Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

Photo/Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Mu miryango iherutse gusezerana imbere y’amategeko mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga, harimo umusaza n’umuhungu we, baherewe rimwe isezerano ry’urushako. Ibintu bidakunze guhurirana gutya.

Aba bahawe isezerano ry’abashakanye ubwo hasezeranywaga imiryango 14 yo mu Mudugudu wa Cyanika mu Kagari ka Masangano mu Murenge wa Nyabinoni.

Uyu musaza witwa Gakwavu Damien w’imyaka 65 n’umuhungu we Ngirimana Ferdinand, ndetse n’abagore babo bamaranye imyaka myinshi babana, bari muri iyi miryango yasezeranye.

Gakwavu n’umugore we Uwimana Liberatham basezeranye bamaze imyaka 18 babana, mu gihe Ngirimana n’umugore we, bo bamaranye imyaka 20 ariko bo bakaba barigeze gutandukana.

Yaba Gakwavu n’umuhungu we Ngirimana, bavuga ko batinze gusezerana imbere y’amategeko kuko bari bakiri kwiga ku bagore babo, ngo barebe ko ingo zabo zizakomera.

Kuri Gakwavu, uyu ni umugore wa kabiri kuko uwa mbere yitabye Imana. ati “Nari nkiga ku mugore ngo ndebe uko yitwara, niba adasahura umuryango, ariko maze kumwizera da.”

Ni mu gihe umugore we Uwimana, avuga ko na we atari atuje mu rugo rwe kuko yari atasezerana n’umugabo we, ku buryo yumvaga isaha n’isaha byahinduka, ariko ko ubu agiye gutuza.

Ati “Numvaga nta cyizere cyo gukomeza umuryango, ariko ubu ndishimira ko mvuye mu buraya nkaba mbaye umugore wemewe n’amategeko.”

Ngirimana wasezeranye n’umugore bamaranye imyaka 20, we avuga ko bigeze gutandukana, agashaka undi na we mu buryo budakurikije amategeko, ariko akaza gusubirana n’uwa mbere, akabona ko ari we Imana yamuremeye.

Ati “Twahoraga dushwana, bigeze aho arahukana sinirirwa njya kumucyura, ahubwo nshaka undi, ariko we arananira kurenza uyu. Mpitamo kumusiga ngaruka kubana n’uyu, dushyira imbaraga hamwe twemeranya kongera kubana.”

Kayitare Jacqueline uyobora Akarere ka Muhanga, avuga ko ari ibyo kwishimira kuba iyi miryango yo muri uyu Mudugudu wa Cyanika yasezeranye imbere y’amategeko, kuko aka gace gasanzwe kabamo ibibazo by’ubuharike kandi biterwa no kuba yabanaga itarasezeranye.

Ubuyobozi bwaje kubashyigikira (Photo/Kigali Today)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 4 =

Previous Post

Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

Next Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.