Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu banyamahanga bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, yagaragaje ibyishimo by’igisagirane ubwo yari amaze kurahirira kwitwa Umunyarwanda, arapfukama, ubundi yubura amaso mu kirere ashima ‘Allah’, ibintu byanakoze benshi ku mutima. Hamenyekanye icyatumye agaragaza aya marangamutima.

Ni Muhemedi Salehe akaba umwe mu banyamahanga 23 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, yabuherewe rimwe n’Umukinnyi wa Filimi w’ikirangirire, Winston Duke wakinnye muri filimi izwi na benshi ya ‘Black Panther’.

Byari ibyishimo kuri aba banyamahanga ubu bamaze kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda, bakaba bafite uburenganzira bungana n’ubwa Bene Kanyarwanda.

By’umwihariko Muhemedi Salehe ukomoka mu Buhindi, we yagaragaje ibyishimo bikomeye ubwo yari amaze kurahirira ku ibendera ry’u Rwanda ko abaye Umunyarwanda.

Mu kugaragaza ibyiyumviro bye, Muhemedi Salehe yapfukamye hasi ku butaka bw’u Rwanda, ashyiraho agahanga, bimenyerewe ku bo mu idini ya Islam, ubundi areba hejuru, azamura amaboko, agaragaza amashimwe.

Benshi mu babonye amafoto y’uyu Munyarwanda, ukomoka mu Buhindi, na bo bakozwe ku mutima n’uburyo yagaragaje amarangamutima, bavuga ko ntako bisa kuba u Rwanda rwishimirwa aka kageni.

Mutsinzi Antoine uyobora Akarere ka Kicukiro, kanakorewemo iri rahira, yavuze ko yaganiriye na Muhemedi Salehe, agahishura icyamuteye ibi byishimo byo kuba yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Mutsinzi ati “Tuganira we yambwiye ko yatekerezaga ko bitoroshye kuba yabona ubwenegihugu kuko hari n’ubwo ibindi Bihugu bidapfa kubutanga ku bantu bakuze ariko ngo yatunguwe n’uko u Rwanda rwabumuhaye ndetse mu buryo butatinze.”

Uyu Muyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, yavuze ko nubwo atamaranye umwanya munini na Muhemedi Salehe, ariko ibyishimo yagaragaje “byaturutse ku kuba azi ko ko kubona ubwenegihugu bitoroshye ariko kuba u Rwanda rwita kuri buri wese, ngo yatekerezaga ko bitashobokaga kububona.”

Umukozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, Rusanganwa Jean Damascene yavuze ko gusubiza umuntu wasabye Ubwenegihugu bw’u Rwanda, bitagira igihe runaka, ahubwo ko bishobora gutinda cyangwa bikihuta bitewe na dosiye ye cyangwa impamvu akwiye ubwo bwenegihugu.

Yagize ati “Nta tegeko riteganya ngo bizamara igihe runaka, kuko bishobora gutinda bitewe n’uko usabye abantu bakimwigaho bagikeneye kumenya ni muntu ki? n’inyungu afite ku Gihugu, hakaba n’ubikora asanzwe azwi n’ibikorwa bye.”

Yarahiriye kuba Umunyarwanda
Byamuteye ibyishimo by’igisagirane
Ashimira Allah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + nineteen =

Previous Post

Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi

Next Post

Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Federasiyo yayoborwaga n'uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.