• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian, baravugwa mu rukundo, ndetse biravugwa ko bamaranye umwanya mu mpera z’icyumweru nyuma yuko umwe afashe rutemikirere akambukiranya imigabane n’inyanja akajya kureba undi.

Ikinyamakuru The Sun kiravuga ko Kim Kardashian yavuye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za America yerekeza mu Bwongereza ari mu ndege ye bwite kugira ngo amarane igihe gito na Lewis Hamilton.

Bivugwa ko aba bombi bagiye gusangira ifunguro rya nimugoroba ndetse banakorerwa massage n’abakundana mu gihe cy’akaruhuka mu mpera z’icyumweru twaraye dosoje ahitwa Estelle Manor, ahantu h’ibanga hakorerwa masaje muri Oxfordshire.

Bivugwa ko Kardashian yageze ku kibuga cy’indege cya Oxford ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu, ubundi ahita yerecyeza mu nzu y’i Witney. Nyuma y’isaha imwe, Hamilton yahageze ari muri kajugujugu yakodeshejwe ava muri Heliport ya Battersea yo mu mujyi wa Londres.

Umuntu warebaga yabwiye The Sun ati: “Kuhagera kwa Kim kwari gukomeye cyane. Yari aherekejwe n’abarinzi babiri maze binjizwa mu nzu. Nyuma y’isaha imwe, ahagana saa kumi z’umugoroba, Lewis na we yahageze ari muri kajugujugu ahita yinjira muri iyo nzu.

Uwaganiriye na The Sun yagize ati “Byagaragaraga ko ari urukundo ruhebuje. Kim na Lewis bari bisanzuye aho hos. Yari afite [Kim] abamurinda babiri, naho Lewis yari afite umucungira umutekano umwe, ariko bagumye hanze.”

Kim Kardashian na Lewis Hamilton, bombi nta n’umwe uragira icyo avuga kuri aya makuru y’uru rugendo rwatangajwe ku mbuga nkoranyambaga.

Aba bombi kandi bamaze imyaka baziranye kandi mbere bagaragaye bari kumwe mu birori rusange. Bitabiriye ibihembo bya GQ Men of the Year Awards i Londres mu 2014 hamwe n’abo bahoze ari abo bashakanye, Kanye West na Nicole Scherzinger.

Lewis Hamilton yaje kugirana ubucuti n’umuvandimwe wa Kim Kardashian, Kendall Jenner, waje kwifatanya na we mu irushanwa rya Miami Grand Prix mu 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 reacts to Congolese government over exploitation of tragedy that killed over 200 people

Next Post

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w'Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by'ubutwari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.