Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Thisesekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yazamuye mu mapeti Umugaba Mukuru w’Ingabo za (FARDC), Lieutenant General Tshiwewe Songesha Christian, amugira General.

Ni icyemezo cyatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2023 mu itangazo ryatanzwe kuri Televiziyo y’Igihugu RTNC.

Izindi Nkuru

Lieutenant-Général Tshiwewe Songesha Christian wahawe ipeti rya General, yari yujuje umwaka agizwe Umugaba Mukuru wa FARDC, kuko yahawe izi nshingano mu kwezi k’Ukwakira 2022, ubwo yasimburaga Célestin Mbala Munsense .
Mbere yo kugirwa Umugaba Mukuru w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabanje kugira imyanya ikomeye mu gisirikare, irimo kuba yarayoboye itsinda ry’Ingabo rishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Uku kuzamurwa kwe, kuje mu gihe Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri mu ruhuri rw’ibibazo by’umutekano by’imitwe y’inyeshyamba.

Tshiwewe Songesha Christian yazamuwe mu mapeti mu gihe imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23, yuburanye imbaraga, aho iki Gisirikare cya Leta cyiyambaje imitwe irimo uwa FDLR bimaranye iminsi bikorana.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru