Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kuba inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yigaga bibazo byo muri DRC, yitabiriwe ku kigero gishimishije ikanaba mu mwuka mwiza, bigaragaza umuhate wo gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Congo.

Muri iyi nama yabereye i Harare muri Zimbabwe, u Rwanda rwahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Iyi nama yayobowe ku bufatanye bw’Abaminisitiri ba Zimbabwe na Kenya, nk’Ibihugu biyoboye iyi Miryango yombi-EAC na SADC.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe nyuma yuko iyi nama ihumuje, yavuze ko “Ubwitabire bw’Abaminisitiri bwari ku rwego rwo hejuru, bigaragaza umuhate w’Ibihugu binyamuryango mu Miryango y’akarere mu gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakomeje avuga ko mu Bihugu 14 byari byatumiwe birimo bitandatu byihariye kuba biri mu Muryango wa SADC, ndetse n’ibindi bitandatu byihariye kuba biri muri EAC ndetse na bibiri biri muri iyi miryango yombi ari byo DRC na Tanzania, hitabiriye Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga 11, barimo 10 bo mu Bihugu bya Angola, Malawi, Afurika y’Epfo, Zambia, Zimbabwe, DRC, Tanzania, u Rwanda, Kenya n’u Burundi, ndetse na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri Ushinzwe Ubutwererane muri EAC wa Uganda.

Nanone kandi iyi nama yitabiriwe n’abandi Baminisitiri barimo batanu b’Ingabo, barimo uw’u Rwanda, uw’u Burundi, uwa Kenya, uwa Afurika y’Epfo, ndetse n’uwa Zimbabwe, ndetse n’abandi babiri bashinzwe EAC no kwishyira hamwe kw’akarere ari bo; uwa Kenya n’uwa DRC.

Olivier Nduhungirehe yakomeje agira ati “Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri ihuriweho na EAC na SACD yabaye mu mwuka mwiza no kwitwara neza, byose bikeshwa ubuyobozi bw’imiryango bufite intego. Amatsinda yose y’Intumwa zitabiriye, bari bashyize imbere ko haboneka umuti, kandi hakaboneka umusaruro mu gihe cya vuba.”

Yavuze kandi ko iyi nama yemeje umushinga w’igihe kiringaniye n’igihe kirekire mu gushyira mu bikorwa ingamba zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ndetse uwo mushinga ukazashyikirizwa Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri iyi miryango ya EAC na SADC kugira ngo bawemeze.

Nduhungirehe ati “Umusaruro wagezweho n’Abaminisitiri muri Harare, ugaragaza ko ‘African solutions to African problems’ [Umuti w’ibibazo by’Abanyafurika ugomba kuva mu Banyafurika] irenze kuba intero ahubwo ishobora no kuba impamo, mu gihe ubushake bwa Politiki bwashyirwa imbere ndetse n’abayobozi ba Afurika bakumva neza inshingano zabo, bakima amatwi urusaku ruturuka hanze.”

Iyi nama yakurikiye izindi zayibanjirije, zirimo izahuje abayobozi bakuru mu nzego za Gisirikare, yabaye ku munsi wabanje ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, yasuzumiwemo ibirimo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Inama yayobowe n’Abaminisitiri b’Ibihugu biyoboye iyi Miryango yombi
Min. Olivier Nduhungirehe yavuze ko iyi nama yabaye mu mwuka mwiza
Yitabiriwe ku kigero cyo hejuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

Next Post

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.