwaje kubashyigikira (Photo/Kigali Today)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

Next Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.