Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo Antoine Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Ibiza n’Impunzi [ubu ni Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi] wahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana agahinishwa gufungwa imyaka 10, byamenyekanye ko impande zombi zajuririye icyemezo kuko kitazinyuze.

Ni urubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ruburanishwa mu muheezo ku mpamvu mbonezabupfura.

Uru rubanza rw’ubujurire rubaye nyuma y’imyaka ibiri n’igice Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rufashe icyemezo mu rubanza rwa mbere, aho rwahamije uregwa icyaha cyo gusambanya umwana, rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko mu rubanza rw’ubujurire, yaba uregwa ndetse n’Ubushinjacyaha, impande zombi zajuririye kiriya cyemezo kuko kitazinyuze.

Mu rubanza rwa mbere, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa ko yahamwa n’ibyaha bwamushinjaga, agakatirwa gufungwa imyaka 25.

Kiriya cyemezo cy’igifungo cy’imyaka 10, nticyanyuze impande zombi, aho uruhande rw’uregwa rwakomeje kuburana ruhakana ibyaha, mu gihe Ubushinjacyaha na bwo busaba ko igifungo cyiyongera nk’uko bwari bwabisabye mu rubanza rwa mbere.

Mu iburana ryo mu rubanza rwa mbere, Antoine Ruvebana yahakanye ibyaha aregwa byumwihariko icyo gusambanya umwana, akavuga ko ari ibinyoma byazamuwe n’umugore we wabikoze kuko bari bamaze gutandukana.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwavugaga ko umwana wasambanyijwe wari wahawe izina rya VAF [ku mpamvu zo kurindirwa umutekano] yatanze ubuhamya bushinja uregwa, ndetse n’ubw’abatangabuhamya na bo bari barindiwe umutekano biswe amazina ya BCF na BEF.

Uretse ubu buhamya burimo ubw’uwahohotewe, Ubushinjacyaha bwanavugaga ko hari na raporo y’inzobere mu mitekerereze ya muntu yagaragazaga ingaruka zabaye ku wahohotewe.

Ibi ni na byo Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwashingiyeho ruhamya uregwa icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 kubera impamvu nyoroshyacyaha zagaragaraga zirimo kuba ari ubwa mbere yari akurikiranywe mu butabera.

Ubushinjacyaha kandi bwavugaga ko umwana wasambanyijwe na Antoine Ruvebana, iki cyaha cyabereye mu Busuwisi kuva mu mwaka wa 2005 kugeza muri 2013 ubwo yari mu mirimo ya Leta, ndetse bukaba bwaravugaga ko hari n’abandi bakobwa yasambanyije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Next Post

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b'abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.