Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

Photo/Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Mu miryango iherutse gusezerana imbere y’amategeko mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga, harimo umusaza n’umuhungu we, baherewe rimwe isezerano ry’urushako. Ibintu bidakunze guhurirana gutya.

Aba bahawe isezerano ry’abashakanye ubwo hasezeranywaga imiryango 14 yo mu Mudugudu wa Cyanika mu Kagari ka Masangano mu Murenge wa Nyabinoni.

Uyu musaza witwa Gakwavu Damien w’imyaka 65 n’umuhungu we Ngirimana Ferdinand, ndetse n’abagore babo bamaranye imyaka myinshi babana, bari muri iyi miryango yasezeranye.

Gakwavu n’umugore we Uwimana Liberatham basezeranye bamaze imyaka 18 babana, mu gihe Ngirimana n’umugore we, bo bamaranye imyaka 20 ariko bo bakaba barigeze gutandukana.

Yaba Gakwavu n’umuhungu we Ngirimana, bavuga ko batinze gusezerana imbere y’amategeko kuko bari bakiri kwiga ku bagore babo, ngo barebe ko ingo zabo zizakomera.

Kuri Gakwavu, uyu ni umugore wa kabiri kuko uwa mbere yitabye Imana. ati “Nari nkiga ku mugore ngo ndebe uko yitwara, niba adasahura umuryango, ariko maze kumwizera da.”

Ni mu gihe umugore we Uwimana, avuga ko na we atari atuje mu rugo rwe kuko yari atasezerana n’umugabo we, ku buryo yumvaga isaha n’isaha byahinduka, ariko ko ubu agiye gutuza.

Ati “Numvaga nta cyizere cyo gukomeza umuryango, ariko ubu ndishimira ko mvuye mu buraya nkaba mbaye umugore wemewe n’amategeko.”

Ngirimana wasezeranye n’umugore bamaranye imyaka 20, we avuga ko bigeze gutandukana, agashaka undi na we mu buryo budakurikije amategeko, ariko akaza gusubirana n’uwa mbere, akabona ko ari we Imana yamuremeye.

Ati “Twahoraga dushwana, bigeze aho arahukana sinirirwa njya kumucyura, ahubwo nshaka undi, ariko we arananira kurenza uyu. Mpitamo kumusiga ngaruka kubana n’uyu, dushyira imbaraga hamwe twemeranya kongera kubana.”

Kayitare Jacqueline uyobora Akarere ka Muhanga, avuga ko ari ibyo kwishimira kuba iyi miryango yo muri uyu Mudugudu wa Cyanika yasezeranye imbere y’amategeko, kuko aka gace gasanzwe kabamo ibibazo by’ubuharike kandi biterwa no kuba yabanaga itarasezeranye.

Ubuyobozi bwaje kubashyigikira (Photo/Kigali Today)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 15 =

Previous Post

Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

Next Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.