Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Igaruka ry’inyamaswa z’ibirura mu bice bitandukanye ku Mugabane w’u Burayi, ryateye ikikango ku baturage ndetse no ku matungo boroye, aho ubuyobozi bw’uyu Mugabane bwavuze ko hagiye gushyirwaho ingamba.

Izi nyamaswa zigeze n’ubundi guteza akaga ku Mugabane w’u Burayi, aho ubuyobozi bwashyizeho ingamba zo kuzihiga no kuzica, ariko bigeze mu 1950, haza gushyirwaho ingamba zo kurengera izi nyamaswa na zo zari zisigaye ari ngerere.

Ibi byatumye izi nyamaswa zongera kororoka, ndetse ubu zimaze kuba nyinshi mu bice binyuranye byo kuri uyu Mugabane w’u Burayi.

Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo y’Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leye mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, yavuze ko igaruka ry’izi nyamaswa ryongeye gutera impungenge.

Yagize ati “Ubwiyongere bw’ibirura mu bice bimwe by’i Burayi, bwongeye kuzana akaga ku matungo ndetse no ku kiremwamuntu.”

Uyu muyobozi wa EU, ni umwe mu bazi ingaruka z’izi nyamaswa z’ibirura, aho muri Nzeri umwaka ushize, Ikirura kimwe cyagiye mu gace k’icyaro gatuyemo bamwe mu bo mu muryango we ko mu majyaruguru y’u Budage, kica umwe mu bo mu muryango we.

Abashinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bo bishimira igaruka ry’izi nyamaswa z’ibirura, bo babifata nk’amahirwe yo kuzakomeza kuringaniza urusobe rw’ibinyabuzima.

Kuva mu 1992 umuryango urengera inyamaswa, wemeje itegeko rirengera by’umwihariko ibirura, gusa von der Leyen yasabye “abategetsi gufata ingamba,” yongeraho kandi ko “Inteko Ishinga Amategeko ya EU yazishyizeho zizabafasha.”

Mu itangazo ry’Umuyobozi wa Komisiyo ya EU, yasabye abayobozi mu nzego z’ibanze ndeste n’abahanga mu by’ubumenyi, gutanga imibare y’izi nyamaswa, bakazoherereza iyi Komisiyo kuri email bitarenze tariki 22 Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yatangiye imyitozo yitegura gutsinda umukino utazagira icyo uhindura

Next Post

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.