Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kuba inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yigaga bibazo byo muri DRC, yitabiriwe ku kigero gishimishije ikanaba mu mwuka mwiza, bigaragaza umuhate wo gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Congo.

Muri iyi nama yabereye i Harare muri Zimbabwe, u Rwanda rwahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Iyi nama yayobowe ku bufatanye bw’Abaminisitiri ba Zimbabwe na Kenya, nk’Ibihugu biyoboye iyi Miryango yombi-EAC na SADC.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe nyuma yuko iyi nama ihumuje, yavuze ko “Ubwitabire bw’Abaminisitiri bwari ku rwego rwo hejuru, bigaragaza umuhate w’Ibihugu binyamuryango mu Miryango y’akarere mu gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakomeje avuga ko mu Bihugu 14 byari byatumiwe birimo bitandatu byihariye kuba biri mu Muryango wa SADC, ndetse n’ibindi bitandatu byihariye kuba biri muri EAC ndetse na bibiri biri muri iyi miryango yombi ari byo DRC na Tanzania, hitabiriye Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga 11, barimo 10 bo mu Bihugu bya Angola, Malawi, Afurika y’Epfo, Zambia, Zimbabwe, DRC, Tanzania, u Rwanda, Kenya n’u Burundi, ndetse na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri Ushinzwe Ubutwererane muri EAC wa Uganda.

Nanone kandi iyi nama yitabiriwe n’abandi Baminisitiri barimo batanu b’Ingabo, barimo uw’u Rwanda, uw’u Burundi, uwa Kenya, uwa Afurika y’Epfo, ndetse n’uwa Zimbabwe, ndetse n’abandi babiri bashinzwe EAC no kwishyira hamwe kw’akarere ari bo; uwa Kenya n’uwa DRC.

Olivier Nduhungirehe yakomeje agira ati “Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri ihuriweho na EAC na SACD yabaye mu mwuka mwiza no kwitwara neza, byose bikeshwa ubuyobozi bw’imiryango bufite intego. Amatsinda yose y’Intumwa zitabiriye, bari bashyize imbere ko haboneka umuti, kandi hakaboneka umusaruro mu gihe cya vuba.”

Yavuze kandi ko iyi nama yemeje umushinga w’igihe kiringaniye n’igihe kirekire mu gushyira mu bikorwa ingamba zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ndetse uwo mushinga ukazashyikirizwa Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri iyi miryango ya EAC na SADC kugira ngo bawemeze.

Nduhungirehe ati “Umusaruro wagezweho n’Abaminisitiri muri Harare, ugaragaza ko ‘African solutions to African problems’ [Umuti w’ibibazo by’Abanyafurika ugomba kuva mu Banyafurika] irenze kuba intero ahubwo ishobora no kuba impamo, mu gihe ubushake bwa Politiki bwashyirwa imbere ndetse n’abayobozi ba Afurika bakumva neza inshingano zabo, bakima amatwi urusaku ruturuka hanze.”

Iyi nama yakurikiye izindi zayibanjirije, zirimo izahuje abayobozi bakuru mu nzego za Gisirikare, yabaye ku munsi wabanje ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, yasuzumiwemo ibirimo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Inama yayobowe n’Abaminisitiri b’Ibihugu biyoboye iyi Miryango yombi
Min. Olivier Nduhungirehe yavuze ko iyi nama yabaye mu mwuka mwiza
Yitabiriwe ku kigero cyo hejuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

Next Post

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.