Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo Antoine Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Ibiza n’Impunzi [ubu ni Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi] wahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana agahinishwa gufungwa imyaka 10, byamenyekanye ko impande zombi zajuririye icyemezo kuko kitazinyuze.

Ni urubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ruburanishwa mu muheezo ku mpamvu mbonezabupfura.

Uru rubanza rw’ubujurire rubaye nyuma y’imyaka ibiri n’igice Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rufashe icyemezo mu rubanza rwa mbere, aho rwahamije uregwa icyaha cyo gusambanya umwana, rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko mu rubanza rw’ubujurire, yaba uregwa ndetse n’Ubushinjacyaha, impande zombi zajuririye kiriya cyemezo kuko kitazinyuze.

Mu rubanza rwa mbere, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa ko yahamwa n’ibyaha bwamushinjaga, agakatirwa gufungwa imyaka 25.

Kiriya cyemezo cy’igifungo cy’imyaka 10, nticyanyuze impande zombi, aho uruhande rw’uregwa rwakomeje kuburana ruhakana ibyaha, mu gihe Ubushinjacyaha na bwo busaba ko igifungo cyiyongera nk’uko bwari bwabisabye mu rubanza rwa mbere.

Mu iburana ryo mu rubanza rwa mbere, Antoine Ruvebana yahakanye ibyaha aregwa byumwihariko icyo gusambanya umwana, akavuga ko ari ibinyoma byazamuwe n’umugore we wabikoze kuko bari bamaze gutandukana.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwavugaga ko umwana wasambanyijwe wari wahawe izina rya VAF [ku mpamvu zo kurindirwa umutekano] yatanze ubuhamya bushinja uregwa, ndetse n’ubw’abatangabuhamya na bo bari barindiwe umutekano biswe amazina ya BCF na BEF.

Uretse ubu buhamya burimo ubw’uwahohotewe, Ubushinjacyaha bwanavugaga ko hari na raporo y’inzobere mu mitekerereze ya muntu yagaragazaga ingaruka zabaye ku wahohotewe.

Ibi ni na byo Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwashingiyeho ruhamya uregwa icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 kubera impamvu nyoroshyacyaha zagaragaraga zirimo kuba ari ubwa mbere yari akurikiranywe mu butabera.

Ubushinjacyaha kandi bwavugaga ko umwana wasambanyijwe na Antoine Ruvebana, iki cyaha cyabereye mu Busuwisi kuva mu mwaka wa 2005 kugeza muri 2013 ubwo yari mu mirimo ya Leta, ndetse bukaba bwaravugaga ko hari n’abandi bakobwa yasambanyije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Next Post

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b'abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.