Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu banyamahanga bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, yagaragaje ibyishimo by’igisagirane ubwo yari amaze kurahirira kwitwa Umunyarwanda, arapfukama, ubundi yubura amaso mu kirere ashima ‘Allah’, ibintu byanakoze benshi ku mutima. Hamenyekanye icyatumye agaragaza aya marangamutima.

Ni Muhemedi Salehe akaba umwe mu banyamahanga 23 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, yabuherewe rimwe n’Umukinnyi wa Filimi w’ikirangirire, Winston Duke wakinnye muri filimi izwi na benshi ya ‘Black Panther’.

Byari ibyishimo kuri aba banyamahanga ubu bamaze kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda, bakaba bafite uburenganzira bungana n’ubwa Bene Kanyarwanda.

By’umwihariko Muhemedi Salehe ukomoka mu Buhindi, we yagaragaje ibyishimo bikomeye ubwo yari amaze kurahirira ku ibendera ry’u Rwanda ko abaye Umunyarwanda.

Mu kugaragaza ibyiyumviro bye, Muhemedi Salehe yapfukamye hasi ku butaka bw’u Rwanda, ashyiraho agahanga, bimenyerewe ku bo mu idini ya Islam, ubundi areba hejuru, azamura amaboko, agaragaza amashimwe.

Benshi mu babonye amafoto y’uyu Munyarwanda, ukomoka mu Buhindi, na bo bakozwe ku mutima n’uburyo yagaragaje amarangamutima, bavuga ko ntako bisa kuba u Rwanda rwishimirwa aka kageni.

Mutsinzi Antoine uyobora Akarere ka Kicukiro, kanakorewemo iri rahira, yavuze ko yaganiriye na Muhemedi Salehe, agahishura icyamuteye ibi byishimo byo kuba yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Mutsinzi ati “Tuganira we yambwiye ko yatekerezaga ko bitoroshye kuba yabona ubwenegihugu kuko hari n’ubwo ibindi Bihugu bidapfa kubutanga ku bantu bakuze ariko ngo yatunguwe n’uko u Rwanda rwabumuhaye ndetse mu buryo butatinze.”

Uyu Muyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, yavuze ko nubwo atamaranye umwanya munini na Muhemedi Salehe, ariko ibyishimo yagaragaje “byaturutse ku kuba azi ko ko kubona ubwenegihugu bitoroshye ariko kuba u Rwanda rwita kuri buri wese, ngo yatekerezaga ko bitashobokaga kububona.”

Umukozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, Rusanganwa Jean Damascene yavuze ko gusubiza umuntu wasabye Ubwenegihugu bw’u Rwanda, bitagira igihe runaka, ahubwo ko bishobora gutinda cyangwa bikihuta bitewe na dosiye ye cyangwa impamvu akwiye ubwo bwenegihugu.

Yagize ati “Nta tegeko riteganya ngo bizamara igihe runaka, kuko bishobora gutinda bitewe n’uko usabye abantu bakimwigaho bagikeneye kumenya ni muntu ki? n’inyungu afite ku Gihugu, hakaba n’ubikora asanzwe azwi n’ibikorwa bye.”

Yarahiriye kuba Umunyarwanda
Byamuteye ibyishimo by’igisagirane
Ashimira Allah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi

Next Post

Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Federasiyo yayoborwaga n'uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.