Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kuba inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yigaga bibazo byo muri DRC, yitabiriwe ku kigero gishimishije ikanaba mu mwuka mwiza, bigaragaza umuhate wo gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Congo.

Muri iyi nama yabereye i Harare muri Zimbabwe, u Rwanda rwahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Iyi nama yayobowe ku bufatanye bw’Abaminisitiri ba Zimbabwe na Kenya, nk’Ibihugu biyoboye iyi Miryango yombi-EAC na SADC.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe nyuma yuko iyi nama ihumuje, yavuze ko “Ubwitabire bw’Abaminisitiri bwari ku rwego rwo hejuru, bigaragaza umuhate w’Ibihugu binyamuryango mu Miryango y’akarere mu gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakomeje avuga ko mu Bihugu 14 byari byatumiwe birimo bitandatu byihariye kuba biri mu Muryango wa SADC, ndetse n’ibindi bitandatu byihariye kuba biri muri EAC ndetse na bibiri biri muri iyi miryango yombi ari byo DRC na Tanzania, hitabiriye Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga 11, barimo 10 bo mu Bihugu bya Angola, Malawi, Afurika y’Epfo, Zambia, Zimbabwe, DRC, Tanzania, u Rwanda, Kenya n’u Burundi, ndetse na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri Ushinzwe Ubutwererane muri EAC wa Uganda.

Nanone kandi iyi nama yitabiriwe n’abandi Baminisitiri barimo batanu b’Ingabo, barimo uw’u Rwanda, uw’u Burundi, uwa Kenya, uwa Afurika y’Epfo, ndetse n’uwa Zimbabwe, ndetse n’abandi babiri bashinzwe EAC no kwishyira hamwe kw’akarere ari bo; uwa Kenya n’uwa DRC.

Olivier Nduhungirehe yakomeje agira ati “Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri ihuriweho na EAC na SACD yabaye mu mwuka mwiza no kwitwara neza, byose bikeshwa ubuyobozi bw’imiryango bufite intego. Amatsinda yose y’Intumwa zitabiriye, bari bashyize imbere ko haboneka umuti, kandi hakaboneka umusaruro mu gihe cya vuba.”

Yavuze kandi ko iyi nama yemeje umushinga w’igihe kiringaniye n’igihe kirekire mu gushyira mu bikorwa ingamba zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ndetse uwo mushinga ukazashyikirizwa Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri iyi miryango ya EAC na SADC kugira ngo bawemeze.

Nduhungirehe ati “Umusaruro wagezweho n’Abaminisitiri muri Harare, ugaragaza ko ‘African solutions to African problems’ [Umuti w’ibibazo by’Abanyafurika ugomba kuva mu Banyafurika] irenze kuba intero ahubwo ishobora no kuba impamo, mu gihe ubushake bwa Politiki bwashyirwa imbere ndetse n’abayobozi ba Afurika bakumva neza inshingano zabo, bakima amatwi urusaku ruturuka hanze.”

Iyi nama yakurikiye izindi zayibanjirije, zirimo izahuje abayobozi bakuru mu nzego za Gisirikare, yabaye ku munsi wabanje ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, yasuzumiwemo ibirimo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Inama yayobowe n’Abaminisitiri b’Ibihugu biyoboye iyi Miryango yombi
Min. Olivier Nduhungirehe yavuze ko iyi nama yabaye mu mwuka mwiza
Yitabiriwe ku kigero cyo hejuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + one =

Previous Post

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

Next Post

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

IZIHERUKA

IFOTO: Cristiano w’imyaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse
FOOTBALL

IFOTO: Cristiano w’imyaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Cristiano w’imyaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.