• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Photo/Imvaho Nshya

Share on FacebookShare on Twitter

Umuntu umwe yasize ubuzima mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye ihene 200, zirimo 30 na zo zayipfiriyemo, ubwo yari igeze ahazwi nko kuri Dawe uri mu Ijuru mu Karere ka Karongi.

Iyi modoka yakoreye impanuka mu Mudugudu wa Rufumberi mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Gishyita, yari itwaye aya matungo iyajyanye mu ijoso rya Rugali mu Karere ka Nyamasheke.

Iyi mpanuka yahitanye umwe mu bantu batatu bari bayirimo, aho uwayisizemo ubuzima ari uwitwa Alexandre w’imyaka 30, mu gihe uwari uyitwaye n’umugore we bo bayirokotse bagakomereka byoroheje.

Amakuru y’iyi mpanuka yemejwe n’Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi.

SP Kayigi avuga ko uwari utwaye iyi modoka yananiwe gukata muri ririya korosi riri ahiswe kuri Dawe uri mu Ijuru “agonga ibyuma byo ku muhanda arawurenga imodoka igusha urubavu.”

Yagize ati “Muri iyi mpanuka uwitwa Dusengumukiza Alexandre yahise yitaba Imana, hakomereka byoroheje abantu babiri harimo n’umushoferi, hapfa n’ihene 30.”

Yakomeje asaba abatwara ibinyabiziga kwitwararika, kuko impanuka ziri kuba muri iki gihe zikunze guturuka ku miyoborere mibi y’abashoferi, akabasaba ko bakwiye kujya baruhuka bagatwara ari uko bameze neza.

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishyita, Nsengiyumva Rwandekwe Songa, avuga ko nyuma y’iyi mpanuka inzego zihutiye kuhagera, zigahita zihamagara Ibitaro bya Mugonero kugira ngo bitange ubutabazi.

Yagize ati “nyuma bajyanana n’umurambo wa Nyakwigendera. Abakomeretse batashye kuko byari byoroheje. Umurambo uracyari mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Mugonero.”

Uyu muyobozi avuga ko umuryango wa nyakwigendera utaramenyekana, gusa irangamuntu yari afite igaragaza ko yayifatiye mu Karere ka Kayonza, banatangiye kuvugana n’abaho kugira ngo bamenye umuryango we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Next Post

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Abagombaga gusezerana barembeye mu Bitaro nyuma yo gutegwa n’abagizi ba nabi none abaturanyi bashobewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.